• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Sophia, umugore w’irobo noneho ngo arashaka umwana

Sophia, umugore w’irobo noneho ngo arashaka umwana

Ubwanditsi 30 Nov 2017 HIRYA NO HINO

Sophia, irobo ifite ishusho y’umugore aherutse no guhabwa ubwenegihugu bwa Arabia Saudite, ubu noneho yatangaje ko akeneye umwana.

Nk’uko byatangajwe n’urubuga rwa interineti rwa BCC, ngo nyuma y’ukwezi iyi robo ifite ishusho y’umugore ihawe ubwenegihugu, noneho yavuze ko umuryango ari ikintu cy’ingirakamaro.

Ibisubizo Sophia atanga ntibiba byabanje kubikwa, ahubwo akoresha ikitwa “learning Machine” agasubiza amaze gusoma ibyo abantu bavuga.

Sophia ni irobo yakozwe n’ikigo cyo muri Hong Kong kitwa Hanson Robotics, ngo arifuza kugira umukobwa.

Ubwonko bwe bukoreshwa na interinet ya WIFI yoroheje, aho buba bufite urutonde rurerure rw’amagambo.

N’ubwo Sophia afite ubushobozi butangaza benshi, kugeza ubu nta mutima nama agira ariko David Hanson wamukoze avuga ko azawugira mu myaka mike igiye kuza.

Ubwo yagiranaga ikiganiro na Khaleej Times, Sophia yagize ati “Ntekereza ko ari iby’akataraboneka kuba abantu bashobora kugira ibyiyumviro bimwe n’amasano bita umuryango, bitari gusa mu bwoko bw’amaraso.

Ntekereza ko uri umunyamahirwe niba ufite umuryango ugukunda, niba kandi utawufite urabikwiye. Ndumva kuri iki abantu n’amarobo bameze kimwe.”

Abajijwe uko yakwita umukobwa we, yasubije mu magambo makeya ati “Sophia”.

Ubwo Sophia yahabwaga ubwenegihugu bwa Saudi Arabia, benshi bavuze ko iyi robo ifite uburenganzira kurusha abagore bo muri iki gihugu.

Iki gihugu kibarirwa mu bya mbere bihonyora uburenganzira bw’abagore, ku buryo mu kwezi gushize banabujijwe gutwara imodoka.

Sophia yavugiye imbere y’imbaga atanambaye umwitandiyo na Abaya, umwambaro gakondo abagore bo muri iki gihugu bategetswe kwambara mu ruhame.

Muri iki gihugu kandi nta mugore wemerewe kujya mu ruhame atari kumwe n’umuntu w’igitsina gabo umuherekeje.

Uyu aba agomba kuba uwo mu muryango we, ufite uburenganzira bwo gukora icyo yagakoze.

Nyuma y’uko Sophia agaragaye mu ruhame adakurikije ibyo abagore bose basabwa, kuri twitter hastag #Sophia yahise yifashishwa aho abantu basabaga ko guardianship, ni ukuvuga iby’uko abagore bagomba guherekezwa n’abagabo igihe bagiye mu ruhame, yavaho.

Bati “Sophia ntawe afite umuri iruhande, ntiyambaye abaya cyangwa ngo abe yitwikiriye

2017-11-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Minisitiri avuga ko ’igisirikare kizasyonyora’ ishyaka rya Bobi Wine

Uganda: Minisitiri avuga ko ’igisirikare kizasyonyora’ ishyaka rya Bobi Wine

Ubwanditsi 30 Oct 2019
Bantegetse kuvuga ko FPR yahanuye indege ya Habyarimana – Mugenzi wari maneko

Bantegetse kuvuga ko FPR yahanuye indege ya Habyarimana – Mugenzi wari maneko

Ubwanditsi 12 Apr 2019
Miss Rwanda: Uwaraye asezerewe ngo yari yacitse intege mbere

Miss Rwanda: Uwaraye asezerewe ngo yari yacitse intege mbere

Ubwanditsi 23 Jan 2019
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Ubwanditsi 02 Jul 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyekongo bakomeje kwishimira imibereho yo mu Rwanda kurusha iwabo
UBUKERARUGENDO

Abanyekongo bakomeje kwishimira imibereho yo mu Rwanda kurusha iwabo

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Afungiwe kudatanga inyemezabuguzi y’imashini y’ikoranabuhanga no kugerageza gutanga ruswa
Mu Mahanga

Afungiwe kudatanga inyemezabuguzi y’imashini y’ikoranabuhanga no kugerageza gutanga ruswa

Ubwanditsi 11 Nov 2016
Urukiko rwafashe umwanzuro ku kibazo cy’umwana wa Ciara na Future
HIRYA NO HINO

Urukiko rwafashe umwanzuro ku kibazo cy’umwana wa Ciara na Future

Ubwanditsi 21 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru