• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ambasaderi Rugwabiza yatanze ikiganiro muri LONI mu mihango yo #kwibuka23

Ambasaderi Rugwabiza yatanze ikiganiro muri LONI mu mihango yo #kwibuka23

Ubwanditsi 08 Apr 2017 ITOHOZA

Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Valentine Rugwabiza ku munsi w’ejo kuwa 7 Mata 2017, yatanze ikiganiro mu mihango yo Kwibuka Abanyarwanda bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, .

Iyi mihango hari Abanyarwanda benshi bayikurikiye LIVE kuri interineti http://webtv.un.org/ ikaba yarabereye ku cyicaro gikuru cy’uyu muryango i New York ku isaha ya saa kumi z’umugoroba (4PM) zo mu Rwanda.

Iyi mihango, yamaze igihe cy’isaha imwe, yatangijwe no gucana urumuri rw’icyizere, habayeho kandi gufata umunota umwe wo kwibuka no kuzirikana abazize Jenoside.

António Guterres, Umunyamabanga Mukuru wa Loni, yavuze ijambo, hamwe na Visi Perezida w’uyu muryango Durga Prasad Bhattarai bavuze ahanini kuri Jenoside yakorewe Abatutsi n’icyo Isi yagombye kuyigiraho.

Valentine Rugwabiza nka Ambasaderi uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yagaragaje ingamba Leta y’u Rwanda yafashe mu guhangana n’ingaruka z’icyaha cya Jenoside haharanirwa Ubumwe n’Ubwiyunge, n’iterambere rirambye mu kwishakamo ibisubizo.

-6252.jpg

Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Valentine Rugwabiza (i bumoso)

-6251.jpg

Umunyarwandakazi Sonia Mugabo, nawe yatanze ubuhamya bwe nk’uwarokotse Jenoside ariko uharanira kubaho, ubu ibikorwa bye bikaba bimufashije kwibeshaho no kwiteza imbere.

Malaika Uwamahoro, nawe w’umunyeshuri wiga muri Fordham University, i New York yifashishije inganzo ye nk’umusizi n’umwanditsi w’imivugo, yahawe umwanya nawe avuga kuri Jenoside.

Undi n’ umwanya ni Carl Wilkens, Umunyamerika rukumbi wemeye gusigara mu Rwanda mu gihe cya Jenoside. Wilkens mu kiganiro yatanze yavuze uko muri Jenoside yasigaye aho yari atuye i Kigali akiyemeza kurokora Abanyarwanda basaga 400 bahigwaga n’abicanyi muri icyo gihe.

Wilkens, usanzwe ufite ibikorwa akorera mu gihugu cya Somalia aho yita ku bantu babana n’ingaruka z’intambara ya Darfur, yatanze ubuhamya bw’uko nyuma ya Jenoside yaje gusubira muri Amerika, ariko mu 1995 akaza kugaruka gukorana n’Itorero ry’Abadiventisite b’Umunsi wa Karindwi mu bikorwa byo gusana igihugu, abinyujije mu muryango yashinze wa ‘World Outside My Shoes’.

Nyuma umunyamakuru w’umushakashatsi w’Umwongerezakazi witwa Linda Melvern wakoreye igihe kinini Ikinyamakuru The Sunday Times, nawe yasangije abaraho iby’igitabo yanditse cyitwa ‘A People Betrayed. The Role of the West in Rwanda’s Genocide’.

Ibi biganiro byayobowe na Maher Nasser ukora mu biro bishinzwe itangazamakuru mu Muryango w’Abibumbye, afatanyaje n’Abanyarwanda bari mu itsinda ry’Abaserukiye igihugu muri uyu muryango.

2017-04-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

Ubwanditsi 01 Apr 2019
PARIS:UMUTANGABUHAMYA W’UMUPADIRI YAGARAGAJE UBUGOME BWA NGENZI MU IYICWA RY’ABATUTSI I KABARONDO

PARIS:UMUTANGABUHAMYA W’UMUPADIRI YAGARAGAJE UBUGOME BWA NGENZI MU IYICWA RY’ABATUTSI I KABARONDO

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Twagiramungu Faustin yaba amaze iminsi 11 apfuye bikaba byaragizwe ibanga?

Twagiramungu Faustin yaba amaze iminsi 11 apfuye bikaba byaragizwe ibanga?

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Iby’Umunyamakuru  Ndahayo Obed  wahunze Igihugu byamenyekanye

Iby’Umunyamakuru Ndahayo Obed wahunze Igihugu byamenyekanye

Ubwanditsi 05 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyamamare mu mibyinire  Sommizi Mhlongo aratwite nyuma yo kwibagisha inda ibyara
Mu Rwanda

Icyamamare mu mibyinire Sommizi Mhlongo aratwite nyuma yo kwibagisha inda ibyara

Ubwanditsi 17 Feb 2017
Mu gihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri, Polisi y’u Rwanda iributsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y’umuhanda
Mu Mahanga

Mu gihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri, Polisi y’u Rwanda iributsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y’umuhanda

Ubwanditsi 27 Oct 2016
Akabaye icwende ntikoga
POLITIKI

Akabaye icwende ntikoga

Ubwanditsi 04 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru