• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hafashwe ingamba zikomeye ku bayisilamu bakora ibikorwa byo gufasha.

Hafashwe ingamba zikomeye ku bayisilamu bakora ibikorwa byo gufasha.

Ubwanditsi 06 Jun 2017 Mu Rwanda

Imiryango nterankunga yabujijwe kongera gufasha abayisilamu batandukanye barimo abakene, abarwayi cyangwa abageze mu zabukuru mu gihe cyose umuryango w’abayisilamu mu Rwanda (RMC) utabizi.

Ibi byatangajwe ku wa Gatanu tariki 2 Kamena 2017, nyuma y’uko hagiye hagaragara imiryango nterankunga itandukanye yafashaga abayisilamu mu ibanga ubuyobozi bukuru bwabo butabizi.

Ubusanzwe abayisilamu bari bafite umuco wo gufasha abatishoboye cyane cyane mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan nk’uko imyemerere y’iri dini ibibashishikariza.
Ubuyobozi bw’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda buvuga ko ari icyemezo cyafashwe mu rwego rwo guca akajagari mu bijyanye no gufasha abatishoboye, bityo ko bikwiye gukorwa binyuze mu murongo muzima.

Nyuma y’uko iki cyemezo gifashwe, abayisilamu batandukanye barabyijujutiye cyane bibaza impamvu RMC yafashe uyu mwanzuro. Mu kiganiro bamwe mu bayisilamu bagiranye na IGIHE, bavuze ko batishimiye na gato uyu mwanzuro ngo kubera ko utandukanye n’imyemerere yabo.

Umwe utarashatseko izina rye ritangazwa yagize ati “Ni gute ubuyobozi bushobora kubuza abantu gufasha abatishoboye kandi idini ribidutegeka? kuki bumva ko buri kintu cyose kijyanye n’inkunga kigomba kubanyuraho? Njye nta kindin abonye bakeneye ahubwo barashaka ko amafaranga y’abaterankunga yose yajya abanyuraho kugira ngo babone uko bayirira.”

Kamatari Husein we yagize ati “Biriya bintu byaratubabaje 100% ni hehe byanditse ko umuntu najya gufasha abatishoboye agomba kubinyuza mu buyobozi koko? Ahubwo ibi bintu inzego zisumbuye zari zikwiye kubikurikirana kuko abayobozi bacu basigaye buri kintu bagisanisha n’imitwe y’iterabwoba kugira ngo babone uko batuyobora uko bishakiye.”

Imamu w’Umujyi wa Kigali, Sheikh Sindayigaya Musa, yasobanuye ko RMC itabujije abayisilamu gufasha abatishoboye, ahubwo ko hafashwe iki cyemezo kugira ngo uburyo bwo gufasha abatishoboye bugire umurongo mwiza bukorwamo.

Yagize ati “Icyo nakosoraho cya mbere ntabwo umurongo uhari ari ukubuza, kuko umuyisilamu ushaka gusangira ifutari na mugenzi we ntabwo abibujijwe ariko wa wundi ushaka kurenga imbago z’urugo rwe agashaka gufasha abandi yabakusanyirije hamwe kabone n’iyo haba ari iwe agomba kubimenyesha umukuru w’umusigiti begeranye kubera ko ari we uba uzi abayisilamu batishoboye aho cyane cyane ko aba anafite urutonde rwabo.”

-6817.jpg

Yasoje avuga ko RMC yafashe umurongo mushya w’uko nta miryango nterankunga izongera gufasha abayisilamu ubuyobozi bwabo butabizi mu rwego rwo kwanga ko hari abagizi ba nabi biyitirira islam bashobora kwitwaza izo nkunga.

2017-06-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umutoza w’amavubi Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8

Umutoza w’amavubi Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8

Ubwanditsi 31 Mar 2022
Ingabire Victoire Umuhoza ni  Bagosora Théoneste w’umugore.

Ingabire Victoire Umuhoza ni  Bagosora Théoneste w’umugore.

Ubwanditsi 26 Sep 2022
Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Ubwanditsi 21 Oct 2018
Abafana ba Nikuze wo muri “City Maid” bahura na we bagaturika bakarira

Abafana ba Nikuze wo muri “City Maid” bahura na we bagaturika bakarira

Ubwanditsi 21 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda
UBUKUNGU

Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Nov 2019
Kidumu atewe ipfunwe n’imva ya Christophe Matata wishwe na Col. Karegeya muri Afrika y’epfo.
INKURU NYAMUKURU

Kidumu atewe ipfunwe n’imva ya Christophe Matata wishwe na Col. Karegeya muri Afrika y’epfo.

Ubwanditsi 23 Apr 2019
1991: Umuyobozi w’Ingabo mu Ruhengeri atsembera Habyarimana wamusabaga kwica imfungwa za politike
Amakuru

1991: Umuyobozi w’Ingabo mu Ruhengeri atsembera Habyarimana wamusabaga kwica imfungwa za politike

RUSHYASHYA 22 Mar 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru