• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hafashwe ingamba zikomeye ku bayisilamu bakora ibikorwa byo gufasha.

Hafashwe ingamba zikomeye ku bayisilamu bakora ibikorwa byo gufasha.

Ubwanditsi 06 Jun 2017 Mu Rwanda

Imiryango nterankunga yabujijwe kongera gufasha abayisilamu batandukanye barimo abakene, abarwayi cyangwa abageze mu zabukuru mu gihe cyose umuryango w’abayisilamu mu Rwanda (RMC) utabizi.

Ibi byatangajwe ku wa Gatanu tariki 2 Kamena 2017, nyuma y’uko hagiye hagaragara imiryango nterankunga itandukanye yafashaga abayisilamu mu ibanga ubuyobozi bukuru bwabo butabizi.

Ubusanzwe abayisilamu bari bafite umuco wo gufasha abatishoboye cyane cyane mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan nk’uko imyemerere y’iri dini ibibashishikariza.
Ubuyobozi bw’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda buvuga ko ari icyemezo cyafashwe mu rwego rwo guca akajagari mu bijyanye no gufasha abatishoboye, bityo ko bikwiye gukorwa binyuze mu murongo muzima.

Nyuma y’uko iki cyemezo gifashwe, abayisilamu batandukanye barabyijujutiye cyane bibaza impamvu RMC yafashe uyu mwanzuro. Mu kiganiro bamwe mu bayisilamu bagiranye na IGIHE, bavuze ko batishimiye na gato uyu mwanzuro ngo kubera ko utandukanye n’imyemerere yabo.

Umwe utarashatseko izina rye ritangazwa yagize ati “Ni gute ubuyobozi bushobora kubuza abantu gufasha abatishoboye kandi idini ribidutegeka? kuki bumva ko buri kintu cyose kijyanye n’inkunga kigomba kubanyuraho? Njye nta kindin abonye bakeneye ahubwo barashaka ko amafaranga y’abaterankunga yose yajya abanyuraho kugira ngo babone uko bayirira.”

Kamatari Husein we yagize ati “Biriya bintu byaratubabaje 100% ni hehe byanditse ko umuntu najya gufasha abatishoboye agomba kubinyuza mu buyobozi koko? Ahubwo ibi bintu inzego zisumbuye zari zikwiye kubikurikirana kuko abayobozi bacu basigaye buri kintu bagisanisha n’imitwe y’iterabwoba kugira ngo babone uko batuyobora uko bishakiye.”

Imamu w’Umujyi wa Kigali, Sheikh Sindayigaya Musa, yasobanuye ko RMC itabujije abayisilamu gufasha abatishoboye, ahubwo ko hafashwe iki cyemezo kugira ngo uburyo bwo gufasha abatishoboye bugire umurongo mwiza bukorwamo.

Yagize ati “Icyo nakosoraho cya mbere ntabwo umurongo uhari ari ukubuza, kuko umuyisilamu ushaka gusangira ifutari na mugenzi we ntabwo abibujijwe ariko wa wundi ushaka kurenga imbago z’urugo rwe agashaka gufasha abandi yabakusanyirije hamwe kabone n’iyo haba ari iwe agomba kubimenyesha umukuru w’umusigiti begeranye kubera ko ari we uba uzi abayisilamu batishoboye aho cyane cyane ko aba anafite urutonde rwabo.”

-6817.jpg

Yasoje avuga ko RMC yafashe umurongo mushya w’uko nta miryango nterankunga izongera gufasha abayisilamu ubuyobozi bwabo butabizi mu rwego rwo kwanga ko hari abagizi ba nabi biyitirira islam bashobora kwitwaza izo nkunga.

2017-06-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwakazina Marie Chantal ahigitse Henriette Murekatete ku mwanya w’umuyobozi w’umujyi wa Kigali

Rwakazina Marie Chantal ahigitse Henriette Murekatete ku mwanya w’umuyobozi w’umujyi wa Kigali

Ubwanditsi 25 May 2018
AS Kigali yiyongereye kuri APR FC ku makipe ahatanira igikombe cya shampiyona, ni nyuma yo gutsinda Police FC 2-0, Mukura VS yongera gutsindirwa mu rugo.

AS Kigali yiyongereye kuri APR FC ku makipe ahatanira igikombe cya shampiyona, ni nyuma yo gutsinda Police FC 2-0, Mukura VS yongera gutsindirwa mu rugo.

Ubwanditsi 14 May 2021
Musanze: Gitifu w’Umurenge arakekwaho uruhare mu rupfu rw’umwana wahiriye mu nzu

Musanze: Gitifu w’Umurenge arakekwaho uruhare mu rupfu rw’umwana wahiriye mu nzu

Ubwanditsi 06 Apr 2018
RDF yabonye Umuvugizi mushya

RDF yabonye Umuvugizi mushya

Ubwanditsi 10 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Volleyball yaganuye Petit Stade, Kepler VC na Police WVC yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo Kwibohora
Amakuru

Amafoto – Volleyball yaganuye Petit Stade, Kepler VC na Police WVC yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo Kwibohora

Ubwanditsi 29 Jul 2024
Minisiteri ya Siporo yagaragaje amabwiriza mashya yemerera shampiyona y’u Rwanda gusubukurwa
Amakuru

Minisiteri ya Siporo yagaragaje amabwiriza mashya yemerera shampiyona y’u Rwanda gusubukurwa

Ubwanditsi 08 Jan 2022
Uko Padiri Nahimana  yahunze afite pasiporo ya Congo, umugambi w’Abafaransa n’abapadiri bo muri Espagne
ITOHOZA

Uko Padiri Nahimana yahunze afite pasiporo ya Congo, umugambi w’Abafaransa n’abapadiri bo muri Espagne

Ubwanditsi 28 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru