• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda : Inkuru z’Ibinyoma ku Rwanda zikomeje kwiyongera

Uganda : Inkuru z’Ibinyoma ku Rwanda zikomeje kwiyongera

Ubwanditsi 09 Nov 2017 ITOHOZA

Nyuma y’iminsi mikeya havugwa inkuru z’ibinyoma k’u Rwanda, zituruka muri  Uganda,   kugeza ubu hataramenyekana  ikizihishe inyuma biratangaje kubona ikinyamakuru cya Leta ya Uganda New Vison gitangaza ibinyoma. Kubeshye ko perezida w’u Rwanda yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Uganda I Dubai nyamara bitarabaye,  nanone mu ntangiriro z’iki cyumweru kuri rumwe mu mbuga z’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda hagaragaye inkuru ivuga ko Kagame yagiranye inama y’umutekano na bamwe mu basirikare bakuru biga ku kibazo cya Uganda.

Ikinyamakuru News of Rwanda dukesha iyi nkuru kivuga ko kuvuga ko perezida Kagame yahamagaje iyi nama y’umutekano muri weekend ishize ari ikinyoma cyambaye ubusa nk’uko byatangajwe na rumwe muri izo mbuga rwavuze ko amakuru rukesha bamwe mu basirikare bakuru b’u Rwanda bari mu Urugwiro bakibwiye ko, inama yabaye kuwa Gatandatu nyuma y’uko perezida Kagame agarutse avuye muri Africa Global Business Forum I Dubai, ikaba yaritabiriwe n’Umugaba mukuru w’Inkeragutabara, Gen Fred Ibingira, Umuyobozi w’urwego rw’igihugu rw’ubutasi n’umutekano (NISS), Gen. Joseph Nzabamwita, minisitiri w’ingabo, James Kabarebe, na Francis Mutaganda, umuyobozi wa ESO (External Security Organization).

Iyi nkuru ikomeza ivuga ko nta nama nk’iyi yabayeho, kuko nyuma y’inama ya Africa Global Business Forum I Dubai, perezida Kagame yahise yerekeza mu Bwongereza aho yanaherewe igihembo cyo kuba yarateje imbere ubukerarugendo kizwi nka World Tourism Awards, aho yanasuye stand ya Uganda nk’uko bigaragara ku ifoto aho yasuhuzanyaga na Prof. Ephraim Kamuntu.

Perezida Kagame kuri stand ya Uganda asuhuzanya na Prof. Ephraim Kamuntu

Iyi rero ni inshuro ya 2 hakwirakwijwe amakuru y’ibinyoma ku bwende nyuma y’inkuru na none y’impimbano yavugaga ko perezida Kagame na Museveni bagiranye ibiganiro bari I Dubai.

News of Rwanda isoza itanga inama z’uko itangazamakuru ryakagombye gukoreshwa mu gutanga amakuru afite akamaro aho gutanga amakuru y’ibinyoma kuko ngo ibi biri gufasha abitifuriza amahoro n’umutekano akarere.

Ibi kandi ngo bisa nk’uburyo bwo kujijisha ubutegetsi bwa Uganda buri gukoresha hagamijwe kurangaza abantu ngo ntibite ku bibazo bya politiki biri imbere mu gihugu.

 

2017-11-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kanyankole Alex wahoze ayobora Banki Itsura Amajyambere y’u Rwanda (BRD), yahakanye icyaha cyo kwaka ruswa n’indonke ndetse n’itonesha mu gutanga inguzanyo

Kanyankole Alex wahoze ayobora Banki Itsura Amajyambere y’u Rwanda (BRD), yahakanye icyaha cyo kwaka ruswa n’indonke ndetse n’itonesha mu gutanga inguzanyo

Ubwanditsi 18 Oct 2018
Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe

Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Ubwanditsi 27 Aug 2019
Ikinyoma gitindi Kirasama: Tshisekedi ashobora kwisanga mu rusobe rw’ibibazo nyuma yo kubeshya abarwanya u Rwanda ko azabafasha gukuraho Leta.

Ikinyoma gitindi Kirasama: Tshisekedi ashobora kwisanga mu rusobe rw’ibibazo nyuma yo kubeshya abarwanya u Rwanda ko azabafasha gukuraho Leta.

Ubwanditsi 22 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Finland – Urukiko rwanze kurekura Bazaramba wakatiwe Burundu
ITOHOZA

Finland – Urukiko rwanze kurekura Bazaramba wakatiwe Burundu

Ubwanditsi 05 Jan 2019
Rayon Sports igiye kwitaba FERWAFA gusobanura akagambane ishinjwa na Kiyovu Sports
IMIKINO

Rayon Sports igiye kwitaba FERWAFA gusobanura akagambane ishinjwa na Kiyovu Sports

Ubwanditsi 29 Jul 2018
Impamvu yatumye mfata ikemezo cyo kuva mu ishyaka  Ishema Party rya Tomas Nahimana
ITOHOZA

Impamvu yatumye mfata ikemezo cyo kuva mu ishyaka Ishema Party rya Tomas Nahimana

Ubwanditsi 16 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru