• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kagame yagaragaje ko yagakwiye kuba ahereza undi ubuyobozi ariko FPR yamusabye ko bakomezanya

Kagame yagaragaje ko yagakwiye kuba ahereza undi ubuyobozi ariko FPR yamusabye ko bakomezanya

Ubwanditsi 21 Jun 2017 Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yagaragarije abanyamuryango ba FPR Inkotanyi ko nubwo bamusabye ndetse bakanamutora kubahagararira na none, yagakwiye kuba ageze mu gihe cyo guhererekanya ubuyobozi.

Ibi yabitangaje nyuma yo gutangwa n’Umuryango FPR Inkotanyi nk’umukandida wayo mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo muri Kanama 2017 mu nama nkuru y’uyu muryango yateranye kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Kamena 2017.

Umukuru w’Igihugu akaba n’Umuyobozi Mukuru wa FPR Inkotanyi yabanje gushimira intore z’umuryango FPR Inkotanyi maze ababwira ati “Aha hantu mpanyuze kenshi ariko sinjya mbasha kuhamenyera”.

Yagize ati “Nari nkwiye kuba mpagaze hano dushakisha umuyobozi uzaduhagararira njyewe akazi kanjye ari guhereza undi inkoni, njyewe akazi kanjye nkaha undi, ariko mu minsi ishize mwarabihinduye. Nta ruhare nabigizemo, urwo nabigizemo ni ukubibemerera kuko mwabinsabye.”

Yunzemo ati “Igitutu cyo kutemera ibyo mwansabaga ntacyo cyari kivuze ugereranyije n’impamvu mwansabaga ko dukomezanya urugendo.”

Perezida Kagame yabijeje ko nkuko yabikoze mu bihe byashize azakomeza agakora neza ibyo ashinzwe uko abishoboye kose.

Yanasabye abanyamuryango ba FPR Inkotanyi ko batekereza mu myaka 7 iri mbere kandi bagakora ibishoboka byose ngo nyuma yayo hazabeho guhererekanya.

Yunzemo ati “Mwansabye kuguma aha, nzahaguma kandi navuze ko nzitanga uko mbishoboye nibinashoboka nkube kabiri ingufu zanjye, ariko tubikore dushyize hamwe.”

Yasabye urubyiruko ari na rwo ahanini rugize umubare munini w’Abanyarwanda ko na rwo rwiyumvamo ko rwaba P, ariko yungamo ko bagomba kubikorera bakagira uruhare muri politiki y’igihugu.

Aya yavugaga ko bamwe mu bavutse mu gihe FPR Inkotanyi yafataga icyemezo cyo kubohora u Rwanda harimo abashobora kuba baba ba Perezida uyu munsi, ariko avuga ko atari ubonetse wese ahubwo ari “Perezida nyawe”.

Yagize ati “Ntimukabe nka babandi bavuga ngo ntibashaka kujya muri politiki. Mugomba kuyigiramo uruhare kuko iyo mutayigizemo uruhare, politiki mbi hari igihe ibabangamira.”

Perezida Kagame yasabye abahagarariye imitwe ya politiki bose batumiwe muri iyi nama nkuru y’Umuryango FPR Inkotanyi ko u Rwanda na Afurika bikeneye guhindura ibivugwa kuri uyu mugabane kandi ngo nta bandi bazabigiramo uruhare.

Anagaruka ku byagezweho, Umukuru w’Igihugu yavuze ko bigaragaza ko byinshi bishoboka ariko yibutsa ko bitizana ahubwo bisaba gukora cyane.

Yasoje avuga ko Umuryango FPR Inkotanyi wamuhisemo n’umukandida, ati “Tubasezeranyije kuzagumana namwe mu rugamba turimo duharanira ahazaza heza.Nta nzira ya bugufi ihari, tugomba gukora cyane.”

-6997.jpg

Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bateze amatwi ijambo rya Perezida Kagame bari bamaze guhundagazaho amajwi yo kuzabahagararira mu matora y’umukuru w’igihugu

2017-06-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyamakuru Mugabe Robert yarekuwe by’agateganyo

Umunyamakuru Mugabe Robert yarekuwe by’agateganyo

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Izi nkweto zanjye imwe ni Hummer indi ni V8 no mu manegeka ndahagenda- Barafinda Fred [ VIDEO ]

Izi nkweto zanjye imwe ni Hummer indi ni V8 no mu manegeka ndahagenda- Barafinda Fred [ VIDEO ]

Ubwanditsi 29 Jun 2017
Itegeko rihana ingengabitekerezo ya jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo riteganya ko mu biyigize harimo “Guhohotera uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi”

Itegeko rihana ingengabitekerezo ya jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo riteganya ko mu biyigize harimo “Guhohotera uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi”

Ubwanditsi 27 Aug 2025
Ababitsa mu Ikigo cy’imali ‘Letshego Rwanda Ltd’  bararira ayo kwarika

Ababitsa mu Ikigo cy’imali ‘Letshego Rwanda Ltd’ bararira ayo kwarika

Ubwanditsi 26 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu  Karekezi Olivier nabagenzibe bakina muri “Rayon Sport ” Rutanga Eric na Mukunzi batawe muri yombi , yamenyekanye
ITOHOZA

Impamvu Karekezi Olivier nabagenzibe bakina muri “Rayon Sport ” Rutanga Eric na Mukunzi batawe muri yombi , yamenyekanye

Ubwanditsi 20 Nov 2017
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa UNMISS zambitswe imidari
Mu Rwanda

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa UNMISS zambitswe imidari

Ubwanditsi 16 Dec 2016
IFOTO Y’UMUNSI : aba bagabo bombi bapfana iki ?
ITOHOZA

IFOTO Y’UMUNSI : aba bagabo bombi bapfana iki ?

Ubwanditsi 02 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru