• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»TDRwanda2017: Areruya yongeye gutsindira i Huye yambara umuhondo mbere yo kujya i Rubavu

TDRwanda2017: Areruya yongeye gutsindira i Huye yambara umuhondo mbere yo kujya i Rubavu

Editorial 14 Nov 2017 IMIKINO

Nubwo Hakiruwizeye Samuel yitwaye wenyine Km 90 kugera i Nyanza, Areruya Joseph wa Dimension yageze bwa mbere i Huye akoresheje 3h12’12” ku ntera ya Km 120,6 yongera gutsindira i Huye nko mu 2016, yambaye umwenda w’umuhondo asize Nsengimana Jean Bosco 1’28” wa kabiri na 1’30” kuri Ndayisenga Valens.

Joseph Areruya yishimira insinzi agahita yambara umwenda w’umuhondo (Ifoto/Ngendahimana S).

Ku Km cya mbere ni bwo Hakiruwizeye Samuel na Rugamba Janvier ba Amis Sportifs, Nizeyimana Alex (Benediction) na Ebrahim wa Ethiopia basize bagenzi babo  babanza gushyiramo intera ya 1’45”, uyu munya Ethiopia afata amanota ya mbere y’umusozi.

Ku Km cya 15, Rugamba yaje kubwira Hakiruwizeye ko ananiwe maze Hakiruwizeye uvuka Tumba ya Huye agenda wenyine ashyiramo iminota 2’14” ku itsinda ryarimo Nsengimana Jean Bosco wari wambaye umwenda w’umuhondo ryari rifashe umunya Ethiopia.

Hakiruwizeye yageze ku Km cya 50 intera itangiye kugabanuka ari 1’42”, yongeyeho amasegonda ageze ku Km cya 72 ashyiramo 1’38”.

Ku Km cya 80, nibwo abakinnyi babiri ba Lowestrates.ca ya Canada McPhaden Cameron na Edward Green bashatse kuva mu gikundi, bashoboye kugabanya intera ya Hakiruwizeye bayigeza ku masegonda 53 nabo baragarurwa, Mugisha Samuel (Dimension Data) ashaka nawe kugenda aragarurwa.

Hakiruwizeye yafashwe ku Km cya 91 ku Km cya 92 Areruya Joseph agerageza amahirwe yo kugenda wenyine, yabanje gushyiramo 38”  maze habura Km 15 agera ku 1’08”.

Areruya wari watwaye n’ubundi igihembo cy’umunsi wa kane Rusizi – Huye yongereye intera hasigaye Km 10 iba 1’51” yazamutse wenyine kuri gare ya Huye agera wenyine ku murongo mu gihe hari hitezwe ko bahagera barenze umwe bagahatana (sprint).

Nyuma yo gutsinda, Areruya wambaye umwenda w’umuhondo bwa kabiri yavuze ko yagerageje kugenda nyuma yo kugira impungenge ko adashobora kwambara umwenda w’umuhondo mu gihe bagerera rimwe ku murongo.

Yagize ati “ Nashoboraga kuza ku mwanya mwiza duhatanye turi benshi ku murongo, nagerageje kugenda ngo nshyiremo ibihe byampa umwenda w’umuhondo.”

Areruya yakoresheje 3h12’12” ku ntera ya Km 120,6 akurikirwa n’Umunyafurika y’Epfo Kent Main bakinana muri Dimension Data amusize 1’34” akurikiwe n’igikundi cyo cyahageze 1’36” cyarimo Ndayisenga na Nsengimana.

Ku rutonde rw’umunsi wa mbere, mu bakinnyi 10 ba mbere harimo Abanya Eritrea bane, Abanyakenya babiri, Umunyafurika y’Epfo na Nsengimana Jean Bosco wa 10. Ndayisenga Valens (13) naho Mugisha Samuel yabaye uwa 14.

Areruya wari uwa kane nyuma ya prologue arushwa na Nsengimana amasegonda umunani yambaye umwenda w’umuhondo amurusha 1’28” na 1’30” kuri Ndayisenga Valens.

Mu bakinnyi 10 ba mbere ku rutonde rusange, batatu ba mbere ni Abanyarwanda (Areruya, Nsengimana na Ndayisenga) hamwe na Byukusenge, Mugisha n’ Uwizeye ba 7,8 na 9.

Kuri uyu wa kabiri abasiganwa barahaguruka i Nyanza saa 8h30’ berekeze i Rubavu ku ntera ya Km 180,6, umuhanda urimo imisozi itatu ikomeye yo ku rwego rwa mbere ku Km cya 84, 113 na 133, iyi ibiri ya nyuma iri muri Ngororero.

Km 20 za nyuma barenze Mukamira ni ukumanuka, bituma kenshi barangiza ari benshi kuko n’abasigaye muri Ngororero baba bongeye kugaruka mu isiganwa.

Abakinnyi 10 ba mbere Kigali – Huye, Km 120,3
1. Areruya Joseph – Dimension Data 3h12’12”
2. Kent Main – Dimension Data +1’34”
3. Natnael Mebrahtom – Eritrea +1’36”
4. Eyob Metkel – Dimension Data “”
5. Aron Debretsion – Eritrea “”
6. Kangangi Suleiman – Bike Aid “”
7. Resfom Okubamariam – Eritrea “”
8. Simon Pellaud – Team Illuminate “”
9. Salim Kipkemboi – Bike Aid “”
10. Nsengimana Jean Bosco – Team Rwanda
Abakinnyi 10 ba mbere ku rutonde rusange rw’umunsi wa mbere
1. Areruya Joseph – Dimension Data 3h16’06”
2. Nsengimana Jean Bosco – Team Rwanda +1’28”
3. Ndayisenga Valens – Tirol Cycling Team +1’30”
4. Stefan de Bod – Dimension Data +1’34”
5. Suleiman Kangangi – Bike Aid +137”
6. Piper Cameron – Team Illuminate +1’38”
7. Byukusenge Patrick – Team Rwanda “”
8. Mugisha Samuel – Dimension Data +1’39”
9. Uwizeye Jean Claude – Team Rwanda “”
10. Le Court De Billot Olivier – Mauritius +1’40″

Mu isiganwa abakinnyi b’abanyarwanda bagenze intera ntende bayoboye igikundi [Ifoto/Ngendahimana ]

2017-11-14
Editorial

IZINDI NKURU

Rayon yakiriwe neza nubwo yagize urugendo rubi

Rayon yakiriwe neza nubwo yagize urugendo rubi

Editorial 26 Sep 2018
Hasojwe amahugurwa k’umukino mushya wa Teqball, Biha intego yo kuba icyitegererezo muri Afurika

Hasojwe amahugurwa k’umukino mushya wa Teqball, Biha intego yo kuba icyitegererezo muri Afurika

Editorial 19 Nov 2024
PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen, rutahizamu wayo Neymar atangaza ko azaguma muri iyi kipe.

PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen, rutahizamu wayo Neymar atangaza ko azaguma muri iyi kipe.

Editorial 14 Apr 2021
Kagere Meddie na Salomon Nirisalike bari mu bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda batangiye imyitozo mu Mavubi, Rwatubyaye na Raphael York bageze mu mwiherero bitegura Uganda

Kagere Meddie na Salomon Nirisalike bari mu bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda batangiye imyitozo mu Mavubi, Rwatubyaye na Raphael York bageze mu mwiherero bitegura Uganda

Editorial 05 Oct 2021
Rayon yakiriwe neza nubwo yagize urugendo rubi

Rayon yakiriwe neza nubwo yagize urugendo rubi

Editorial 26 Sep 2018
Hasojwe amahugurwa k’umukino mushya wa Teqball, Biha intego yo kuba icyitegererezo muri Afurika

Hasojwe amahugurwa k’umukino mushya wa Teqball, Biha intego yo kuba icyitegererezo muri Afurika

Editorial 19 Nov 2024
PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen, rutahizamu wayo Neymar atangaza ko azaguma muri iyi kipe.

PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen, rutahizamu wayo Neymar atangaza ko azaguma muri iyi kipe.

Editorial 14 Apr 2021
Kagere Meddie na Salomon Nirisalike bari mu bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda batangiye imyitozo mu Mavubi, Rwatubyaye na Raphael York bageze mu mwiherero bitegura Uganda

Kagere Meddie na Salomon Nirisalike bari mu bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda batangiye imyitozo mu Mavubi, Rwatubyaye na Raphael York bageze mu mwiherero bitegura Uganda

Editorial 05 Oct 2021
Rayon yakiriwe neza nubwo yagize urugendo rubi

Rayon yakiriwe neza nubwo yagize urugendo rubi

Editorial 26 Sep 2018
Hasojwe amahugurwa k’umukino mushya wa Teqball, Biha intego yo kuba icyitegererezo muri Afurika

Hasojwe amahugurwa k’umukino mushya wa Teqball, Biha intego yo kuba icyitegererezo muri Afurika

Editorial 19 Nov 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru