• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hafashwe ingamba zikomeye ku bayisilamu bakora ibikorwa byo gufasha.

Hafashwe ingamba zikomeye ku bayisilamu bakora ibikorwa byo gufasha.

Ubwanditsi 06 Jun 2017 Mu Rwanda

Imiryango nterankunga yabujijwe kongera gufasha abayisilamu batandukanye barimo abakene, abarwayi cyangwa abageze mu zabukuru mu gihe cyose umuryango w’abayisilamu mu Rwanda (RMC) utabizi.

Ibi byatangajwe ku wa Gatanu tariki 2 Kamena 2017, nyuma y’uko hagiye hagaragara imiryango nterankunga itandukanye yafashaga abayisilamu mu ibanga ubuyobozi bukuru bwabo butabizi.

Ubusanzwe abayisilamu bari bafite umuco wo gufasha abatishoboye cyane cyane mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan nk’uko imyemerere y’iri dini ibibashishikariza.
Ubuyobozi bw’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda buvuga ko ari icyemezo cyafashwe mu rwego rwo guca akajagari mu bijyanye no gufasha abatishoboye, bityo ko bikwiye gukorwa binyuze mu murongo muzima.

Nyuma y’uko iki cyemezo gifashwe, abayisilamu batandukanye barabyijujutiye cyane bibaza impamvu RMC yafashe uyu mwanzuro. Mu kiganiro bamwe mu bayisilamu bagiranye na IGIHE, bavuze ko batishimiye na gato uyu mwanzuro ngo kubera ko utandukanye n’imyemerere yabo.

Umwe utarashatseko izina rye ritangazwa yagize ati “Ni gute ubuyobozi bushobora kubuza abantu gufasha abatishoboye kandi idini ribidutegeka? kuki bumva ko buri kintu cyose kijyanye n’inkunga kigomba kubanyuraho? Njye nta kindin abonye bakeneye ahubwo barashaka ko amafaranga y’abaterankunga yose yajya abanyuraho kugira ngo babone uko bayirira.”

Kamatari Husein we yagize ati “Biriya bintu byaratubabaje 100% ni hehe byanditse ko umuntu najya gufasha abatishoboye agomba kubinyuza mu buyobozi koko? Ahubwo ibi bintu inzego zisumbuye zari zikwiye kubikurikirana kuko abayobozi bacu basigaye buri kintu bagisanisha n’imitwe y’iterabwoba kugira ngo babone uko batuyobora uko bishakiye.”

Imamu w’Umujyi wa Kigali, Sheikh Sindayigaya Musa, yasobanuye ko RMC itabujije abayisilamu gufasha abatishoboye, ahubwo ko hafashwe iki cyemezo kugira ngo uburyo bwo gufasha abatishoboye bugire umurongo mwiza bukorwamo.

Yagize ati “Icyo nakosoraho cya mbere ntabwo umurongo uhari ari ukubuza, kuko umuyisilamu ushaka gusangira ifutari na mugenzi we ntabwo abibujijwe ariko wa wundi ushaka kurenga imbago z’urugo rwe agashaka gufasha abandi yabakusanyirije hamwe kabone n’iyo haba ari iwe agomba kubimenyesha umukuru w’umusigiti begeranye kubera ko ari we uba uzi abayisilamu batishoboye aho cyane cyane ko aba anafite urutonde rwabo.”

-6817.jpg

Yasoje avuga ko RMC yafashe umurongo mushya w’uko nta miryango nterankunga izongera gufasha abayisilamu ubuyobozi bwabo butabizi mu rwego rwo kwanga ko hari abagizi ba nabi biyitirira islam bashobora kwitwaza izo nkunga.

2017-06-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen. Godfroid Niyombare yongeye kumvikana avuga k’umugambi wo gukura Nkurunziza k’ubutegetsi

Gen. Godfroid Niyombare yongeye kumvikana avuga k’umugambi wo gukura Nkurunziza k’ubutegetsi

Ubwanditsi 08 May 2017
U Rwanda ruzakira imikino y’amajonjora y’ibanze y’igikombe cy’isi 2026 muri Basketball, tombola iyoborwa Minisitiri Mimosa

U Rwanda ruzakira imikino y’amajonjora y’ibanze y’igikombe cy’isi 2026 muri Basketball, tombola iyoborwa Minisitiri Mimosa

Ubwanditsi 26 Apr 2024
Nduhungirehe yatamaje ibinyoma bya Muyaya wa RDC ukomeje gutagatifuza FDLR

Nduhungirehe yatamaje ibinyoma bya Muyaya wa RDC ukomeje gutagatifuza FDLR

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubugereki: Nyuma yo gutsinda igitego bakacyanga umuyobozi w’ikipe yitwa POAK yaragiye kurasa umusifuzi
IMIKINO

Ubugereki: Nyuma yo gutsinda igitego bakacyanga umuyobozi w’ikipe yitwa POAK yaragiye kurasa umusifuzi

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Uburundi bwashatse kuvangira u Rwanda kuyobora EALA
INKURU NYAMUKURU

Uburundi bwashatse kuvangira u Rwanda kuyobora EALA

Ubwanditsi 18 Dec 2017
Hagati ya Tshisekedi n’Umuryango Mpuzamahanga, ninde wigiza nkana mu gushaka umuti w’intambara ya Kongo?
Amakuru

Hagati ya Tshisekedi n’Umuryango Mpuzamahanga, ninde wigiza nkana mu gushaka umuti w’intambara ya Kongo?

Ubwanditsi 24 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru