• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Meddy yatunguwe n’umwana wamusabye kutamusiga mu gitaramo cya Airtel Muzika i Rubavu

Meddy yatunguwe n’umwana wamusabye kutamusiga mu gitaramo cya Airtel Muzika i Rubavu

Editorial 22 Oct 2017 Mu Rwanda

Umwana w’imyaka 13 witwa Sonia yatunguranye ubwo yagaragaraga mu kirere abantu bamuteruye ashaka gukora kuri Meddy wari umaze kugera ku rubyiniro, ku bw’amahirwe yaje guhita amuzamura barahoberana baranaririmbana gusa uyu mwana n’ubundi ntiyashizwe kuko yavuze ko atifuza ko Meddy amusiga.

-8457.jpg

Uyu mwana wiga mu mwaka wa 2 w’amashuri yisumbuye yari mu marira ubwo yari kumwe na Meddy ku rubyiniro ariko ubona ibyishimo byamubanye byinshi, nyuma yo kuririmbana na Meddy mu ndirimbo ye ‘Inkoramutima’. Twamwegereye tumubaza ibibazo bitandukanye gusa ikintu nyamukuru yavuze yifuza kuri Meddy ngo ni uko atamusiga, ngo n’iyo yakwisubirira muri Amerika ariko bakajya bakomeza kuvugana Meddy ntazamwibagirwe.

-8458.jpg

Uyu mwana wambaye ingofero ni we utifuza ko Meddy yamusiga ngo agende gutyo gusa.

Mu kajwi gato kuzuye amarangamutima uyu mwana yagize ati “Mba numva nahora mureba, namusaba kutansiga gusa, n’ubwo yagenda ariko tugakomeza kujya tuganira akanyibuka gusa. Numvise ari ibintu bidasanzwe kuba byonyine namukozeho. Nari ndi kumva ntataha ntamukozeho. Ndifuza ko twavugana yitonze atari mu bintu byinshi, nka nyuma y’igitaramo cyangwa se ejo”.

-8459.jpg

Uyu mwana abari bari kumwe nawe bamuteruye ngo akore kuri Meddy

-8460.jpg

Ntiyamukozeho gusa kuko yazamutse ku rubyiniro akamugwamo

Nyuma yo kugezwaho iki cyifuzo n’uyu mwana, twegereye Meddy tumubaza niba yakwemera kujyana uyu mwana cyangwa bakajya bakomeza bakavugana nk’uko uyu mwana abyifuza, abanza guhindukira abaza uyu mwana indirimbo akunda nuko amubwira ko ari ‘Ubanza Ngukunda’, Meddy ahita amuririmbira agace gato k’iyi ndirimbo. Meddy yavuze ko nta bushobozi afite bwo kuba yajyana uyu mwana ariko avuga ko ‘kera nabona ubushobozi azamutwara’. Meddy yahise abaza uyu mwana aho ataha nuko amwemerera kumutahana mu modoka ye akamugeza iwabo.

-8461.jpg

-8462.jpg

Muri iki gitaramo kandi habonetsemo abakobwa batandukanye bariraga babonye Meddy hari n’abo byarengaga bakitura hasi bakaboroga bagatabarwa n’inzego z’ubutabazi zari muri iki gitaramo. Meddy abajijwe uburyo yakira ibyo kugwa igihumure kw’abafana iyo bamubonye ataranatangira kuririmba, yavuze ko bimugaragariza urukundo rudasanzwe bamufitiye ndetse ngo rukaba ari rwo rumutera imbaraga.

Kanda hano urebe iki gitaramo ni Video dukesha inyarwanda

2017-10-22
Editorial

IZINDI NKURU

Tuzatora Paul Kagame 100% kuko yabanishije abanyarwanda-Abasheshe Akanguhe

Tuzatora Paul Kagame 100% kuko yabanishije abanyarwanda-Abasheshe Akanguhe

Editorial 22 Jun 2017
Ingabo n’abapolisi b’u Rwanda bari muri Centrafrique na Darfur bifatanyije n’abandi banyarwanda kwibuka

Ingabo n’abapolisi b’u Rwanda bari muri Centrafrique na Darfur bifatanyije n’abandi banyarwanda kwibuka

Editorial 09 Apr 2016
Rayon Sports yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Mukura

Rayon Sports yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Mukura

Editorial 18 May 2017
CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

Editorial 22 Aug 2017

Igitekerezo kimwe

  1. alias
    June 7, 20184:09 pm -

    ntabyogutekereza bafite baracyarabana kurira nibarire ayomubwana batarize babonye umwanya

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bemba agiye kujuririra igifungo yakatiwe na ICC
POLITIKI

Bemba agiye kujuririra igifungo yakatiwe na ICC

Editorial 19 Sep 2018
Meddy yashyize hanze amashusho y’indirimbo agaragaramo abakobwa bambaye amakariso n’amasutiye gusa [AMAFOTO na VIDEO ]
SHOWBIZ

Meddy yashyize hanze amashusho y’indirimbo agaragaramo abakobwa bambaye amakariso n’amasutiye gusa [AMAFOTO na VIDEO ]

Editorial 04 Oct 2018
Hon Theobard Mporanyi  ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho kuri dosiye ya Dr. Gahutu Pascal uyobora Kaminuza ya Rusizi  watawe muri yombi na Polisi ( YAVUGURUWE )
Mu Mahanga

Hon Theobard Mporanyi ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho kuri dosiye ya Dr. Gahutu Pascal uyobora Kaminuza ya Rusizi watawe muri yombi na Polisi ( YAVUGURUWE )

Editorial 10 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru