• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ikinyamakuru cyari igitoni kuri Leta y’u Burundi cyahagaritswe

Ikinyamakuru cyari igitoni kuri Leta y’u Burundi cyahagaritswe

Ubwanditsi 12 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Urubuga rwa Internet Ikiriho cyari gisanzwe gikorera mu kwaha kwa Leta y’ u Burundi iyobowe Perezida Pierre Nkurunziza cyahagaritswe.

Icyemezo gihagarika iki gitangazamakuru Ikiriho News cyafashwe n’ Umucamanza Mukuru wa Repubulika y’ U Burundi, Sylvestre Nyandwi, nk’ uko byagaragajwe mu ibaruwa uyu muyobozi yanditse kuwa 12 Ukwakira 2018 agashyikiriza kopi yayo Perezida w’ Inama y’ Igihugu y’ Itangazamakuru(CNC).

Ikiriho ni kimwe mu binyamakuru byari bisanzwe bikorana bya hafi na Leta y’ u Burundi iyoborwa na CNDD/FDD ariko byaje kugirana ibibazo by’ ingutu kuva igihe abaturage bakoraga imyigaragambyo bamagana ivugururwa ry’ Itegekonshinga.

Nk’ uko byatangajwe n’ikinyamakuru UBM News, ngo mu mpera z’ umwaka wa 2015, Ubuyobozi Bukuru bw’ Ikinyamakuru Ikiriho bwahinduye icyerekezo bwiyemeza gukora kinyamwuga aho cyagiye gitangaza ihohoterwa ndetse n’ ubwicanyi bwagiye bukorwa n’ inzego z’ umutekano za Leta cyane cyane urwego rw’ iperereza, Service National des Reinsegnements (SNR).

Igihugu cy’ u Burundi cyakomeje kujya mu icuraburindi kuva aho Perezida ahatswe guhirikwa ku butegetsi abakekwaga kumugambanira benshi bahise bahunga abandi batabwa muri yombi ndetse n’ abanyamakuru bakomeza gubura ubwisanzure bwo gukora umwuga wabo.

Amakuru dukesha RPA yemeza ko mu Burundi, muri iki gihe ibitangazamakuru byinshi bikomeje guhagarikwa ku buryo abasomyi babyinubira, bityo Leta ikabigerekaho amakosa bikanabiviramo gufungwa.

Inzobere mu ishami ry’ itangazamakuru basanga amasosiyete atanga umuyoboro wa internet aribo nyirabayazana, kuko akoreshwa na Leta ikabategeka kuzamura ibiciro bityo bagaca intege abashoramari.

Radio RPA, Groupe de presse Iwacu,  Radio Isanganiro ndetse n’ Urubuga Ikiriho yari isanzwe ikorana na Leta ni bimwe mu bitangazamakuru byagiye bihura n’ iki kibazo. Uretse ibi binyamakuru bikorera mu Burundi, ibindi mpuzamahanga nka RFI, BBC, VOA,…mu Gicurasi byari byabujijwe gutara amakuru kuri ubu butaka.

Aya makuru yemeza kandi ko iyo abasomyi bagerageje gufungura imbuga za Radio Isanganiro ndetse na Ikiriho batabona ubutumwa ahubwo babona ibara ry’ ubururu ryijimye.

 

2018-10-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bazirunge zange zibe isogo. UBufaransa bwanywanye n’abajenosideri ubuziraherezo.

Bazirunge zange zibe isogo. UBufaransa bwanywanye n’abajenosideri ubuziraherezo.

Ubwanditsi 22 Dec 2022
Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi

Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi

Ubwanditsi 25 Jun 2025
Impamvu abari ingabo za Kayumba Nyamwasa , Maj. (Rtd) Mudhatiru n’abo bareganwa badashobora gukurikiranwa bidegembya

Impamvu abari ingabo za Kayumba Nyamwasa , Maj. (Rtd) Mudhatiru n’abo bareganwa badashobora gukurikiranwa bidegembya

Ubwanditsi 29 Oct 2019
Burundi: Perezida Nkurunziza yagizwe umuyobozi w’ikirenga wa CNDD-FDD iteka n’iteka

Burundi: Perezida Nkurunziza yagizwe umuyobozi w’ikirenga wa CNDD-FDD iteka n’iteka

Ubwanditsi 12 Mar 2018

3 Ibitekerezo

  1. Sema~halelua
    October 13, 201810:24 am -

    nkurunziza arabeshya ubwobugomebwe buzamugaruka

    Subiza
  2. RUGENDO
    October 13, 20187:18 pm -

    RARYA BBC GAHUZA IKORERA MU RWANDA??
    NIMUNYUBUTSE!!!!

    Subiza
    • Kalisa
      October 14, 20187:17 pm -

      Bbc niyabongereza yumvikana mu bwongereza singombwa ko yumvikana mu Rwanda.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakiriwe mu biro bya Perezida wa Isiraheli
Mu Rwanda

Perezida Kagame yakiriwe mu biro bya Perezida wa Isiraheli

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Amashirakinyoma : Abadipolomate bakorera mu Rwanda bigereye muri Pariki ya Nyungwe
UBUKERARUGENDO

Amashirakinyoma : Abadipolomate bakorera mu Rwanda bigereye muri Pariki ya Nyungwe

Ubwanditsi 18 May 2019
Tuzabashiririza -abo muri CNDD-FDD babwira abatavuga rumwe na Leta
POLITIKI

Tuzabashiririza -abo muri CNDD-FDD babwira abatavuga rumwe na Leta

Ubwanditsi 14 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru