• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi

Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi

Ubwanditsi 17 Aug 2017 Mu Rwanda

Abantu bari bashinzwe kugira inama Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump mu bijyanye n’ubucuruzi bashize begura bamushinja kwanga kwamagana udutsiko tw’abazungu twuzuye urwango tumaze iminsi twigaragambya na we afata icyemezo cyo kubahagarika burundu.

Perezida Trump akimara kurahira muri Mutarama uyu mwaka, yahise ashyiraho amatsinda abiri ashinzwe kumugira inama mu bijyanye n’ubucuruzi n’inganda. Itsinda rimwe ryari rishinzwe ibijyanye n’inganda, irindi rishinzwe kumugira inama mu bijyanye n’ingamba (imirongo ngenderwaho) zakwifashishwa.

Aya matsinda yombi yari ashinzwe kumufasha kugera ku ntego yiyemeje ubwo yiyamamazaga yo guhanga imirimo myinshi kandi mishya cyane cyane mu nganda. Abari bagize ayo matsinda ni abantu basanzwe ari abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bikomeye.

Trump amaze kuvuga ko imyigaragambyo yahitanye umugore umwe mu Mujyi wa Charlottesville byagizwemo uruhare n’impande zombi haba abazungu bigaragambyaga n’abamaganaga ibyo bikorwa, bamwe mu bagize aya matsinda amugira inama batangiye kwegura.

Beguraga bavuga ko badashobora gukorana n’umuntu ushyigikiye abafite urwango n’ivangura.

Abantu umunani bagize itsinda ryamugiraga inama ku bijyanye n’imikorere y’inganda bamaze kwegura, batangiye kuwa Mbere bahereye kuri Ken Frazier, Umuyobozi Mukuru wa sosiyete Merck icuruza ibijyanye n’imiti. Uyu yakurikiwe n’abandi barimo Kevin Plank uyobora Sosiyete Under Armour ikora ubucuruzi bw’ibikoresho bya Siporo na Brian Krzanich wa Intel icuruza ibikoresho by’ikoranabuhanga birimo mudasobwa.
Irindi tsinda ryari rishinzwe kumugira inama ku ngamba yakwifashisha ngo azamure ubucuruzi n’ubukungu ryari rigizwe n’abantu bakomeye mu by’ubucuruzi n’imari bagera kuri batandatu.

Abagize iri tsinda beguriye rimwe kuri uyu wa Gatatu. Mu itangazo basohoye bavuze ko batakomeza gukorana na Guverinoma ishyigikira ivangura, ubugizi bwa nabi no kudahana nkuko CNN yabitangaje.

-7634.jpg

Richard Trumka, umwe mu bari bagize itsinda ry’abajyanama ba Trump mu by’inganda yavuze ko batajyaga banahura. Kuri we ngo nta kamaro yabonaga muri iryo tsinda.
Kuri uyu wa Gatatu Trump amaze kubona ko bashize begura, yahise yandika kuri Twitter ko ayo matsinda yamugiraga inama ayahagaritse.

Yagize ati “Aho gukomeza gushyira igitutu kuri aba bacuruzi b’itsinda ry’inganda n’abo mu rishyiraho imirongo ngenderwaho, ayo matsinda yombi nyakuyeho.”

Muri Kamena uyu mwaka, Elon Musk umuyobozi Mukuru wa sosiyete Tesla and SpaceX yeguye ku mwanya w’ubujyanama bwa Trump mu bijyanye n’imihindagurikire y’ikirere, nyuma y’aho Trump avanye igihugu cye mu masezerano ya Paris yo kurwanya iyangizwa ry’ikirere.

2017-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakipe 23 arimo 7 yo mu kiciro cya kabiri niyo yiyandikishije kuzitabira imikino y’igikombe cy’amahoro 2022 kizasozwa hagati mu kwezi kwa Gicurasi

Amakipe 23 arimo 7 yo mu kiciro cya kabiri niyo yiyandikishije kuzitabira imikino y’igikombe cy’amahoro 2022 kizasozwa hagati mu kwezi kwa Gicurasi

Ubwanditsi 28 Feb 2022

Imikino y’icyiciro cya kabiri irakomeza hakinwa umunsi wa kabiri mu guhatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 21 Sep 2021
Rayon Sports yerekanye umutoza mushya utandukanye n’uwo yari yatangaje

Rayon Sports yerekanye umutoza mushya utandukanye n’uwo yari yatangaje

Ubwanditsi 19 Jun 2018
Leta mu mizo ya nyuma yo gushyiraho umushahara fatizo mushya

Leta mu mizo ya nyuma yo gushyiraho umushahara fatizo mushya

Ubwanditsi 10 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Guverinoma y’u Bubiligi na Jambo Asbl berekanye ko ari ‘aba-chou
Amakuru

Guverinoma y’u Bubiligi na Jambo Asbl berekanye ko ari ‘aba-chou

Ubwanditsi 28 Jul 2023
UBUTUMWA ABAHANZI BAHIMBAZA IMANA BAHAYE ABANYARWANDA MURI IKI GIHE CYO KWIBUKA KU NSHURO YA 22
Mu Mahanga

UBUTUMWA ABAHANZI BAHIMBAZA IMANA BAHAYE ABANYARWANDA MURI IKI GIHE CYO KWIBUKA KU NSHURO YA 22

Ubwanditsi 15 Apr 2016
Munyaneza Didier yatorewe kuyobora Komite y’Agateganyo y’abakinnyi b’umukino w’Amagare mu Rwanda
Amakuru

Munyaneza Didier yatorewe kuyobora Komite y’Agateganyo y’abakinnyi b’umukino w’Amagare mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru