• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Rwanda: Bwa mbere hahembwe ‘Couple’ y’umwaka

Rwanda: Bwa mbere hahembwe ‘Couple’ y’umwaka

Ubwanditsi 23 Dec 2017 SHOWBIZ

Mu birori bibaye ku nshuro ya mbere mu Rwanda, Byiringiro Jean Aimé n‘umukunzi we Mutesi Dinah baraye bahembewe kuba intangarugero mu rukundo rwa kobwa-hungu (Copinage) kuko Couple yabo ari yo yishimiwe kurusha andi yabihataniye mu mwaka wa 2017. Bahise babigaragariza mu ruhame ko urukundo hagati yabo ruganje, barasomana umunwa ku wundi.

Bahise berekana ko urukundo hagati yabo ruganje bataruhishira

Bahise berekana ko urukundo hagati yabo ruganje bataruhishira

Urugendo rw’ibi bihembo bitanzwe ku nshuro ya mbere mu Rwanda, rwatangiye ari couples 10 ziyandikishije binyuze ku rubuga twa Instagram rw’abateguye iki gikorwa.

Amafoto y’aya ma-couples yashyizwe kuri instagram kugira ngo abakoresha uru rubuga bagaragaze ikwiye guhembwa.

Ifoto ya Couple ya Byiringiro Jean Aimé na Mutesi Dinah ni yo yakunzwe inshuro nyinshi (likes), inahembwa nka couples y’umwaka.

Ibi birori byo guhemba iyi couple, byitabiriwe n’abiganjemo abasanzwe bari mu rukundo n’abandi byagaragaraga ko bakeneye ababatetesha.

Mutoni Assia usanzwe akina film n’umuhanzi Mani Martin bari bagize akanama nkemurampaka kemeje iyi couple nk’ihiga izabihiganiwe muri 2017, bavuze ko mu kuyihitamo bagendeye ku bantu bayikunze ku mbuga nkoranyambaga, uburyo Bambara n’amafoto yabo bagiye basakaza.

Umugwaneza Jolie na Dianah Ariella bateguye iki gitaramo bavuga ko iki gikorwa bagiteguye kuko babonaga gishobora kubaka urukundo hagati y’abakundana rwugarijwe n’ibigusha byinshi muri iyi minsi.

Ngo bahisemo guhemba urubyiruko kuko ari rwo ruba rutewe ishema no kwamamaza urukundo rwabo.

Mu bihembo byahawe abatsinze, harimo ikamba ryambitswe umukobwa, igikombe gifite agaciro k’ibihumbi 25 Frw n’ibahasha irimo amafaranga yagizwe ibanga. Gusa ngo ari hejuru y’ibihumbi 100 Frw.

Byiringiro Jean Aimé wahembanywe n’umukunzi we Dinah, yavuze ko bamaze imyaka itatu bakundana ku buryo bumva batewe ishema no kuba bari kumwe.

Ngo nta rindi banga bakoresheje kugira ngo begukane iki gihembo, uretse gusakaza ubuzima bwabo bwa buri munsi babinyujije ku mbuga nkoranyambaga.

Baracyari abanyeshuri ariko ngo biteguye kuzabana nk’umugore n’umugabo.

Ibirori byitabiriwe n'abasanzwe bari mu rukundo

Ibirori byitabiriwe n’abasanzwe bari mu rukundo

Ibirori by'abakundana

Ibirori by’abakundana

Hari abangaga kwicarana n'abakunzi babo

Hari abangaga kwicarana n’abakunzi babo

Dinah yatambagijwe ikamba rya Couple y'umwaka wa 2017

Dinah yatambagijwe ikamba rya Couple y’umwaka wa 2017

Iyi couple yahawe n'igikombe

Iyi couple yahawe n’igikombe

Couple nazo zari zitabiriye iki gitaramo

Couple nazo zari zitabiriye iki gitaramo

Abateguye irushanwa bifotozanya na couple yatsinze

Abateguye irushanwa bifotozanya na couple yatsinze

Ababyeyi babo nabo bari baje kureba uko bahembwa

Ababyeyi babo nabo bari baje kureba uko bahembwa

Abakemurampaka bavuze ko iyi couple yashimwe na benshi

Abakemurampaka bavuze ko iyi couple yashimwe na benshi

Ubwo bahembaga, bamwe bagagaragaje ko urukundo rushobora kubamo amakorosi

Ubwo bahembaga, bamwe bagagaragaje ko urukundo rushobora kubamo amakorosi

Hari n'abagaragazaga ko bari mu munyenga warwo

Hari n’abagaragazaga ko bari mu munyenga warwo

Jay Rwanda hamwe na Jolie na Dianah bateguye igitaramo

Jay Rwanda hamwe na Jolie na Dianah bateguye igitaramo

Jay Rwanda uheruka kuba Mister Africa

Jay Rwanda uheruka kuba Mister Africa

Nta bakunzi bafite ariko bisunganye baza muri iki gitaramo

Nta bakunzi bafite ariko bisunganye baza muri iki gitaramo

Yemba Voice nibo basusurukije abantu

Yemba Voice nibo basusurukije abantu

Source: Umuseke

2017-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibitaramo : Harmonize agiye gukorera mu Rwanda biregereje, amakuru yose kuri ibi bitaramo

Ibitaramo : Harmonize agiye gukorera mu Rwanda biregereje, amakuru yose kuri ibi bitaramo

Ubwanditsi 07 Mar 2018
’Mvuka mu rwa Gasabo kandi nteye nk’Igisabo’- Nyampinga Honorine

’Mvuka mu rwa Gasabo kandi nteye nk’Igisabo’- Nyampinga Honorine

Ubwanditsi 09 Feb 2017
Chorale de Kigali yongeye gutegura igitaramo kiba mu mpera za buri mwaka, icya 2021 kizabera muri Kigali Arena mu kwezi k’Ukuboza

Chorale de Kigali yongeye gutegura igitaramo kiba mu mpera za buri mwaka, icya 2021 kizabera muri Kigali Arena mu kwezi k’Ukuboza

Ubwanditsi 12 Nov 2021
Cyusa Ibrahim yashyize ahagaragara indirimbo nshya yise “Mama” ivuga ubutwari ndetse no kwigomwa kw’ababyeyi ngo abana babeho neza.

Cyusa Ibrahim yashyize ahagaragara indirimbo nshya yise “Mama” ivuga ubutwari ndetse no kwigomwa kw’ababyeyi ngo abana babeho neza.

Ubwanditsi 08 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Benediction Ignite yatangaje amazina y’abakinnyi izakoresha muri Tour du Rwanda ya 2021 ibura iminsi mike ngo itangire.
Amakuru

Ikipe ya Benediction Ignite yatangaje amazina y’abakinnyi izakoresha muri Tour du Rwanda ya 2021 ibura iminsi mike ngo itangire.

Ubwanditsi 17 Apr 2021
Mutsinzi Ange Jimmy yasinyiye FK Jerv yo muri Norvège, Sibomana Patrick we yerekeje muri Mozambique
Amakuru

Mutsinzi Ange Jimmy yasinyiye FK Jerv yo muri Norvège, Sibomana Patrick we yerekeje muri Mozambique

Ubwanditsi 07 Feb 2023
Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone
IKORANABUHANGA

Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Ubwanditsi 11 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru