• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kigali:Umugabo yishe mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore [ Yavuguruwe ]

Kigali:Umugabo yishe mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 27 Jun 2017 Mu Rwanda

Umusore wakoraga akazi ko gutwara abagenzi kuri moto witwa Nibakure Adrien, yaraye yishwe na mugenzi we wamuteye icyuma, aho bikekwa ko yamuhoye kumusambanyiriza umugore.

-7105.jpg

Agace umusore wishwe yari atuyemo ari na ho yiciwe

bi byabaye ahagana saa tatu z’ijoro mu Kagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Remera muri Gasabo.

Abatuye mu gace aba bagabo bombi bari bacumbitsemo bavuze ko uyu musore yishwe yabanje kugundagurana na mugenzi we, bakaba bumvize urusaku ubwo barwanaga batabaye basanga yamaze kumutera icyuma, uwabikoze ahita abaca mu myanya y’intoki.

Bizimungu Jean Baptiste, wari ucumbikiye Nibakure Adrien n’ukekwaho kumwica bivugwako yamushinjaga kumusambanyiriza umugore, yabwiye itangazamakuru ko uyu mumotari yahamagawe abwirwa ko afitiwe ubutumwa bagahita batangira kurwana n’uwari wateguye umugambi wo kumwica.

-7106.jpg

Abantu bari ahabereye ubwicanyi bavuze ko babwiwe ko uwamwishe yamukekagaho kumusambanyiriza umugore

Yagize ati “Hari nka saa tatu n’igice turi mu nzu. Umugore yavuze ko umugabo we yatashye kare akaryama, yumvise uwo mumotari aje aramubwira ngo aze mu nzu amubwire. Ntakindi cyabaye, bahise bafunga batangira kurwana, duhita twiruka tujya kubatabara, turwana no guca urugi. Ubwo yahise amutera icyuma yari yazanye kitabaga mu rugo yari yagisize ku meza. Nubwo yamwishe, ntibajyaga batongana.

Amakuru umugore yahaye inzego z’umutekano ni uko yajyaga amushinja kuryamana n’uwo mu motari.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyarutarama, Uwimbabazi Georgette, yavuze ko uyu mugabo yahise arenga igipangu, bakamubura.

Yagize ati “Ni abaturanyi bari begeranye. Barwanye umwe atera undi icyuma akeka ko yamusambanyirizaga umugore. Yakimuteye mu mugongo ahita atoroka, arenga igipangu aragenda. Uwapfuye bamujyanye mu buruhukiro, ubu turitegura gushyingura.”
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali, SP Hitayezu Emmanuel, yabwiye itangazamakuru ko abaturage bayimenyesheje ko hari umuntu wateye icyuma unsdi , yagerayo igasanga ari byo, ko igishakisha uwabikoze wahise acika.

Yakomeje avuga ko kugeza ubu, umugore w’uyu mugabo ari kuri Sitasiyo ya Polisi ya Remera aho ari gukorwaho iperereza, naho umugabo we ataratabwa muri yombi kuko Polisi itabara yasanze yatorotse.

-7107.jpg

Bizimungu Jean Baptiste wari ucumbikiye abo bantu bombi yavuze ko yumvise barwana bajya kubakiza bagasanga yamaze kumutera icyuma

2017-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.

Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.

Ubwanditsi 08 May 2021
Tanzania yihanganishije u Rwanda nyuma y’aho Abanyarwanda 3 bahiriye mu modoka

Tanzania yihanganishije u Rwanda nyuma y’aho Abanyarwanda 3 bahiriye mu modoka

Ubwanditsi 02 Jul 2016
Komite y’inzego z’Iperereza n’Umutekano muri Afurika yahuriye mu nama I Addis Ababa

Komite y’inzego z’Iperereza n’Umutekano muri Afurika yahuriye mu nama I Addis Ababa

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Perezida Zuma yishyuye amafaranga yaregwaga ko yibye igihugu

Perezida Zuma yishyuye amafaranga yaregwaga ko yibye igihugu

Ubwanditsi 13 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwamagana: Umucungamutungo wa SACCO afunzwe akekwaho kurigisa amafaranga y’u Rwanda 1, 200 000
Mu Mahanga

Rwamagana: Umucungamutungo wa SACCO afunzwe akekwaho kurigisa amafaranga y’u Rwanda 1, 200 000

Ubwanditsi 11 Feb 2016
Kigali: Urubanza rwa Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi rwasubitswe
ITOHOZA

Kigali: Urubanza rwa Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi rwasubitswe

Ubwanditsi 07 May 2018
Byemejwe ko hari Abarundi banyura muri Cyohoha bakaza kwiba Inka mu Rwanda
ITOHOZA

Byemejwe ko hari Abarundi banyura muri Cyohoha bakaza kwiba Inka mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru