• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo kwizihiza Isabukuru ya Polisi y’Imyaka 17, anashyira Abapolisi 364 mu cyiciro cy’Abofisiye

Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo kwizihiza Isabukuru ya Polisi y’Imyaka 17, anashyira Abapolisi 364 mu cyiciro cy’Abofisiye

Editorial 16 Jun 2017 Mu Rwanda

Uyu munsi, Perezida Kagame yitabiriye umuhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 17 Polisi y’u Rwanda imaze.

Uyu muhango wabereye kuri Stade Nyamirambo wabanjirijwe no gusoza amasomo y’aba ofisiye bato muri Polisi y’Igihugu.

Polisi y’u Rwanda yizihije isabukuru y’imyaka 17 imaze ishinzwe aho yahuriranye n’umuhango wo gusoza amasomo ya gipolisi yinjiza abapolisi 363 mu cyiciro cy’abofisiye.

Aba bapolisi batangiye aya masomo muri Kanama 2016, akaba yari amaze amezi 10 biga ajyanye n’igipolisi, ubuyobozi (leadership), akarasisi, imyitozo ngororamubiri n’andi anyuranye.

Aya masomo yatangiranye abanyeshuri 370 barimo 20 bari baturutse mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS). Amasomo yasojwe n’abagera kuri 363 barimo ab’igitsina gore 33 mu gihe abandi barindwi batabashije kurangiza ku bw’impamvu zirimo iz’imyitwarire n’ibibazo by’ubuzima.

Uyu muhango wabanjirijwe no kwereka Minisitiri w’Ubutabera akaba anafite mu nshingano Polisi y’u Rwanda, Johnston Busingye, abofisiye barangije amasomo, bikurikirwa n’akarasisi kakozwe n’abo bapolisi.

Polisi yashinzwe mu 2000, mu myaka ishize ikaba yarakozemo ibikorwa binyuranye birimo kubungabunga umutekano haba mu gihugu no hanze yacyo mu butumwa bunyuranye.

Uretse ibyo kandi yagiye ikora n’ibikorwa biteza imbere abaturage nko kubagezaho amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, amazi n’ibindi bitandukanye byagiye bikorwa mu cyumweru cyahariwe ibikorwa byayo kizwi nka ‘Police Week’.

Muri uyu mwaka, ibi bikorwa byatangiye ku wa 16 Gicurasi, bikaba byari bimaze ukwezi bikorerwa hirya no hino mu gihugu.

-6983.jpg

-6986.jpg

-6985.jpg

-6984.jpg

2017-06-16
Editorial

IZINDI NKURU

Abakinnyi Ba Filime Bakomeye Ku Isi Bamenyekanye Muri Filime Baby Police Bageze Kigali Mugitaramo Cya (AMAA)

Abakinnyi Ba Filime Bakomeye Ku Isi Bamenyekanye Muri Filime Baby Police Bageze Kigali Mugitaramo Cya (AMAA)

Editorial 24 Jun 2017
EAC ishobora kuzisanga mu bibazo itakwikuramo

EAC ishobora kuzisanga mu bibazo itakwikuramo

Editorial 16 Jun 2017
Rayon Sports ikomeje kugorwa no kubona intsinzi, ni nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.

Rayon Sports ikomeje kugorwa no kubona intsinzi, ni nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.

Editorial 23 Jun 2021
Burundi yamaze gupanga intambara, ariko se iritegura kurwana nande ?

Burundi yamaze gupanga intambara, ariko se iritegura kurwana nande ?

Editorial 15 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ruhango: Umukecuru warokotse Jenoside yishwe ateraguwe ibyuma
Mu Mahanga

Ruhango: Umukecuru warokotse Jenoside yishwe ateraguwe ibyuma

Editorial 14 Apr 2016
Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi
UBUKUNGU

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Editorial 18 May 2018
Nsengimana Jean Bosco na Mugisha Samuel mu bakinnyi bayoboye ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yitegura Tour du Rwanda ya 2021.
Amakuru

Nsengimana Jean Bosco na Mugisha Samuel mu bakinnyi bayoboye ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yitegura Tour du Rwanda ya 2021.

Editorial 29 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru