• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Washington: Kagame yavuze ko Ibihugu 12 bimaze kwemera gutanga umusanzu wabyo muri AU [ VIDEO ]

Washington: Kagame yavuze ko Ibihugu 12 bimaze kwemera gutanga umusanzu wabyo muri AU [ VIDEO ]

Ubwanditsi 25 Sep 2017 POLITIKI

Perezida Kagame yatanze ikiganiro ku mavugurura y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, AU, asobanura ko kuba uyu muryango wari ubeshejweho n’inkunga z’amahanga ku kigero cya 97% byatumaga udakora ibibereye abanyafurika, ahubwo ugakora ibibereye abaterankunga.

Ni mu kiganiro Umukuru w’Igihugu yatangiye mu kigo Brookings Institution giherereye i Washington D.C muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku butumire yahawe na Perezida w’iki kigo, Strobe Talbott.

Perezida Kagame yasobanuriye abitabiriye iki kiganiro ko ariya mavugurura ya AU yari akwiye kuko imikorere myiza yayo idafite inyungu abanyafurika gusa ahubwo no ku bandi batuye indi migabane.

Yagize ati “Reka mbasangize gato ku mvano yabyo, mushobora kuba mubizi ko AU yaterwaga inkunga n’abafatanyabikorwa bo hanze. Mu by’ukuri 97% bya gahunda zacu zakorwaga n’inkunga. Ibi ntabwo bisobanutse ku mpande zombi. Inyungu za Afurika zirimo kwibona mu bikorwa zaratakaye, ahubwo inyungu z’abaterankunga ziba arizo zimakazwa.”

Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko impinduka zihuse zikomeje kuba mu bukungu bw’Isi no muri Politiki, zihamya neza ko atari igisubizo gikwiye gushingira ku nkunga z’amahanga zishobora kuvaho igihe icyo aricyo cyose.

Yagize ati “Nubwo baba bagihari [abaterankunga] barambirwa. Ubu Afurika ifite uburyo bwo gutera inkunga gahunda zayo twemeje kandi tugomba gukora.”

Yasobanuye ko ubu buryo bukomoka ku mukoro abakuru b’Ibihugu bya Afurika mu myaka ibiri ishize bahaye Dr Donald Kaberuka, Acha Leke, Carlos Lopes n’abandi wo gushaka uburyo uyu mugabane wakoresha ngo ubone ubushobozi bwo gutera inkunga ibikorwa bya AU ndetse n’ikigega cy’amahoro.

Ibi byavuyemo igitekerezo cyemerejwe mu nama ya AU yabereye i Kigali muri Nyakanga 2016, y’uko buri gihugu kizajya gitanga 0.2% by’umusoro w’ibikinjiramo akajya gutera inkunga ibikorwa by’umuryango.

Perezida Kagame asanga ubu buryo buzatuma AU ikora neza kandi ikagera ku ntego zayo uko bikwiye. Yagize ati “Bizanoza uburyo bw’imikorere, iyo ari amafaranga yawe ukoresha uko ushoboye kose ukamenya uburyo yakoreshejwe.”

Yagarutse ku mukoro yahawe n’abakuru b’ibihugu wo gukora amavugurura ya AU, avuga ko ku ikubitiro yashyizeho itsinda ry’intiti zikamufasha bakubakira ku byakozwe n’abandi no ku bitekerezo by’abafatanyabikorwa bose bo ku mugabane wa Afurika.

Perezida Kagame yavuze ko raporo y’uyu mukoro yarimo imyanzuro ikomeje kuba umusingi wa gahunda y’amavugurura yatangiye gushyirwa mu bikorwa n’Umuyobozi mushya wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat, n’itsinda rye.

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibihugu 12 byo ku mugabane w’Afurika byamaze kwiyemeza gutanga umusanzu ungana na 0.2 ku ijana by’amafaranga bikura ku bicuruzwa byinjira muri ibyo bihugu.

Perezida Kagame yavuze ko ari intambwe nziza ugereranyije n’igihe iyi myanzuro imaze ifashwe. Yavuze ko iki cyemezo cyatumye ibihugu birushaho kumenya akamaro ko kwigira kuko buri wese yifuza ko amafaranga yatanze acungwa neza.

Yagize ati “Komisiyo y’Afurika yunze Ubumwe ikora neza si inyungu kuri Afurika gusa, ahubwo ni kuri buri wese ku isi.”

Aya mavugurura ngo arimo guhindura byinshi kuko Afurika irimo gukorana mu cyizere, mu nyungu za buri wese no mu muhate udasanzwe hagamijwe kubaka Isi itekanye kandi iteye imbere.

Brookings Institution ni ikigo kidaharanira inyungu kiba i Washington D.C, gikora ubushakashatsi bwimbitse bugamije gushaka ibitekerezo bishya byasubiza ibibazo umuryango mugari ufite yaba ku rwego rw’akarere, igihugu n’Isi muri rusange.

-8047.jpg

-8046.jpg

-8045.jpg

-8044.jpg

-8043.jpg

-8042.jpg

-8041.jpg

[ VIDEO ]

Source : Office of the President -Communications Office

2017-09-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Ubwanditsi 28 Nov 2023
Tshisekedi yabaye iciro ry’imigani mu Burayi n’Amerika kubera guhuzagurika muri politiki ye y’ububanyi n’amahanga

Tshisekedi yabaye iciro ry’imigani mu Burayi n’Amerika kubera guhuzagurika muri politiki ye y’ububanyi n’amahanga

Ubwanditsi 17 May 2024
Minisitiri Kaboneka yakomoje ku mpinduramatwara mu kurwanya ubukene mu itangazamakuru

Minisitiri Kaboneka yakomoje ku mpinduramatwara mu kurwanya ubukene mu itangazamakuru

Ubwanditsi 21 May 2018
Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara

Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara

Ubwanditsi 08 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Champions League: Tottenham yasezerewe, RB Leipzig na Atalanta zibimburira izindi muri ¼
IMIKINO

Champions League: Tottenham yasezerewe, RB Leipzig na Atalanta zibimburira izindi muri ¼

Ubwanditsi 11 Mar 2020
Swede : Umunyamakuru Jean Bosco Gasasira  yajyanywe igitaraganya munzu y’abasazi ( Rehab )
ITOHOZA

Swede : Umunyamakuru Jean Bosco Gasasira yajyanywe igitaraganya munzu y’abasazi ( Rehab )

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Perezida Kagame asanga amashanyarazi ya Gaz Methan azateza imbere Karongi
Mu Mahanga

Perezida Kagame asanga amashanyarazi ya Gaz Methan azateza imbere Karongi

Ubwanditsi 17 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru