• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»U Rwanda na Cap-Vert byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’indege

U Rwanda na Cap-Vert byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’indege

Ubwanditsi 26 Nov 2017 UBUKERARUGENDO

Sosiyete Nyarwanda y’ubwikorezi bw’indege, RwandAir yafunguriwe amarembo muri Cap-Vert nyuma y’amasezerano y’ubufatanye mu bwikorezi bw’indege u Rwanda rwasinyanye n’iki gihugu.

Ku ruhande rw’u Rwanda aya masezerano yashyiriweho umukono i Abuja muri Nigeria n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi muri Minisiteri y’ibikorwa remezo, Uwihanganye Jean de Dieu, aho yitabiriye inama mpuzamahanga ya gatatu yiga ku bwikorezi bw’indege za gisivili.

Iyi nama yasojwe kuwa Gatatu tariki 22 Ugushyingo 2017, yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Gushora imari mu mishinga yo guteza imbere ibikorwa remezo by’ubwikorezi bw’indege.”

Uwihanganye avuga ko aya masezerano yitezweho kwagura ingendo za RwandAir no guteza imbere imikoranire y’abashoramari b’u Rwanda na Cap-Vert.

Yagize ati “Amasezerano y’ubufatanye mu bwikorezi bw’indege na Cap-Vert yitezweho gutanga amahirwe y’isoko kuri RwandAir n’abikorera bo mu Rwanda, bituma iterambere ry’ubukungu ryiyongera ku Rwanda na Afurika muri rusange.”

Muri iriya nama kandi u Rwanda rwagiranye ibiganiro na Nigeria ku buryo byitezwe ko amasezerano y’ubufatanye mu by’indege hagati y’ibihugu byombi ashobora kuzasinyirwa i Kigali mu byumweru biri imbere.

Aya masezerano azatuma Nigeria yemerera RwandAir gukorera ingendo Abuja nyuma y’izo ikorera Lagos nibura muri Mutarama 2018.

U Rwanda rumaze gusinya amaserano y’ubufatanye mu by’indege agera kuri 60, harimo 24 rwasinyanye n’ibihugu byo muri Afurika n’ayandi rwasinyanye n’ibihugu byo ku yindi migabane.

Aya masezerano ni umusemburo wo gufasha u Rwanda kugera kure mu bwikorezi bw’indege no guteza imbere ubucuruzi muri Afurika n’ahandi.

Igenzura ku busugire bw’urwego rw’ubwikorezi bw’indege ryagaragaje ko u Rwanda rufite amanota 71.93%, ruvuye kuri 21.13% mu 2007 no 44.29% mu 2012.

Umuyobozi w’Akanama gashinzwe Imicungire y’Indege za Gisivili (ICAO), Dr. Olumuyiwa Bernard Aliu, yashimiye uburyo u Rwanda rurimo kwitwara neza mu kubahiriza umutekano n’ubuziranenge bigenga ubwikorezi bw’indege.

Minisiteri y’ibikorwa remezo itangaza ko mu rwego rwo kuzirikana impinduka zidasanzwe n’iterambere ry’u Rwanda mu rwego rw’ubwikorezi bw’indege, Bernard Aliu, yiyemeje kuza mu Rwanda agashyikiriza Perezida Kagame icyemezo cya ICAO.

Guverinoma y’u Rwanda yashyize ingufu mu iterambere ry’ibikorwa remezo by’ubwikorezi bw’indege binyuze mu kuvugurura no kongera ubushobozi bw’ikibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali, icya Kamembe, Gisenyi ndetse no kubaka ikibuga mpuzamahanga gishya cya Bugesera.

2017-11-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Nile conference 2025 mu gushaka itike ya Basketball Africa League (BAL)

U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Nile conference 2025 mu gushaka itike ya Basketball Africa League (BAL)

Ubwanditsi 21 Nov 2024
RwandAir yahawe uburenganzira bwo gutangira ingendo muri Amerika

RwandAir yahawe uburenganzira bwo gutangira ingendo muri Amerika

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Tembera urwimisozi 1000. [Rwanda]- Mu mafoto 60 aboneka gake, tujyane gusura umuryango w’ingagi wa Sabyinyo

Tembera urwimisozi 1000. [Rwanda]- Mu mafoto 60 aboneka gake, tujyane gusura umuryango w’ingagi wa Sabyinyo

Ubwanditsi 27 Nov 2017
FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka

FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka

Ubwanditsi 22 Dec 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inyeshyamba zafatiwe muri Congo zirimo Abarundi n’Abanyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Inyeshyamba zafatiwe muri Congo zirimo Abarundi n’Abanyarwanda

Ubwanditsi 21 Nov 2018
Kiliziya Gatolika yamaganiye kure Nahimana Thomas ugiye kuza mu Rwanda
Mu Mahanga

Kiliziya Gatolika yamaganiye kure Nahimana Thomas ugiye kuza mu Rwanda

Ubwanditsi 24 Nov 2016
Ubuhamya bwa Nelly Mukazayire ukora mu biro bya Perezida Kagame  mu gihe nyina afungiwe Jenoside
Mu Mahanga

Ubuhamya bwa Nelly Mukazayire ukora mu biro bya Perezida Kagame mu gihe nyina afungiwe Jenoside

Ubwanditsi 17 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru