• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Savio na Pierrot bagiye kwerekeza mu igeragezwa mu Bubiligi

Savio na Pierrot bagiye kwerekeza mu igeragezwa mu Bubiligi

Ubwanditsi 28 Apr 2017 Mu Rwanda

Mu ntangiriro z’ukwezi gutaha, abakinnyi babiri ba Rayon Sports barimo Nshuti Dominique Savio na Kwizera Pierrot bazerekeza mu Bubiligi gukora ikizamini cy’ubuzima n’imbaraga mu ikipe ya KAA La Gantoise izwi nka “KAA Gent” yamaze kubashima.

Rayon Sports ikomeje urugamba rwo gushaka igikombe cya shampiyona, mu ntangiroro z’ukwezi gutaha izatakaza abakinnyi bayo babiri bari bayifatiye runini, Savio ukina ku ruhande rw’ibumoso na Pierrot ukina hagati mu kibuga asatira izamu.

Aba bazerekeza ku mugabane w’u Burayi mu Bubiligi muri KAA Gent, aho bagiye gukora ikizamini cy’ubuzima n’icy’imbaraga babitsinda bagahita bayerekezamo burundu nk’uko ubuyobozi bw’iyi kipe bwabitangaje.

Umunyamabanga w’iyi kipe, Gakwaya Olivier, yagiranye na IGIHE yavuze ko KAA Gent yamaze gusinyana amasezerano na Rayon Sports kugira ngo aba bakinnyi bazajyeyo ndetse n’impapuro zabo z’inzira zamaze kuboneka.

Yagize ati “Bagombaga kuba baragiye mbere ariko hazamo amarushanwa nyafurika, ntabwo twari kubarekura kandi tubakeneye. Twasabye ikipe ibashaka ko bazaza nyuma gusa mu ntangiriro z’ukwezi gutaha nibwo bazagenda. Bashobora kumarayo nk’icyumweru cyangwa bibiri kuko ni ikizami cy’ubuzima n’icy’imbaraga gusa bazakoreshwa, ubushobozi bwabo bwo barabuzi kuko nibo babashimye.”

Gakwaya yavuze ko ibijyanye n’ibyo iyi kipe izaha Rayon Sports nk’amafaranga yo kugura aba bakinnyi kuko bari bakiyifitiye amasezerano bizajya ahagaragara ubwo bazaba bamaze gutsinda ibizami bagiye kwerekezamo.

KAA ni imwe mu makipe akomeye mu Bubiligi, uyu mwaka iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 36 ikurikiye Anderlecht ifite 41. Uyu mwaka yanakinnye Europa League igera muri 1/8, isezerewe na mukeba KRC Genk.

Uyu muyobozi yanagarutse kuri rutahizamu Moussa Camara yatorotse Rayon Sports kuri uyu wa Kane, avuga ko na we ikipe yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu arimo yari yaramaze kuvugana na Rayon Sports mbere ndetse baremeye ko azagenda, ariko ikibazo cyabayeho ni uko yashatse kubyihutisha bigatuma akora amakosa yo kugenda nta ruhushya.

Rayon Sports iyoboye shampiyona y’u Rwanda n’amanota 55 irusha atanu APR FC, ikaba igifite ibirarane bibiri harimo icya Mukura VS n’icya Gicumbi FC.

-6410.jpg

Dominique Savio na Kwizera Pierrot

Iyi kipe iherutse gusezererwa na Rivers United muri CAF Confederation Cup bigatuma inahagarika umutoza mukuru Masoudi Djuma, yahagurutse i Kigali kuri uyu wa Gatanu yerekeza i Musanze, aho igiye gukina umukino w’umunsi wa 25 wa shampiyona na Musanze FC uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu.

2017-04-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa  Ubwishigizi mu Rwanda

Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa Ubwishigizi mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Ubwanditsi 29 Oct 2021
Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Ubwanditsi 07 Apr 2025
Hasenywe inzengero z’inzoga zitemewe zatahuwe mu karere ka Gatsibo

Hasenywe inzengero z’inzoga zitemewe zatahuwe mu karere ka Gatsibo

Ubwanditsi 06 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Menya bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside bafite imitekerereze icuramye
INKURU NYAMUKURU

Menya bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside bafite imitekerereze icuramye

Ubwanditsi 16 Aug 2019
Rwanda’s human rights record to be reviewed by UN Committee
Mu Mahanga

Rwanda’s human rights record to be reviewed by UN Committee

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Ubwanditsi 23 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru