• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Isomo kuri bashiki bacu bakiri bato . Nabamaze gukura!

Isomo kuri bashiki bacu bakiri bato . Nabamaze gukura!

Editorial 11 May 2017 HIRYA NO HINO

Mfite imyaka 25 y’amavuko ubu ntuye mu gihugu cy’ubuholandi. Nize muri
kaminuza nkuru y’u Rwanda. Nakundanye n’umusore wigaga imbere yanjye muri kaminuza, aza kurangiza amashuri ahita abona akazi kamuhembaga umushahara mwiza.

Uwo musore yakomeje kunyitaho, muri weekend akansura kwishuri akansohokana akampa nibyo nabaga nkeneye byose nk’umunyeshuri.

Byagezaho ajya no kunyerekana mumuryango we. Amashuri naje kuyarangiza mbura akazi ariko wa musore dukomeza gukundana cyane akampa ibyangombwa byose nabaga nkeneye nk’umushomeri. Kubera yari amaze kumenyana n’abantu benshi
bakomeye bitewe n’akazi yari afite yaje kunteretera ikiraka muri ONG
yakoreraga mu nkambi z’impunzi z’abanyekongo zomu Rwanda.

Ikiraka cyampembaga umushahara mwiza cyane kuburyo
numvaga igikurikiyeho ari ugupanga ubukwe! Muri iyo ONG nahuriyeyo n’umusaza w’umuzungu ukomoka mu gihugu cy’ubuholandi yari afite imyaka 52! Atangira kunyiyegereza cyane akajya ansaba kumuba hafi ku bijyanye n’ururimi kuko nta Kinyarwanda na mba yari azi kandi agomba gukorana n’abantu bavuga i Kinyarwanda.

Buhoro buhoro ibyo gusemura ururimi mu kazi byaje gutangira guhinduka ko ngomba no kujya njya kumusemurira aho agiye hose; haba mu gutembera muri za pariki z’ibirunga n’akagera yaba mu gutembera ku mazi kibuye na Gisenyi,
hose nagombaga ku muba hafi ngasemura nyine! Kubera kumarana
nawe igihe yaba mu kazi ndetse no mu buzima busanzwe ibyari
ugusemura byaje guhindukamo urukundo, atangira kumbwira ngo
nimwemerere kumubera umugore azantwara iwabo i Burayi (Namwe
murabizi ukuntu abakobwa dukunda abazungu noneho hakwiyongeraho
kujya i Burayi bikaba ibindi!) Sinitaye ku myaka y’uwo muzungu, yemwe
sinitaye no ku bukwe niteguraga gukorana n’umukunzi wanjye; ahubwo nahise ntangira kwitekerereza i Burayi, ariko nsaba umuzungu ko tuzabanza gusezeranira inaha mu Rwanda ahita abyemera atazuyaje.

-6545.jpg
Umusore twakundanaga ubwo yari ataramenya uko byagenze yari aziko
ari ibisanzwe ndetse n’imyiteguro y’ubukwe yari ayigeze kure. Ubwo
naramuhamagaye kuri phone mubwira mu magambo macye cyane nti “ ibyo
kurushingana nawe nabishingutsemo, kandi ntumbaze byinshi!” mpita nkupa ndetse mpindura na numero. Ubwo twariyandikishije mu murengedusezerana imbere y’amategeko n’uwo muzungu.

Kuko Contract y’uwo muholandi yari irangiye muri iyo ONG, nyuma y’umwaka umwe yahise antwara iwabo i Burayi. Ngezeyo rero niho natangiye guhura n’ubuzima
mwumve ngo ubuzima!!! Namaze kuhagera nsanga wa muzungu afite
abana 2 b’abakobwa banduta kandi yari yarambwiye ngo ntiyigeze
ashaka, ndetse anafite umugore uretse ko bari barakoze divorce.

Guhera ubwo natangiye gufatwa nabi, umuzungu akazana abandi bazungukazi munzu bagasambanira imbere yanjye! Agezaho anyirukana munzu anshyira mu kazu kameze nk’aka annexe kari iruhande rwa garage y’imodoka ze! Ni birebire sinabona uko mbabwira ubuzima mbayeho. Ubu ndushwa agaciro n’imbwa ye kuko ntemerewe no kuyikoraho! Abana be bo ntibaba muri urwo rugo ariko iyo baje baba banyita inguge.

Ikintu kimbabaza kikanshengura umutima nukuntu iwacu bazi ko nakize nabaye umuzungu, iyo nsomye message baba banyandikira bansaba ubufasha ngo inzu yenda kubagwaho ningire icyo nkora, nakwibuka ukuntu ntashobora no kubona n’amafaranga yo kugura na cotex nkumva mbaye nk’umusazi. Ubu bishyizemo ko nabaye umwirasi ko ntacyo mbamariye. Ikindi cyansatuye umutima ni amafoto y’uwahoze ari umukunzi wanjye nabonye kuri facebook yakoze ubukwe, akeye, aseka, aberewe n’umugeni we mwiza.

Iyo ntekereje kandi ko ntashobora no kubona na ticket y’indege yo kungarura mu Rwanda nkongera nkatekereza ko niyo nayibona ko ikimwaro cyo kugaruka iwacu ntashobora kukihanganira, mpita numva niyanze wese. Nguwo rero umuvumo, nsigaye numva ndi ikivume ku Mana. Ntiwibagirwe gukora like kuri Page na share
Kugirango nabandi basome iyinkuru!

2017-05-11
Editorial

IZINDI NKURU

Sophia, umugore w’irobo noneho ngo arashaka umwana

Sophia, umugore w’irobo noneho ngo arashaka umwana

Editorial 30 Nov 2017
Ragga Dee agiye gutaramira i Kigali nyuma y’imyaka ibiri agizwe Ambasaderi

Ragga Dee agiye gutaramira i Kigali nyuma y’imyaka ibiri agizwe Ambasaderi

Editorial 27 Jun 2018
Ese Umugore na we yatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina?

Ese Umugore na we yatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina?

Editorial 17 Apr 2017
Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Editorial 07 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamerika w’umutinganyi wari warakoze ubukwe n’umunyarwanda yapfuye
HIRYA NO HINO

Umunyamerika w’umutinganyi wari warakoze ubukwe n’umunyarwanda yapfuye

Editorial 06 Jun 2017
Agati kateretswe n’ Imana ntigakangwa n’inkubi y’umuyaga. Abafaransa bafungiraga Paul Kagame i Paris muri Nzeri 1991, ntibari bazi ko nyuma y’imyaka 10 gusa azahagaruka ari Umukuru w’Igihugu cyiyubashye.
Amakuru

Agati kateretswe n’ Imana ntigakangwa n’inkubi y’umuyaga. Abafaransa bafungiraga Paul Kagame i Paris muri Nzeri 1991, ntibari bazi ko nyuma y’imyaka 10 gusa azahagaruka ari Umukuru w’Igihugu cyiyubashye.

Editorial 23 Apr 2021
Mu Mujyi wa Kigali habereye igitaramo cy’urwenya cyabereye mu modoka(AMAFOTO)
SHOWBIZ

Mu Mujyi wa Kigali habereye igitaramo cy’urwenya cyabereye mu modoka(AMAFOTO)

Editorial 25 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru