• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»’Army Week 2017’ mu isura nshya mu gufasha abaturage

’Army Week 2017’ mu isura nshya mu gufasha abaturage

Editorial 04 May 2017 Mu Rwanda

Ingabo z’u Rwanda zongeye gutegura ibikorwa byahariwe icyumweru cy’ingabo (Army week) gikorwamo ibikorwa binyuranye bifasha abaturage cyane abatishoboye kugira imibereho myiza no guca ukubiri n’ubukene, aho icy’uyu mwaka kizanye umwihariko udasanzwe.

Bimwe mu bikorwa bigaragara muri iki cyumweru, harimo ubuvuzi bw’indwara zitandukanye butangwa n’Ingabo z’igihugu ku buntu, kubaka no gusana ibikorwaremezo bitandukanye n’ibindi byakorwaga mu gace runaka kabaga katoranyijwe.

Umwihariko wa Army week 2017

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko icyumweru cy’ingabo cy’uyu mwaka gifite umwihariko udasanzwe haba mu mikorere, ibizakorwa, igihe kizamara, dore ko byari bimenyerewe ko imara icyumweru, ariko iy’uyu mwaka izamara amezi abiri.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Réne Ngendahimana, aganira n’itangazamakuru yagize ati “Ni icyumweru cy’ingabo kidasanzwe bitewe n’uko ibikorwa biteganyijwe bitandukanye n’ibyo twajyaga dukora nko mu karere kamwe cyangwa se mu gice kimwe cy’igihugu, ubu noneho bizafata igihugu cyose. Uturere twose hari ibikorwa bizakorerwayo by’umwihariko nk’ubuvuzi buzazenguruka uturere twose tw’u Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Icya kabiri, bizafata igihe kinini; birenze icyumweru nk’uko byari bimenyerewe kuko bizatangira ejo [ku wa 4 Gicurasi] bizagere muri Nyakanga.”

Ingabo z’u Rwanda zigiye gutanga umusanzu mu gutunganya ibishanga

Lt Col Ngendahimana yavuze ko mu bizakorwa muri iki cyumweru cyahariwe ingabo, harimo ubuvuzi buzatangwa ku buntu mu bitaro hafi ya byose mu gihugu, habagwa abantu bafite uburwayi bwarengeranye kubera ubushobozi buke, kuvura amaso, indwara z’abagore, iz’ubuhumekero n’iz’amenyo.

Hazasanwa ndetse hanubakwe ibiraro, aho biteganyijwe ko ibigera kuri 18 biri hirya no hino mu gihugu bizasanwa; hazubakwa inzu 1,120 z’abatishoboye, ibigo nderabuzima 21 bizahabwa amazi n’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba; hazubakwa ndetse hasanwe ibyumba by’amashuri 100 n’ubwiherero 168; ingo ibihumbi 100 nazo zizahabwa umuriro udashingiye ku muyoboro mugari.

Ingabo z’igihugu kandi zifatanyije n’abandi bafatanyabikorwa, bazanakora ubukangurambaga cyane mu mashuri abanza n’ayisumbuye bugamije kurengera ibidukikije haterwa ibiti mu bice binyuranye.

Ingabo z’u Rwanda kandi zizatanga umusanzu mu gutunganya ibishanga biri ku buso bwa hegitari 14.203.

Lt Col Ngendahimana ati “ Ibishanga byatoranyijwe hirya no hino mu gihugu bidakoreye ndetse binagoye kuba abaturage babibyaza umusaruro […] ni muri urwo rwego tuzabafasha kubitunganya kugira ngo bibe byakwifashishwa.”

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yemeza ko kuva ibi bikorwa byatangira mu 2009, bimaze gutanga umusaruro ugaragara ku gihugu no kugirira akamaro abagituye kuko bahabwaga serivisi zitandukanye ku buntu kandi batari babyiteze.

Ibikorwa byo gutangiza Army week bizabera mu gihugu hose kuva kuri uyu wa Kane, ariko hatoranyijwe ahantu hatanu bizatangirizwa ku mugaragaro nk’aho mu Mujyi wa Kigali bizabera mu Karere ka Kicukiro; mu Ntara y’u Burasirazuba ni mu Karere ka Nyagatare; mu Burengerazuba bizatangirizwa mu Karere ka Rutsiro na Nyamasheke, mu Majyaruguru bizakorerwa i Gakenke naho mu Majyepfo bizatangirizwa mu Karere ka Gisagara.

-6456.jpg

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Réne Ngendahimana, mu kiganiro n’itangazamakuru

Source: IGIHE

2017-05-04
Editorial

IZINDI NKURU

Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu

Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu

Editorial 12 Jul 2018
Perezida Watowe wa Gambiya Ararahirira muri Ambasade

Perezida Watowe wa Gambiya Ararahirira muri Ambasade

Editorial 19 Jan 2017
Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Editorial 29 Jul 2020
umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

Editorial 17 Jun 2022
Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu

Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu

Editorial 12 Jul 2018
Perezida Watowe wa Gambiya Ararahirira muri Ambasade

Perezida Watowe wa Gambiya Ararahirira muri Ambasade

Editorial 19 Jan 2017
Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Editorial 29 Jul 2020
umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

Editorial 17 Jun 2022
Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu

Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu

Editorial 12 Jul 2018
Perezida Watowe wa Gambiya Ararahirira muri Ambasade

Perezida Watowe wa Gambiya Ararahirira muri Ambasade

Editorial 19 Jan 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru