• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abafite ubumuga bwo kutabona NEC yabitayeho nubwo hakiri ingorane zishamikiyeho

Abafite ubumuga bwo kutabona NEC yabitayeho nubwo hakiri ingorane zishamikiyeho

Ubwanditsi 26 May 2017 Mu Rwanda

Kuva amatora yatangira kubaho hano mu Rwanda abantu bafite ubumuga bwo kutabona bakomeje kugira ikibazo cyo kwihitiramo uwo bishakiye mu matora akorwa mu ibanga ku mpapuro, ariko ubu ibintu bitangiye guhinduka bigana heza.

Ubusanzwe itegeko mu Rwanda rivuga yuko umuntu ukenera ubufasha mu kwihitiramo umukandida yishakira gutora, yiyambaza undi yizera akabimifashamo. Uwo muntu yahisemo kumufasha ariko akaba atarageza imyaka yo kuba yatora.

Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) isobanura yuko iyo umuntu uza gufasha undi mu matora nawe aba agejeje imyaka yo gutora biba bivuze yuko uwo watanze ubufasha aba atoye kabiri !

Ku birebana n’uburenganzira bwo kwihitiramo umukandida wishakira iyi ngingo irakomeye, cyane ku bantu bafite ubumuga bwo kutabona. Kuba umuntu ugejeje imyaka yo gutora afashije ufite ubumuga bwo kutabona gutora bifatwa nk’aho atoye kabiri, noneho byanabarwa yuko uwo ufite ubumuga ashobora kuba atatoye ahubwo yatorewe. Bibi kurushaho n’uko ashobora kuba yanatorerwa n’umukandida atifuza !

Umuntu ufite ubumuga bwo kutabona ashobora kwinjira mu cyumba cy’itora ashaka kwihitiramo umukandida bita Musanze, uwo yatwaye kubimufashamo akamwereka ahari izina Rubavu ! Ugiye gutora Musanze, ugarutse witoreye Rubavu kandi ku mutima wishimye ngo witoreye Musanze wikundira kubera gahunda ze zisobanutse !

Icyo cyo kuba umuntu ufite ubumuga bwo kutabona yatorerwa uwo atari yagambiriye gutora ni kimwe, ariko hari ikindi nacyo gikomeye. Ubindi gutora ni ibanga, ariko iyo witwaje ukwereka aho uri butere igikumwe ibanga ryawe riba ryavogerewe. Hari uwahitamo kudatora aho kugira ngo hagire umenya uwo yatoye !

Kuva amatora ya 2003 yavamo NEC yakomeje kotswa igitutu ibazwa ikibura ngo abafite ubumuga bwo kutabona bazajye bitorera hatagize uberekera ku rupapuro rw’itora.

Iki kibazo ariko ubu noneho NEC yaragikemuye. Iyi komisiyo y’igihugu y’amatora ivuga yuko mu matora ataha y’umukuru w’igihugu (3-4/8/2017) hazaba hari impapuro z’itora zigenewe abafite ubumuga bwo kutabona. Ibi kandi ni ukuri kuzuye kuko no mu matora aherutse y’abadepite bazajya mu nteko nshingamategeko ya EAC izo mpapuro zarakoreshejwe.

Izi mpapuro zo gutoreraho ziba ziriho amazina y’abakandida yanditswe muri za nyandiko zisomwa n’abafite ubumuga bwo kutabona (Brailles) muri bwa buryo bwo gukabakabisha intoki. Ntabwo Brailles ariko izi gusomwa na buri muntu wese ufite ubumuga bwo kutabona nk’uko no mu bantu badafite ubwo bumuga hari abatazi gusoma no kwandika !

Ibi rero icyo bisobanuye n’uko nubwo ubwo buhanga bufasha abafite ubumuga bwo kutabona kuba bakwitorera uwo bashaka bwarabonetse, ariko ntabwo ari buri wese buzafasha. Ntabwo ari buri muntu ufite ubwo bumuga wagize amahirwe yo kugera mu kigo nka Masaka Rehabilitation Center of the Blind ! Akarere ka Nyamasheke niko kabisobanura neza kuko ubushakashatsi bwahakorewe bugaragaza yuko gafite abantu bagera kuri 87 bafite ubumuga bwo kutabona ariko babiri gusa bakaba aribo bazi gukoresha Brailles.

-6687.jpg

-6686.jpg

Abafite Ubumuga

Ikindi kandi n’uko kugeza ubu ubumunyamabanga mukuru wa NEC, Munyaneza Charles, avuga yuko badafite umubare w’abantu bafite ubumuga bwo kutabona bashobora gukoresha Brailles, n’aho babarizwa muri za site z’itora. Inama Nkuru y’Abafite Ubunuga (NCPD) nidashobora kugira vuga ngo igeze kuri NEC umubare nyawo w’abazakenera impapuro z’itora za Brailles wa buri site y’itora, bizavangira Komisiyo y’amatora. Ni ibintu byumvikana yuko atari buri site y’itora izakenera izo mpapuro za Braille, n’izizazikenera ntabwo ari ku mubare ungana !

Casmiry Kayumba

2017-05-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ku nshuro ya kane, Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwasubitswe, basabye guhabwa Bibiliya zabo  n’ ibitabo by’indirimbo

Ku nshuro ya kane, Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwasubitswe, basabye guhabwa Bibiliya zabo n’ ibitabo by’indirimbo

Ubwanditsi 13 Oct 2017
Chairman: Mu ntare, intare y’ingore ni yo ihiga, agaragaza ko mu rugamba rw’iterambere, abagore bakwiye kuza imbere mu kubaka igihugu.

Chairman: Mu ntare, intare y’ingore ni yo ihiga, agaragaza ko mu rugamba rw’iterambere, abagore bakwiye kuza imbere mu kubaka igihugu.

Ubwanditsi 25 Jun 2024
Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Ubwanditsi 12 Feb 2024
Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Ubwanditsi 19 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Abanya-Israel n’abahagarariye Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano ‘The Security Summit’.
Amakuru

Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Abanya-Israel n’abahagarariye Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano ‘The Security Summit’.

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
U Burundi burataka igihombo cyo kwimwa kwakira inama ya COMESA bwateguraga
INKURU NYAMUKURU

U Burundi burataka igihombo cyo kwimwa kwakira inama ya COMESA bwateguraga

Ubwanditsi 28 May 2018
Urban Boyz ntibazitabira ibirori bya Hipipo Awards muri Uganda
IMIKINO

Urban Boyz ntibazitabira ibirori bya Hipipo Awards muri Uganda

Ubwanditsi 24 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru