• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7% [ VIDEO ]

Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7% [ VIDEO ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017 POLITIKI

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatanze ikiganiro mu kanama ka Leta Zunze Ubumwe za Amerika gashinzwe ububanyi n’amahanga(Council on foreign relations), abazwa uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru, abereka uburyo yayatsinze.

Umukuru w’u Rwanda ari muri iki gihugu aho yitabiriye imirimo y’inteko rusange ya Loni iri kuba ku nshuro ya 72, aho i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Abagize aka kanama k’Abanyamerika kadaharanira inyungu gahuza abanyepolitiki batandukanye harimo abenshi babaye abanyamabanga ba Amerika, abayobozi b’urwego rwa Amerika rushinzwe iperereza(CIA), abanyamabanki, abanyamategeko n’abarimu muri kaminuza, bahuye na we mu kiganiro cyiswe ‘Conversation with Paul Kagame’ cyangwa, ‘Ikiganiro na Paul Kagame.’

Abacyitabiriye bamubajije uburyo yatsinze ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7%.

Yabasubije ko agendeye ku buryo Abanyarwanda basaga miliyoni enye bagejeje ibyifuzo byabo ku Nteko Ishinga Amategeko, basaba ko Itegeko Nshinga ryahinduka , akongera guhabwa uburenganzira bwo kwiyamamaza, byagaragarazaga ko azatsinda ku kigero kiri hejuru.

Ati “Kandi ushatse byareberwa mu mateka y’u Rwanda mu myaka 23 ishize , aho u Rwanda kuri ubu rukeneye gukomeza kwiyubaka no kunga ubumwe hagati y’abanegihugu.”

Kagame yavuze ko ku bijyanye na demokarasi, igomba kugendana n’umwihariko wa buri gihugu. Ko itagomba kuba imwe hose, hagendewe ku byifuzo by’ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi.

Ati “Kuko abaturage ntabwo babaho bigenga kandi bari kubwirizwa kugendera kuri demokarasi y’abandi.”

Ku kibazo cy’uko Umuryango mpuzamahanga wananiwe kurokora u Rwanda mu gihe cya jenoside. Yasubije ko icyo gihe radio zakoreshwaga mu guhamagarira abaturage gukora ubwicanyi kandi ko byakozwe amezi n’amezi byose ngo ari ubwisanzure mu kuvuga.

Nubwo ibyo byabaye ariko ngo abahigwaga n’abakoraga ubwicanyi bariyunze, bashaka uburyo barenga ayo mateka mabi. Kandi ngo urugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge rugeze ahantu heza hatari hitezwe.

Umukuru w’Igihugu Yavuze ko atigeze arwanira kuba perezida, ko icyo yarwaniraga ari uguharanira uburenganzira bwa muntu kandi ko kuri ubu icyo ashaka ari ugukorera umuturage mu nzira nziza imubereye.

Ku bijyanye n’iterambere u Rwanda rugezeho, yavuze ko inkunga y’amahanga yagize uruhare rukomeye mu iterambere, aho abafatanyabikorwa berekwa uko inkunga yabo ikoreshwa neza.

Ku bucuruzi n’imibanire n’Abashinwa bigaruriye isoko rinini rya Afurika ndetse no ku ishoramari muri rusange, yavuze ko ikoreshwa neza, kandi ko icya ngombwa ari uko umenya neza icyo ushaka ukirinda ko ubyazwa umusaruro.

Abagize aka kanama baganiriye ku bubanyi n’amahanga bwa Amerika, barebera hamwe uko ubwo bubanyi n’amahanga bwifashe mu murongo waguye mpuzamahanga.

-8037.jpg

-8036.jpg

-8035.jpg

-8034.jpg

[ VIDEO ]


2017-09-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Ubwanditsi 13 Apr 2025
Amerika iriyama u Rwanda ibyo rwo ruhakana

Amerika iriyama u Rwanda ibyo rwo ruhakana

Ubwanditsi 13 Feb 2016
Urukuta rutandukanya Tshisekedi n’U Rwanda akwiye kurusimbuza Ikiraro kimubanisha n’Abaturanyi bose bavuga Ikinyarwanda

Urukuta rutandukanya Tshisekedi n’U Rwanda akwiye kurusimbuza Ikiraro kimubanisha n’Abaturanyi bose bavuga Ikinyarwanda

Ubwanditsi 30 Oct 2023
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatanu tariki ya 27 Mata 2018

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatanu tariki ya 27 Mata 2018

Ubwanditsi 28 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyari 56 Frw zo kubaka umuhanda Base – Butaro – Kidaho
UBUKUNGU

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyari 56 Frw zo kubaka umuhanda Base – Butaro – Kidaho

Ubwanditsi 16 May 2018
Madamu Jeannette Kagame yitabiriye Walk to Remember
INKURU NYAMUKURU

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye Walk to Remember

Ubwanditsi 08 Apr 2018
Ari Leta, ari Kiliziya dusenyera umugozi umwe – Perezida Kagame
Mu Rwanda

Ari Leta, ari Kiliziya dusenyera umugozi umwe – Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru