• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame yahaye Mitali ubutumwa bwo kubahisha Ikinyarwanda abushyikiriza Intebe y’ Inteko

Perezida Kagame yahaye Mitali ubutumwa bwo kubahisha Ikinyarwanda abushyikiriza Intebe y’ Inteko

Editorial 30 May 2017 Mu Rwanda

Perezida w’ Intebe y’ Inteko Nyarwanda y’ ururimi n’ umuco yabwiye abanyamakuru ko Perezida w’ u Rwanda Paul Kagame yamenyesheje iyi ntebe ko afatanyije nayo urugamba rwo kubahisha ururimi rw’ Ikinyarwanda.

Prof. Niyomugabo uyobora iyi nteko yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 29 Gicurasi 2017. Ngo ubutumwa iyi ntebe yabugejejweho na Protais Mitari wari Minisitiri w’ urubyiruko umuco na Siporo.

Prof. Niyomugabo yagize ati “Muri 2014, Perezida Kagame yahaye Protais Mitari ubutumwa arabutuzanira, atubwira ngo mfatanyije namwe urugamba rw’ ubukangurambaga bw’ ururimi rw’ Ikinyarwanda”.

Prof. Niyomugabo, ni umwanditsi w’ ibitabo by’ ururimi rw’ Ikinyarwanda akaba n’ umuyobozi w’agashami k’uburezi muri Kaminuza y’ u Rwanda ishami ry’ uburezi. Avuga ko nta w’ ukwiye kwitwaza ko yabuze uwo yigiraho gukoresha neza Ikinyarwanda kuko Perezida Kagame agikoresha neza.

Ati “Njya nkurikirana imbwirwaruhame ageza ku baturage iyo yabasuye mu ntara, abaganiriza mu Kinyarwanda kiza kitavangiye”

Ngo kuba hari abayobozi kuri ubu bavuga ururimi rw’ Ikinyarwanda baruvangamo indimi ni ingaruka z’ inyigisho bahawe n’ abanyamahanga.

Ati “Kera Umunyarwanda yajyaga kwiga mu mahanga yagerayo bakamwigisha indimi zabo ariko bakanamwigisha ngo nugera iwanyu ntuzongere kuvuga byabishenzi(Ikinyarwanda).

Umuyobozi w’ Inteko Nyarwanda y’ ururimi n’ umuco Dr Vunigoma James yagaragararije abanyamakuru bitabiriye amahugurwa ku rurimi rw’ Ikinyarwanda arimo kubera mu karere ka Musanze byinshi birimo gukorwa ngo ururimi rw’ Ikinyarwanda rubungabungwe.

-6729.jpg

Prof.Niyomugabo Cyprien

Muri byo harimo kuba harimo gutegurwa politiki y’ ikoreshwa ry’ iby’ indimi mu Rwanda. Ngo harimo gutegurwa kandi inkoranyamagambo nyamudasobwa yitezweho gusubiza ikibazo cy’ abahura n’ imbogamizi mu kumenya uko amagambo asobanura n’ uko asomwa. Ngo iyo nkoranyamagambo izaba ifite ahantu umuntu ashobora gukanda akumva mu ijwi uko ijambo risomwa.

Source : Umuryango

2017-05-30
Editorial

IZINDI NKURU

Gambia: Yahya Jammeh yashyize yemera kurekura ubutegetsi

Gambia: Yahya Jammeh yashyize yemera kurekura ubutegetsi

Editorial 21 Jan 2017
‘ IGISWAHILI ‘ Kunyungu z’Umunyarwanda

‘ IGISWAHILI ‘ Kunyungu z’Umunyarwanda

Editorial 21 Jul 2017
Iya 6 Gicurasi 1994: Akanama gashinzwe amahoro ku Isi kasabiye u Rwanda ibikorwa by’ubutabazi

Iya 6 Gicurasi 1994: Akanama gashinzwe amahoro ku Isi kasabiye u Rwanda ibikorwa by’ubutabazi

Editorial 06 May 2018
Umuhanzi Eloi El ugiye gukorana n’inzu ifasha abahanzi ya Sony Music, akaba umuhungu wa Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira, arifuza kuzamura umuziki nyarwanda yifashishije Spotify

Umuhanzi Eloi El ugiye gukorana n’inzu ifasha abahanzi ya Sony Music, akaba umuhungu wa Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira, arifuza kuzamura umuziki nyarwanda yifashishije Spotify

Editorial 17 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

TMC (Dream Boyz) yasubiye ku ntebe y’ishuri
IMIKINO

TMC (Dream Boyz) yasubiye ku ntebe y’ishuri

Editorial 24 Jan 2017
Ingabo za Congo Kinshasa zimaze kwirukanwa mu butumwa bw’amahoro bwa Loni
Mu Rwanda

Ingabo za Congo Kinshasa zimaze kwirukanwa mu butumwa bw’amahoro bwa Loni

Editorial 11 Jan 2016
Uganda: Uvuga ko yahunze Abanyarwanda kubera ko bamutumye kwica perezida Museveni akanga aranyomozwa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Uvuga ko yahunze Abanyarwanda kubera ko bamutumye kwica perezida Museveni akanga aranyomozwa

Editorial 22 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru