• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi

Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi

Ubwanditsi 17 Aug 2017 Mu Rwanda

Abantu bari bashinzwe kugira inama Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump mu bijyanye n’ubucuruzi bashize begura bamushinja kwanga kwamagana udutsiko tw’abazungu twuzuye urwango tumaze iminsi twigaragambya na we afata icyemezo cyo kubahagarika burundu.

Perezida Trump akimara kurahira muri Mutarama uyu mwaka, yahise ashyiraho amatsinda abiri ashinzwe kumugira inama mu bijyanye n’ubucuruzi n’inganda. Itsinda rimwe ryari rishinzwe ibijyanye n’inganda, irindi rishinzwe kumugira inama mu bijyanye n’ingamba (imirongo ngenderwaho) zakwifashishwa.

Aya matsinda yombi yari ashinzwe kumufasha kugera ku ntego yiyemeje ubwo yiyamamazaga yo guhanga imirimo myinshi kandi mishya cyane cyane mu nganda. Abari bagize ayo matsinda ni abantu basanzwe ari abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bikomeye.

Trump amaze kuvuga ko imyigaragambyo yahitanye umugore umwe mu Mujyi wa Charlottesville byagizwemo uruhare n’impande zombi haba abazungu bigaragambyaga n’abamaganaga ibyo bikorwa, bamwe mu bagize aya matsinda amugira inama batangiye kwegura.

Beguraga bavuga ko badashobora gukorana n’umuntu ushyigikiye abafite urwango n’ivangura.

Abantu umunani bagize itsinda ryamugiraga inama ku bijyanye n’imikorere y’inganda bamaze kwegura, batangiye kuwa Mbere bahereye kuri Ken Frazier, Umuyobozi Mukuru wa sosiyete Merck icuruza ibijyanye n’imiti. Uyu yakurikiwe n’abandi barimo Kevin Plank uyobora Sosiyete Under Armour ikora ubucuruzi bw’ibikoresho bya Siporo na Brian Krzanich wa Intel icuruza ibikoresho by’ikoranabuhanga birimo mudasobwa.
Irindi tsinda ryari rishinzwe kumugira inama ku ngamba yakwifashisha ngo azamure ubucuruzi n’ubukungu ryari rigizwe n’abantu bakomeye mu by’ubucuruzi n’imari bagera kuri batandatu.

Abagize iri tsinda beguriye rimwe kuri uyu wa Gatatu. Mu itangazo basohoye bavuze ko batakomeza gukorana na Guverinoma ishyigikira ivangura, ubugizi bwa nabi no kudahana nkuko CNN yabitangaje.

-7634.jpg

Richard Trumka, umwe mu bari bagize itsinda ry’abajyanama ba Trump mu by’inganda yavuze ko batajyaga banahura. Kuri we ngo nta kamaro yabonaga muri iryo tsinda.
Kuri uyu wa Gatatu Trump amaze kubona ko bashize begura, yahise yandika kuri Twitter ko ayo matsinda yamugiraga inama ayahagaritse.

Yagize ati “Aho gukomeza gushyira igitutu kuri aba bacuruzi b’itsinda ry’inganda n’abo mu rishyiraho imirongo ngenderwaho, ayo matsinda yombi nyakuyeho.”

Muri Kamena uyu mwaka, Elon Musk umuyobozi Mukuru wa sosiyete Tesla and SpaceX yeguye ku mwanya w’ubujyanama bwa Trump mu bijyanye n’imihindagurikire y’ikirere, nyuma y’aho Trump avanye igihugu cye mu masezerano ya Paris yo kurwanya iyangizwa ry’ikirere.

2017-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

u Burundi  bwanze kwitabira  imikino ya gisirikari – EAC

u Burundi bwanze kwitabira imikino ya gisirikari – EAC

Ubwanditsi 08 Aug 2016
Jeannette Kagame yatangije ihuriro rizafasha Abanyarwandakazi b’Abacuruzi kumenyekana ku Isoko mpuzamahanga

Jeannette Kagame yatangije ihuriro rizafasha Abanyarwandakazi b’Abacuruzi kumenyekana ku Isoko mpuzamahanga

Ubwanditsi 27 Mar 2017
Perezida Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka irindwi

Perezida Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka irindwi

Ubwanditsi 22 Aug 2017
Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu bagabo mu Rwanda 2021/2022 yegejwe ho inyuma ibyumweru bibiri, izatangirira rimwe n’iyo mu cyiciro cya kabiri tariki 30 Ukwakira 2021

Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu bagabo mu Rwanda 2021/2022 yegejwe ho inyuma ibyumweru bibiri, izatangirira rimwe n’iyo mu cyiciro cya kabiri tariki 30 Ukwakira 2021

Ubwanditsi 28 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twagirayezu ukekwaho Jenoside yagejejwe mu Rwanda yoherejwe na Danemark
ITOHOZA

Twagirayezu ukekwaho Jenoside yagejejwe mu Rwanda yoherejwe na Danemark

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Itsinda ry’impuguke muri kaminuza zo muri Leta Zunze ubumwe za Amerika ziramagana abita Paul Rusesabagina intwari, kandi ari umugizi wa nabi wishoye mu bikorwa by’iterabwoba
INKURU NYAMUKURU

Itsinda ry’impuguke muri kaminuza zo muri Leta Zunze ubumwe za Amerika ziramagana abita Paul Rusesabagina intwari, kandi ari umugizi wa nabi wishoye mu bikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 02 Dec 2020
Huye: Abamotari bakanguriwe kurwanya ibyaha  no kubungabunga umutekano wo mu muhanda
Amakuru

Huye: Abamotari bakanguriwe kurwanya ibyaha no kubungabunga umutekano wo mu muhanda

Ubwanditsi 07 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru