• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kibeho: Amacumbi n’ibyo kurya birabona umugabo bigasiba undi

Kibeho: Amacumbi n’ibyo kurya birabona umugabo bigasiba undi

Ubwanditsi 14 Aug 2017 Mu Rwanda

Nkuko bisanzwe buri mwaka tariki ya 15 Kanama, abayoboke ba Kiliziya Gatolika bizihiza umunsi wahariwe ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya byumwihariko abenshi mu bayoboke b’iyi kiliziya mu Rwanda no mu bihugu bituranye narwo bateranira i Kibeho ahabereye amabonekerwa bakahizihiriza uyu munsi bikanabafasha gusubizwa bimwe mu bibazo baba bafite.

Amakuru dukesha urwego rw’igihugu cy’itangazamakuru (RBA) avuga ko kugeza ubu i Kibeho kuri Kiliziya ahabera ibirori byo kwizihiza uyu munsi w’ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya hamaze kugera abantu benshi ndetse muri ako gace nta macumbi akirimo kuboneka kuko ahabarizwa yose yamaze kubona abayakodesha.

Bamwe mu bafite amacumbi muri ako gace baratangaza ko kubona icumbi muri ako gace nibura iyo habura icyumweru ngo umunsi mukuru wijyanwa mu ijuru rya Bikiramariya ube biba bitoroshye kuko hari n’ababa barishyuye mbere ho amezi atanu.

Kuri ubu imbere ya Kiliziya i Kibeho hubatse amahema ashashemo imisambi afasha ababuze aho bacumbika kuryama ndetse ngo hari na bamwe baba barizaniye amahema mato n’imisambi yo gusasa bakabasha kuryama kuko basanzwe bazi ko ikibazo cy’amacumbi ari ingorabahizi muri iki gihe, ngo ibi bikorwa cyane cyane n’abaturutse mu gihugu cya Uganda.

Nyirambabazi Fortunee waturutse mu karere ka Nyamagabe aganira n’itangazamakuru yavuze ko kuhagera mbere bimufasha kwiyeza kugira ngo ku munsi nyirizina w’ijyanwa mu ijyanwa mu ijuru rya Bikiriya Mariya bizamufashe kubasha kubona ibisubizo bya bimwe mu bibazo afite.

-7603.jpg

Yagize ati “Kuhagera mbere bimfasha kwitagatifuza kugira ngo ku munsi nyir’izina wijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya nzabone ibisubizo by’ibibazo byanjye”
Abajijwe uko abona ibyo kurya Fortunee avuga ko afite umuvandimwe hafi ariho azajya arya akongera ho ko udafite aho arya nkawe abyizanira kuko i Kibeho hari resitora nke utabyizaniye utapfa kubona aho urya kuko abantu baba ari benshi cyane.

Umunsi wahariwe ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya uzizihizwa ejo ku wa 15 Kanama 2017 ariko ukaba usanzwe wizihizwa buri mwaka.

Norbert Nyuzahayo

2017-08-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amateka Mwasangiye n’abandi kugirango ahinduke abanyarwanda bose bagomba kubigiramo Uruhare

Amateka Mwasangiye n’abandi kugirango ahinduke abanyarwanda bose bagomba kubigiramo Uruhare

RUSHYASHYA 25 Mar 2026
Abandi bantu 17 bakize Coronavirus mu Rwanda, umubare w’abayanduye uba 127

Abandi bantu 17 bakize Coronavirus mu Rwanda, umubare w’abayanduye uba 127

Ubwanditsi 14 Apr 2020
Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka

Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka

Ubwanditsi 26 Dec 2024
Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru

Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru

Ubwanditsi 04 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakinnyi basaga 1200 bagiye guhurira mu Rwanda mu mikino ya EAPCCO ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba
Amakuru

Abakinnyi basaga 1200 bagiye guhurira mu Rwanda mu mikino ya EAPCCO ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba

Ubwanditsi 18 Mar 2023
U.S.A: Perezida Donald Trump ari mu mazi abira arashinjwa ubushinyaguzi
Mu Mahanga

U.S.A: Perezida Donald Trump ari mu mazi abira arashinjwa ubushinyaguzi

Ubwanditsi 19 Oct 2017
Leopold Munyakazi arashinjwa urupfu  rwa  Kamagaju Gerturde wari warahungiye iwe yibwira ko azaharokokera
Mu Mahanga

Leopold Munyakazi arashinjwa urupfu rwa Kamagaju Gerturde wari warahungiye iwe yibwira ko azaharokokera

Ubwanditsi 11 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru