• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kagame yagarutse ku butwari bwa Capt Mbaye n’abandi banyamahanga barokoye Abatutsi muri Jenoside

Kagame yagarutse ku butwari bwa Capt Mbaye n’abandi banyamahanga barokoye Abatutsi muri Jenoside

Ubwanditsi 08 Apr 2017 Mu Rwanda

Ubwo yafunguraga umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 23, Perezida Kagame yagarutse ku butwari bw’umusirikare Mbaye Diagne n’abandi banyamahanga bagaragaje ubwitange mu kurokora Abatutsi mu gihe Loni yo yareberaga

Capitaine Mbaye Diagne ukomoka muri Senegali, umwe mu basirikari bari mu butumwa bwa Loni (UNAMIR) yishwe ku ya 31 Gicurasi ubwo yageragezaga gutabara Abatutsi bari bihishe muri Hotel de Milles Collines

Kagame yagize ati “harimo n’abantu ku giti cyabo bashoboye kugira icyo bakora. ni yo mpamvu twibuka umusirikare wo muri Senegal wari Capitaine wanze kumvira amategeko rusange agakoresha amategeko ashingiye ku mutimanama we wo kumva ko ibyakorwaga atari byo.”

Kagame akomeza avuga ku basirikari bo muri Ghana na bo bari mu mutwe wa UNAMIR banze kumva amategeko bahabwaga n’ababakuriye kuko babonaga atari byo.

Yagize ati“ni yo mpamvu abasirikare ba Ghana hari abanze kumva ibyo bababwira baravuga bati ibyo ntabwo ari byo. Abanya Senegal n’abanya Ghana murumva ikibahuza. Ni nka bya bindi navugaga mbere by’uko Abanyafurika bahagaze ku Rwanda ejobundi. Hari n’abandi bagiye barokora abantu bavuye mu bihugu bitandukanye. Umunyamerika warwanye ku bantu akagaburira abari bihishe agahuruza akagira ate… na we twamuhaye ishimwe rijyanye n’igikorwa. Hari abandi mu bihugu bitandukanye by’i Burayi ndetse n’ahandi… abantu ku giti cyabo.”

Capitaine Mbaye ukomoka mu gihugu cya Senegal, yabashije kurokora ubuzima bw’Abatutsi bagera kuri 600 bari bahungiye muri Hoteli ya Milles Collines kubera ubumuntu no kudatinya kwe.

Uyu musirikare wishwe ku myaka 36 agasiga umugore n’abana 2 bakiri bato, yageze mu Rwanda mu butumwa bwa Loni nk’indorerezi maze acumbikirwa muri Milles Collines.

Ubwo Jenoside yatangiraga, uyu musirikare mukuru yahise atangira kurokora abantu ahereye ku bana ba Uwilingiyimana Agatha wari Minisitiri w’Intebe wari umaze kwicwa.

N’ubwo hari amabwiriza ya Loni yabuzaga indorerezi kujya gutabara abasivile, Mbaye ntiyayubahirije maze atangira gutangirwa raporo nk’umuntu warenze ku mabwiriza agatabara kandi bitari byemewe, nyamara bikagaragara ko ibyo yakoraga kwari ugufasha ikiremwamuntu no gutabara.

Ngo yafashije amagana y’Abatutsi bari muri Milles Collines kugera mu birindiro by’Inkotanyi byari biherereye ku Murindi.

-6260.jpg

Capitaine Mbaye Diagne

Mbaye ari mu bagenewe na Perezida wa Repubulika igihembo cyiswe “Umurinzi” kigenerwa abantu bagaragaje ubutwari budasanzwe n’ubumuntu mu kurokora abantu muri Jenoside yakorewe abatutsi, igihembo cyakiriwe n’umugore n’abana be.

Muri 2014 kandi, akanama gashinzwe amahoro ku isi kashyizeho umudari wamwitiriwe mu rwego rwo kumuha icyubahiro no guha agaciro umurava w’abasirikari n’abandi bose bajya mu butumwa bw’amahoro ahantu bashobora no gusiga ubuzima.

2017-04-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda

Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2021
Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye

Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye

Ubwanditsi 18 May 2018
Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 23 Oct 2017
Uyu munsi hagaragaye abandi bantu icyenda barwaye Coronavirus

Uyu munsi hagaragaye abandi bantu icyenda barwaye Coronavirus

Ubwanditsi 27 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyamasheke: Minisitiri Kaboneka yatashye amacumbi y’Abapolisi yubatswe ku bufatanye n’akarere
Mu Rwanda

Nyamasheke: Minisitiri Kaboneka yatashye amacumbi y’Abapolisi yubatswe ku bufatanye n’akarere

Ubwanditsi 03 Nov 2017
Kuri Tshisekedi amahoro ni amagambo gusa atagira ibikorwa
Amakuru

Kuri Tshisekedi amahoro ni amagambo gusa atagira ibikorwa

Ubwanditsi 10 Oct 2025
” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.
Amakuru

” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.

Ubwanditsi 12 Aug 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru