• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?

Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?

Ubwanditsi 07 Jun 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Icyemezo cy’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha cyo kureka kuburanisha umujenosideri Kabuga Felisiyani, ngo kubera ko ashaje cyane, cyatumye abasesenguzi banuganuga umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, bakazapfa, cyangwa bagafatwa bashaje cyane, bikaba impamvu yo kutababuranisha. Icyo gihe baba babifitemo inyungu, kuko ubuzima bwabo ku isi bazaburangiza bakitwa “abere”, nta rukiko rwigeze rubahamya ibyaha. Imitungo yabo yaguma mu maboko y’imiryango yabo, kuko nta ndishyi bategekwa gutanga.

Ibi, abo basesenguzi barabishingira ku bandi bajenosideri bari mu nko Bufaransa, aho Kabuga yafatiwe, bikavugwa ko yari ahamaze imyaka myinshi, ndetse hari na bamwe mu bategetsi bari bazi ko ahari.

Abo bidegembya mu Bufaransa ni Agatha Kanziga wari shefu w’akazu kateguye kakanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, Gen. Aloys Ntiwiragabo , Col.Laurent Serubuga, Wenceslas Munyeshaka, n’abandi bajejeta amaraso y’Abatutsi ku biganza.

Abo bakurikiranira hafi amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi rero bafite impungenge ko hatazategerezwa ko aba bantu bagera mu zabukuru, n’iyo bafatwa nk’uko byagenze kuri Kabuga Felisiyani, hagatangazwa ko badafite imbaraga z’ubwonko n’iz’umubiri zibemerera kuburanishwa.

Icyemezo cyo kutaburanisha Felisiyani Kabuga, umunyemari ufatwa nk’umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi, kije gihumuriza n’abandi bakidegembya hirya no hino ku isi, bakaba biruhukije kuko iyo bumvise ko n’iyo bazafatwa bashaje, batazagezwa mu butabera.

Iki cyemezo kandi gihuriranye n’ijambo rikomeye Ambasaderi Busingye Johnson uhagarariye uRwanda mu Bwongereza, yagejeje ku bagize Inteko Ishinga Amategeko y’icyo gihugu, yibaza impamvu Ubwongereza bukomeje kuba indiri y’abajenosideri, kandi iki gihugu gifite ibimenyetso bidashidikanywaho, byerekana ko abo Banyarwanda 5 bakurikiranyweho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abo ni Charles Munyaneza, Céléstin Ugirashebuja,Vincent Bajinya, Emmanuel Nteziryayo na Céléstin Mutabaruka, bari ba”Burugumesitiri” b’amakomini, aho batanze amabwiriza yo gutsemba ibihumbi byinshi by’Abatutsi.

Ambasaderi Busingye yibukije ko imyaka ibaye 17 abo bajenosideri bararezwe, ndetse Ubushinjacyaha bw’uRwanda bwaratanze ibimenyetso byose byatuma bafatwa, bakoherezwa mu Rwanda cyangwa bakaburanishirizwa mu Bwongereza, nyamara ntibyakozwe, ahubwo bahawe umwanya n’ubushobozi bwo kubiba urwango n’ingengabitekerezo ya jenoside, haba mu Bwongereza ndetse no ku isi yose.

Ambasaderi Busingye yibukije ko Ubwongereza ari kimwe mu bihugu bike byo mu Burasirazuba bw’isi bigicumbikiye abagome, kibizi neza ko ari abajenosideri, mu gihe ibindi bihugu nka Canada, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Ububiligi, Ubudage, Suwede, Denmark, Ubufaransa, Norvège n’Ubuholandi, byaburanishije abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abandi boherezwa kuburanira mu Rwanda.
Aba bajenosideri bari mu Bwongereza imyaka y’ubukure irabasatira, ndetse hari amakuru avuga ko hafi ya bose bafite uburwayi budakira kandi bukomeye, ku buryo amahirwe yo kuzababona mu rukiko azakomeza kuyoyoka niba Ubwongereza bukomeje kubafata nk’amata y’abashyitsi.
Ibihugu byose bifite inshingano yo gushyikiriza inkiko abakekwaho uruhare muti Jenoside, kuko atari icyaha cyakorewe igihugu kimwe, ko ahubwo ari icyaha ndengakamere cyakorewe inyonko-muntu.

Abayobozi b’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwashyiriweho uRwanda, barimo abaperezida barwo uko bagiye basimburana, abashinjacyaha bakuru, bose bakomeje gutakambira ibihugu bimwe na bimwe, ngo bifashe urukiko gufata abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Nyamara ntibibuza ko bakibereyeho mu buzima busanzwe hirya no hino mu bihugu, birimio na bya bindi bitwigisha ubutabera n’ uburenganzira bwa muntu.

Uretse no kuba Ubwongereza ari igihugu cy’inshuti y’uRwanda, nk’uko Ambasaderi Busingye yabyibukije, ntigikwiye kuba aricyo cyimika umuco wo kudahana, no kuba indiri y’abajenosideri, birirwa bahakana banapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

2023-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Guhera kuri RDR kugera kuri DALFA-Umurinzi: Impamvu Victoire Ingabire atigeze ahinduka

Guhera kuri RDR kugera kuri DALFA-Umurinzi: Impamvu Victoire Ingabire atigeze ahinduka

Ubwanditsi 26 Jul 2025
Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Ubwanditsi 14 Nov 2016
Amarira y’Ingona ya Minisitiri Bizimana mu Burundi arabasiga mu kangaratete

Amarira y’Ingona ya Minisitiri Bizimana mu Burundi arabasiga mu kangaratete

RUSHYASHYA 09 Dec 2025
Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Ubwanditsi 10 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore imigabo n’imigambi Miss Kundwa Doriane afite muri Canada
SHOWBIZ

Dore imigabo n’imigambi Miss Kundwa Doriane afite muri Canada

Ubwanditsi 10 Jan 2018
U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC
POLITIKI

U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC

Ubwanditsi 10 Jan 2019
Inama y’Abaminisitiri yemeje Gen Patrick Nyamvumba nk’Uhagarariye u Rwanda muri Tanzania naho Teta Gisa Rwigema aba Umuyobozi Mukuru ushinzwe Afurika
Amakuru

Inama y’Abaminisitiri yemeje Gen Patrick Nyamvumba nk’Uhagarariye u Rwanda muri Tanzania naho Teta Gisa Rwigema aba Umuyobozi Mukuru ushinzwe Afurika

Ubwanditsi 28 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru