• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

  • Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   28 Jun 2026

  • Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara   |   27 Jun 2026

  • Ruharwa Ntabakuze azaguma muri gereza: IRMCT yatesheje agaciro ubusabe bwe bwo gufungurwa mbere y’igihe   |   27 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amerika n’u Buyapani nta na kimwe gifite ubushobozi bwo kurasa Koreya ya Ruguru [ Ubushakashatsi ]

Amerika n’u Buyapani nta na kimwe gifite ubushobozi bwo kurasa Koreya ya Ruguru [ Ubushakashatsi ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017 ITOHOZA

Umushakashatsi mu bya Misile, Joe Cirincione yatangaje ko hagati y’Amerika n’u Buyapani nta gihugu na kimwe kirimo gifite ubushobozi bwo kugaba ibitero by’intambara kuri Koreya ya Ruguru ari na yo mpamvu bitigeze bitinyuka kubikora kandi Koreya yo ihora irekura ibisasu.

Ubushakashatsi bw’iyi nzobere bwerekana ko muri ibi bihugu nubwo bivuga ko bifite imbaraga, ariko ko nta gihugu gifite ubushobozi bwo gutera misile ikaze nk’iyo Koreya ya Ruguru iherutse kohereza kuko yo yari ikaze kurusha izindi zose yakoze guhera mu bihe byashize, bityo ikaba ari yo ifite ubushobozi bwo gukora ibyo ishaka ku bijyanye n’ibisasu kirimbuzi.

Iyi nzobere ivuga ko impamvu nyamukuru yemeza ko muri ibi bihugu nta na kimwe cyabasha kwigeza ku bushobozi bwa koreya ya Ruguru mu gukora ibisasu, ari ukuba ubushobozi bwa byo mu kurinda ibisasu hakoreshejwe uburyo bwa Terminal High Altitude Area Defense (THAAD) butabasha kurinda misile Koreya ya Ruguru iherutse kurekura bityo ikaba ifite ubushobozi bwo kubisenya.

Joe Cirincione yakomeje avuga ko Amerika n’u Buyapani bifite ubushobozi bwo gukora ibisasu ndetse no gushyiraho ubundi buryo bubikumira ariko kugeza ubu ubushobozi bwa byo bwo kurinda ibisasu bishobora kubisenya bukaba bukiri hasi cyane ugereranyije n’urwego Koreya ya Ruguru igezeho mu gukora ibishobora gushwanyaguza no gukuraho igihugu runaka mu buryo bwihuse.

Yagize ati “Ari Amerika ari n’u Buyapani, nta na kimwe muri byo cyabasha guhagarika misile. Nta na kimwe muri byo cyabasha gutera Misile ikomeye nk’iyo Koreya ya Ruguru iherutse kugerageza, haba mu kuyohereza kure ndetse no mu kuba ifite ubushobozi bwo kwangiza byinshi cyane.”

Uyu mushakashatsi Cirincione akomeza avuga ko ibihugu byombi bifite ubushobozi bwo gukora no kwirinda ibisasu kirimbuzi, ariko ko bifite gusa ubushobozi bwo kurinda ibilometero bicye cyane ugereranyije n’ibyo igisasu kimwe gishobora kwangiza mu gihe cyageze ku butaka.

Cirincione kandi yavuze iki kigo kirinda za misile cya THAAD gifite ubushobozi bwo kurinda ahantu hatari hagari ku buryo buhagije ariko ko hashobora kwifashishwa ubwato bunini bwa Aegis Ship bubasha kurinda misire zikaze ariko na bwo bikaba bisaba uburyo busa n’ubwagorana kugira ngo bigerweho.

Yavuze ko kugira ngo ubwato bwa Aegis ship bubashe guhangana na misire ya Koreya ya Ruguru, byaba ngombwa ko bwihuta bukegera inyanja hafi y’aho koreya ya Ruguru irekurira ibyo bisasu bityo bukabizimya bakibirekura.

Akomeza avuga ko mu gihe ubu bwato bwategerereza kure aho misile izanyura ngo bubone kuyisenya byaba ari nko kwirebera mu mazi.

Mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Cyenda 2017, ni bwo koreya ya Ruguru yagerageje igisasu kinini cyo mu bwoko bwa Hydrogene, iki gisasu kikaba gifite imbaraga n’ubushobozi bwo kwangiza ahantu hanini kurusha ibindi bisasu yagerageje mbere.

Koreya ya Ruguru kandi iherutse kugerageza ikindi gisasu bivugwa ko kiri mu byihuta kurusha ibindi byose yaba yarakoze, ibi byose bikaba ari bimwe mu byo uyu mushakashatsi ashingiraho avuga ko guhangana na yo bigoranye cyane.

-8028.jpg

-8029.jpg

2017-09-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri 1994 u Rwanda rwaguze imbunda z’amadolari 4,126,310 n’imihoro toni 581

Muri 1994 u Rwanda rwaguze imbunda z’amadolari 4,126,310 n’imihoro toni 581

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Ubwanditsi 10 Jun 2019
Diaspora yariye karungu, amabanga yose y’abanzi b’u Rwanda kukarubanda, dore iby’inama ya Rusesebagina yabereye mu ibanga

Diaspora yariye karungu, amabanga yose y’abanzi b’u Rwanda kukarubanda, dore iby’inama ya Rusesebagina yabereye mu ibanga

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda

Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda

Ubwanditsi 25 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura
INKURU NYAMUKURU

Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura

Ubwanditsi 08 Aug 2019
Isano hagati ya Mateke na Habyarimana intandaro yo kuba ku isonga mu guhungabanya u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Isano hagati ya Mateke na Habyarimana intandaro yo kuba ku isonga mu guhungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 23 Dec 2019
Impamvu Umugore w’Umurundikazi yahanutse mu igorofa rya 10 muri hoteli Ubumwe Grande agahita apfa
ITOHOZA

Impamvu Umugore w’Umurundikazi yahanutse mu igorofa rya 10 muri hoteli Ubumwe Grande agahita apfa

Ubwanditsi 19 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru