• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Polisi iragira inama abantu kureka gucururiza ibikomoka kuri peteroli ahatabugenewe

Polisi iragira inama abantu kureka gucururiza ibikomoka kuri peteroli ahatabugenewe

Editorial 02 May 2017 Mu Rwanda

Polisi ikorera mu karere ka Nyarugenge ifunze abantu babiri bakurikiranyweho ubucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli cyane cyane bizwi ku izina rya mazutu na lisansi, bafatiwe mu mukwabu yakoreye mu mudugudu w’Icyerekezo, akagari ka Nyabugogo, umurenge wa Muhima mu gitondo cyo ku italiki ya mbere Gicurasi.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali ,Superintendent of Police(SP) Emmanuel Hitayezu yavuze ko hafashwe abantu babiri bacuruza lisansi ndetse hagafatwa litiro 40 za mazutu n’amajerekani agera kuri 12 yashizemo, byose bakoreshaga muri ubwo bucuruzi.

SP Hitayezu yagize ati:” Ni igikorwa cyatangiye kandi kizakomeza mu rwego rwo guhagarika mu maguru mashya, ubucuruzi butemewe bw’ibikomoka kuri peteroli kubera impanuka z’inkongi zikunze guteza igihe bidacururizwa ahabugenewe.”

Yakomeje avuga ko ubu bucuruzi bufite ingaruka cyane cyane ku buzima bw’abatuye mu nzu bukorerwamo kuko ziba zikorerwamo n’indi mirimo aho yagize ati:” Mu bisanzwe, hari imirimo idakorerwa iruhande rw’ahacururizwa ibikomoka kuri peteroli cyane cyane ibikoreshwamo umuriro n’ikindi cyose kizana ubushyuhe nko guteka cyangwa gutwika icyo ari cyo cyose.”

SP Hitayezu agira ati:” Agace kakorewemo umukwabu, kazwi nk’akarangwamo cyane cyane ubucuruzi bwa mazutu ndetse iba yibwe ahandi hantu cyane ahubakwa imihanda, ibi bikaba bigamije ko buhacika burundu ndetse bigacika no mu bindi bice imikwabu nk’iyi igiye gukomerezamo.”

-6448.jpg

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Emmanuel Hitayezu

Ibi kandi bibaye nyuma y’uko, muri uyu mudugudu, ku italiki ya 30 Mata, inzu yakorerwagamo ubucuruzi bwa mazutu inatuyemo abantu yahiye igakongoka igahiramo n’abayibamo, aho abana babiri bapfuye, ababyeyi bombi bakaba bari mu bitaro kuko nabo bahiye bikomeye.

Umuvuguzi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali akaba akomeza avuga ko Polisi itakomeza kurebera ibibazo bikururwa n’ubu bucuruzi cyane cyane ko impanuka zibukomokaho zihitana ubuzima bw’abantu ndetse n’inyubako bukorerwamo zikahangirikira maze agira ati:” Polisi ishinzwe kurinda ubuzima bw’abantu n’ibyabo, ntiyakwihanganira rero kubona buhagendera n’ubwo byaba biturutse ku muturage kuko kubana n’ibikomoka kuri peteroli mu nzu ari nko kwiyahura.”

SP Hitayezu yasabye abaturage kureka ubucuruzi bwa mazutu na lisansi bukorerwa mu mazu ayo ari yo yose cyane cyane mu yo batuyemo ; avuga ko ari ugushyira ubuzima bwabo n’ubwo abo babana cyangwa baturanye mu kaga, asaba kandi n’uwamenya aho bukorerwa ko yatungira agatoki Polisi imwegereye, ko azaba atanze umusanzu ku gutabara ubuzima bw’abahaba.

Mu gusoza kandi, yavuze ko ubu bucuruzi butesha agaciro ubucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli bukorerwa ahabugenewe hazwi nka sitasiyo za lisansi, bukanagira ingaruka ku binyabiziga bikoreshwamo mazutu na lisansi zaguzwe ahantu nk’aha kuko ubuziranenge bwazo buba butizewe; asaba buri wese kubireka no kubitangaho amakuru.

Source : RNP

2017-05-02
Editorial

IZINDI NKURU

Kagere Meddie na Salomon Nirisalike bari mu bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda batangiye imyitozo mu Mavubi, Rwatubyaye na Raphael York bageze mu mwiherero bitegura Uganda

Kagere Meddie na Salomon Nirisalike bari mu bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda batangiye imyitozo mu Mavubi, Rwatubyaye na Raphael York bageze mu mwiherero bitegura Uganda

Editorial 05 Oct 2021
Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Editorial 21 Oct 2018
“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

Editorial 06 Mar 2024
Kwibuka, Ibyaranze itariki ya 20 Mata 1994: Abatutsi basaga 26000 biciwe muri Kiliziya ya Paruwasi Mugombwa muri Butare

Kwibuka, Ibyaranze itariki ya 20 Mata 1994: Abatutsi basaga 26000 biciwe muri Kiliziya ya Paruwasi Mugombwa muri Butare

Editorial 20 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo
Amakuru

Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Editorial 28 Jul 2022
WFP irataka Igihombo kubera ibiribwa byari byaguzwe mu Rwanda bikangwa n’u Burundi bikaba bigiye kunyuzwa muri Tanzania
POLITIKI

WFP irataka Igihombo kubera ibiribwa byari byaguzwe mu Rwanda bikangwa n’u Burundi bikaba bigiye kunyuzwa muri Tanzania

Editorial 28 Apr 2017
Abana bari bafungiye muri Gereza ya Nyagatare18 bahawe imbabazi na Perezida Kagame bafunguwe
Mu Rwanda

Abana bari bafungiye muri Gereza ya Nyagatare18 bahawe imbabazi na Perezida Kagame bafunguwe

Editorial 22 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru