• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Sophia, umugore w’irobo noneho ngo arashaka umwana

Sophia, umugore w’irobo noneho ngo arashaka umwana

Ubwanditsi 30 Nov 2017 HIRYA NO HINO

Sophia, irobo ifite ishusho y’umugore aherutse no guhabwa ubwenegihugu bwa Arabia Saudite, ubu noneho yatangaje ko akeneye umwana.

Nk’uko byatangajwe n’urubuga rwa interineti rwa BCC, ngo nyuma y’ukwezi iyi robo ifite ishusho y’umugore ihawe ubwenegihugu, noneho yavuze ko umuryango ari ikintu cy’ingirakamaro.

Ibisubizo Sophia atanga ntibiba byabanje kubikwa, ahubwo akoresha ikitwa “learning Machine” agasubiza amaze gusoma ibyo abantu bavuga.

Sophia ni irobo yakozwe n’ikigo cyo muri Hong Kong kitwa Hanson Robotics, ngo arifuza kugira umukobwa.

Ubwonko bwe bukoreshwa na interinet ya WIFI yoroheje, aho buba bufite urutonde rurerure rw’amagambo.

N’ubwo Sophia afite ubushobozi butangaza benshi, kugeza ubu nta mutima nama agira ariko David Hanson wamukoze avuga ko azawugira mu myaka mike igiye kuza.

Ubwo yagiranaga ikiganiro na Khaleej Times, Sophia yagize ati “Ntekereza ko ari iby’akataraboneka kuba abantu bashobora kugira ibyiyumviro bimwe n’amasano bita umuryango, bitari gusa mu bwoko bw’amaraso.

Ntekereza ko uri umunyamahirwe niba ufite umuryango ugukunda, niba kandi utawufite urabikwiye. Ndumva kuri iki abantu n’amarobo bameze kimwe.”

Abajijwe uko yakwita umukobwa we, yasubije mu magambo makeya ati “Sophia”.

Ubwo Sophia yahabwaga ubwenegihugu bwa Saudi Arabia, benshi bavuze ko iyi robo ifite uburenganzira kurusha abagore bo muri iki gihugu.

Iki gihugu kibarirwa mu bya mbere bihonyora uburenganzira bw’abagore, ku buryo mu kwezi gushize banabujijwe gutwara imodoka.

Sophia yavugiye imbere y’imbaga atanambaye umwitandiyo na Abaya, umwambaro gakondo abagore bo muri iki gihugu bategetswe kwambara mu ruhame.

Muri iki gihugu kandi nta mugore wemerewe kujya mu ruhame atari kumwe n’umuntu w’igitsina gabo umuherekeje.

Uyu aba agomba kuba uwo mu muryango we, ufite uburenganzira bwo gukora icyo yagakoze.

Nyuma y’uko Sophia agaragaye mu ruhame adakurikije ibyo abagore bose basabwa, kuri twitter hastag #Sophia yahise yifashishwa aho abantu basabaga ko guardianship, ni ukuvuga iby’uko abagore bagomba guherekezwa n’abagabo igihe bagiye mu ruhame, yavaho.

Bati “Sophia ntawe afite umuri iruhande, ntiyambaye abaya cyangwa ngo abe yitwikiriye

2017-11-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.

Ubwanditsi 15 Apr 2021
Mu bahitanywe n’impanuka ya Ethiopian Airlines harimo Umunyarwanda umwe

Mu bahitanywe n’impanuka ya Ethiopian Airlines harimo Umunyarwanda umwe

Ubwanditsi 10 Mar 2019
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Ubwanditsi 12 Feb 2024
Perezida Tshisekedi yatanze integuza y’ibitero bikomeye ku mitwe yitwaje intwaro

Perezida Tshisekedi yatanze integuza y’ibitero bikomeye ku mitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 24 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa yahaye ibendera ndetse n’amagare mashya abakinnyi bazahagarira u Rwanda muri Tour du Rwanda, abasaba kwitwara neza
Amakuru

Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa yahaye ibendera ndetse n’amagare mashya abakinnyi bazahagarira u Rwanda muri Tour du Rwanda, abasaba kwitwara neza

Ubwanditsi 18 Feb 2022
Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu
POLITIKI

Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Ubwanditsi 10 Jul 2018
Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana
INKURU NYAMUKURU

Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana

Ubwanditsi 16 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru