• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kigali:Umugabo yishe mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore [ Yavuguruwe ]

Kigali:Umugabo yishe mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore [ Yavuguruwe ]

Editorial 27 Jun 2017 Mu Rwanda

Umusore wakoraga akazi ko gutwara abagenzi kuri moto witwa Nibakure Adrien, yaraye yishwe na mugenzi we wamuteye icyuma, aho bikekwa ko yamuhoye kumusambanyiriza umugore.

-7105.jpg

Agace umusore wishwe yari atuyemo ari na ho yiciwe

bi byabaye ahagana saa tatu z’ijoro mu Kagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Remera muri Gasabo.

Abatuye mu gace aba bagabo bombi bari bacumbitsemo bavuze ko uyu musore yishwe yabanje kugundagurana na mugenzi we, bakaba bumvize urusaku ubwo barwanaga batabaye basanga yamaze kumutera icyuma, uwabikoze ahita abaca mu myanya y’intoki.

Bizimungu Jean Baptiste, wari ucumbikiye Nibakure Adrien n’ukekwaho kumwica bivugwako yamushinjaga kumusambanyiriza umugore, yabwiye itangazamakuru ko uyu mumotari yahamagawe abwirwa ko afitiwe ubutumwa bagahita batangira kurwana n’uwari wateguye umugambi wo kumwica.

-7106.jpg

Abantu bari ahabereye ubwicanyi bavuze ko babwiwe ko uwamwishe yamukekagaho kumusambanyiriza umugore

Yagize ati “Hari nka saa tatu n’igice turi mu nzu. Umugore yavuze ko umugabo we yatashye kare akaryama, yumvise uwo mumotari aje aramubwira ngo aze mu nzu amubwire. Ntakindi cyabaye, bahise bafunga batangira kurwana, duhita twiruka tujya kubatabara, turwana no guca urugi. Ubwo yahise amutera icyuma yari yazanye kitabaga mu rugo yari yagisize ku meza. Nubwo yamwishe, ntibajyaga batongana.

Amakuru umugore yahaye inzego z’umutekano ni uko yajyaga amushinja kuryamana n’uwo mu motari.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyarutarama, Uwimbabazi Georgette, yavuze ko uyu mugabo yahise arenga igipangu, bakamubura.

Yagize ati “Ni abaturanyi bari begeranye. Barwanye umwe atera undi icyuma akeka ko yamusambanyirizaga umugore. Yakimuteye mu mugongo ahita atoroka, arenga igipangu aragenda. Uwapfuye bamujyanye mu buruhukiro, ubu turitegura gushyingura.”
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali, SP Hitayezu Emmanuel, yabwiye itangazamakuru ko abaturage bayimenyesheje ko hari umuntu wateye icyuma unsdi , yagerayo igasanga ari byo, ko igishakisha uwabikoze wahise acika.

Yakomeje avuga ko kugeza ubu, umugore w’uyu mugabo ari kuri Sitasiyo ya Polisi ya Remera aho ari gukorwaho iperereza, naho umugabo we ataratabwa muri yombi kuko Polisi itabara yasanze yatorotse.

-7107.jpg

Bizimungu Jean Baptiste wari ucumbikiye abo bantu bombi yavuze ko yumvise barwana bajya kubakiza bagasanga yamaze kumutera icyuma

2017-06-27
Editorial

IZINDI NKURU

Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize  bahekuye u Rwanda

Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda

Administrator 11 Nov 2025
Ubushake bukomeye burahari, ubu maze gufata Passport ya Africa ariko ndumva wagira ngo ni njye munyafrica wa mbere- Perezida Idriss Déby

Ubushake bukomeye burahari, ubu maze gufata Passport ya Africa ariko ndumva wagira ngo ni njye munyafrica wa mbere- Perezida Idriss Déby

Editorial 18 Jul 2016
Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Golden States Warriors yabuze itike iyihesha gukina imikino ya nyuma ya NBA.

Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Golden States Warriors yabuze itike iyihesha gukina imikino ya nyuma ya NBA.

Editorial 22 May 2021
Amagambo atangaje ya Twagiramungu  ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘

Amagambo atangaje ya Twagiramungu ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘

Editorial 13 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gahunda yo kureka abanyamahanga bakinjira mu Rwanda nta Viza yatangiye kubahirizwa
INKURU NYAMUKURU

Gahunda yo kureka abanyamahanga bakinjira mu Rwanda nta Viza yatangiye kubahirizwa

Editorial 02 Jan 2018
Umudiho uva mu itako
ITOHOZA

Umudiho uva mu itako

Editorial 10 Dec 2016
Maroc yanyagiye Nigeria, yegukana CHAN 2018
IMIKINO

Maroc yanyagiye Nigeria, yegukana CHAN 2018

Editorial 05 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru