• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Rulindo:Amashyaka 9 yashyigikiye abaturage ihindurwa ry’ingingo ya 101

Rulindo:Amashyaka 9 yashyigikiye abaturage ihindurwa ry’ingingo ya 101

Ubwanditsi 21 Jul 2017 Mu Rwanda

Amashyaka 8 yiyunze na FPR/Inkotanyi harimo PSD, PL n’andi mu rwego rw’ubufatanye aho amashyaka 9 ari mu murongo umwe wo gushyigikira umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame watanzwe na FPR/Inkotanyi.

Aho hari mu Murenge wa Bushoki Akarere ka Rulindo aho imbaga y’abaturage basaga nk’ibihumbi Magana abiri baje baturutse mu mirenge 17 igize ako karere ka Rulindo, mu rwego rwo gushyigikira no kwamamaza umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.

Hon Vincent Biruta Umuyobozi w’ishyaka rya PSD (Partie Socialiste Democratique) rimaze imyaka 25 rikorera Abanyarwanda, yavuze ko ishyaka rya RPF/Inkotanyi riyobowe na Paul Kagame nabo bamushyigikiye aho yagize ati ‘‘Paul Kagame umukandida wacu, kuvuga ko tugiye kumwamaza kwaba ari ugukabya, kuko mu gihe Abanyarwanda babisabye muri Referendum ari cyo gihe kwamamaza byarangiye’’.

Yakomeje nanone avuga ko PSD ribikoze mu gihe gikwiye, mu gihe Abanyarwanda basabye ko Itegeko Nshinga rigomba guhinduka bemeza Paul Kagame ko yakomeza kuyobora yagize ati ‘‘Ibikorwa birivugira harimo amajyambere, imiyoborere myiza na PSD ni byo nayo ishyigikiye ivuga’’.

Hon Vincent Biruta yagize ati ‘‘Ni imyaka 25 dufitanye ubushuti na FPR/Inkotanyi, tuvuga rumwe, nta akabuza ni Abanyarwanda ni RPF/Inkotanyi n’andi mashyaka bafatanyije, ubumwe n’ubwiyunge bazi ibyo bavuga, aka karere ka Rulindo karahumeka ubumwe n’ubwiyunge’’.

-7325.jpg

-7323.jpg

-7324.jpg

Bimwe mu bikorwa uwo muyobozi yashimiye umuryango FPR/Inkotanyi wagezeho harimo muri ako karere ka Rulindo haboneka amabuye y’agaciro nka casitelite, inganda z’icyayi, inganda zitunganya kawa, igihingwa cya stevilla, kaminuza ishami rya Rulindo, umuhanda Base-Rukomo-Nyagatare aho abagenzi batazongera kujya babanza kunyura i Kigali bajya Gicumbi cyangwa Nyagatare.

Aho kandi amashanyarazi ageze kuri 26%, imihanda yaratunganyijwe ndetse n’ubuhinzi bworozi bukaba bwarateye imbere yagize ati ‘‘italiki murayizi n’umukandida muramuzi, turashaka ko imirenge yose yazamutora 100%’’.

Abaturage ni bo bafashe iya mbere batanga ubusabe mu Inteko Ishinga Amategeko basaba ko ingingo ya 101 ryahindurwa ryabuzaga umukandida kwiyamamaza ku incuro ya 3 biza kwemezwa ko ryahinduka bityo inzitizi zikurwaho.

Murebwayire Christine ushinzwe kwamamaza umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru yagize ati ‘‘Mwadutoje gukora,duhinga icyayi, inanasi, ibyo byose tubikesha Paul Kagame wabidutoje, dufite girinka tukorora neza’’.

Umukandida Paul Kagame watanzwe n’umuryango FPR/Inkotanyi yagize ati ‘‘He for She yasimbuwe na We for She bisobanura ngo ‘‘turi hamwe twese, dutez’imbere umudamu, n’abagore bumve ko n’umugabo agomba kwitabwaho’’.

Paul Kagame yagize ati ‘‘kuva kera ayo mashyaka 8 dufatanya kubaka igihugu, ni byo bigejeje umutekano n’ibindi dushima’’.

Yagize ati ‘‘Abanyarulindo mukomeze kwiteza imbere haba mu buhinzi n’ubworozi, ibikorwa remezo, tubyubakire hamwe tubirindire hamwe,twatojwe kubaka ntabwo ari ugusenya ahubwo turwanye abasenya’’.

Umukandida wa RPF/Inkotanyi Paul Kagame yagize ati ‘‘Banya Rulindo taliki 04/08/2017 ni igikorwa cyibutsa amateka yo kubaka’’.

Yagize ati ‘‘rubyiruko ni mwebwe dutezeho amaso kugira ngo muzakomeze inzira tumazemo iminsi ni inzira idashaka usigara inyuma aho buri wese asabwa umusanzu we, kumva tugakora byubaka igihugu cyacu ni byo duteze ku abanyarulindo, dufite ubushake bwo gukora twese 100% tugomba kubigeraho, 100% yo gutora bivamo 100% yo gukora’’.

Kubera ubwitabire bwari buri ku kigero cyo hejuru hafi nk’ibihumbi Magana abiri Nyakubahwa Paul Kagame yagize ati ‘‘Banyarulindo muranshimishije cyane, igisigaye dufatanye dukorere hamwe n’imbaraga, ntacyo twifuza tutazageraho, nanjye niteguye gufatanya namwe, icyizere hagati yacu namwe ni 100%’’.

Basanda Ns Oswald

2017-07-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO

Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO

Ubwanditsi 07 Jun 2021
30 Mata 1994, RTLM yatangaje ko Abatutsi bose bazaba bishwe mbere y’uko Perezida Habyarimana ashyingurwa

30 Mata 1994, RTLM yatangaje ko Abatutsi bose bazaba bishwe mbere y’uko Perezida Habyarimana ashyingurwa

Ubwanditsi 30 Apr 2018
FERWAFA yanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo kuba yasubikirwa umukino wayo na Rayon Sports ngo ibashe kwitegura neza RS Berkane mu mukino wa CAF Confederations Cup

FERWAFA yanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo kuba yasubikirwa umukino wayo na Rayon Sports ngo ibashe kwitegura neza RS Berkane mu mukino wa CAF Confederations Cup

Ubwanditsi 19 Nov 2021
Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?

Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?

Ubwanditsi 07 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Volleyball : Amatora ya FRVB asize Abayobozi babiri batawe muri yombi bazira gutanga ruswa
IMIKINO

Volleyball : Amatora ya FRVB asize Abayobozi babiri batawe muri yombi bazira gutanga ruswa

Ubwanditsi 11 Feb 2017
Isano hagati ya Mateke na Habyarimana intandaro yo kuba ku isonga mu guhungabanya u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Isano hagati ya Mateke na Habyarimana intandaro yo kuba ku isonga mu guhungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 23 Dec 2019
Nyuma yo gutsindwa na Mushikiwabo k’Ubuyobozi bwa OIF Michaella Jean yatangiye kwivanga muri politiki y’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo gutsindwa na Mushikiwabo k’Ubuyobozi bwa OIF Michaella Jean yatangiye kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Ubwanditsi 09 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru