• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ikinyamakuru cyari igitoni kuri Leta y’u Burundi cyahagaritswe

Ikinyamakuru cyari igitoni kuri Leta y’u Burundi cyahagaritswe

Ubwanditsi 12 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Urubuga rwa Internet Ikiriho cyari gisanzwe gikorera mu kwaha kwa Leta y’ u Burundi iyobowe Perezida Pierre Nkurunziza cyahagaritswe.

Icyemezo gihagarika iki gitangazamakuru Ikiriho News cyafashwe n’ Umucamanza Mukuru wa Repubulika y’ U Burundi, Sylvestre Nyandwi, nk’ uko byagaragajwe mu ibaruwa uyu muyobozi yanditse kuwa 12 Ukwakira 2018 agashyikiriza kopi yayo Perezida w’ Inama y’ Igihugu y’ Itangazamakuru(CNC).

Ikiriho ni kimwe mu binyamakuru byari bisanzwe bikorana bya hafi na Leta y’ u Burundi iyoborwa na CNDD/FDD ariko byaje kugirana ibibazo by’ ingutu kuva igihe abaturage bakoraga imyigaragambyo bamagana ivugururwa ry’ Itegekonshinga.

Nk’ uko byatangajwe n’ikinyamakuru UBM News, ngo mu mpera z’ umwaka wa 2015, Ubuyobozi Bukuru bw’ Ikinyamakuru Ikiriho bwahinduye icyerekezo bwiyemeza gukora kinyamwuga aho cyagiye gitangaza ihohoterwa ndetse n’ ubwicanyi bwagiye bukorwa n’ inzego z’ umutekano za Leta cyane cyane urwego rw’ iperereza, Service National des Reinsegnements (SNR).

Igihugu cy’ u Burundi cyakomeje kujya mu icuraburindi kuva aho Perezida ahatswe guhirikwa ku butegetsi abakekwaga kumugambanira benshi bahise bahunga abandi batabwa muri yombi ndetse n’ abanyamakuru bakomeza gubura ubwisanzure bwo gukora umwuga wabo.

Amakuru dukesha RPA yemeza ko mu Burundi, muri iki gihe ibitangazamakuru byinshi bikomeje guhagarikwa ku buryo abasomyi babyinubira, bityo Leta ikabigerekaho amakosa bikanabiviramo gufungwa.

Inzobere mu ishami ry’ itangazamakuru basanga amasosiyete atanga umuyoboro wa internet aribo nyirabayazana, kuko akoreshwa na Leta ikabategeka kuzamura ibiciro bityo bagaca intege abashoramari.

Radio RPA, Groupe de presse Iwacu,  Radio Isanganiro ndetse n’ Urubuga Ikiriho yari isanzwe ikorana na Leta ni bimwe mu bitangazamakuru byagiye bihura n’ iki kibazo. Uretse ibi binyamakuru bikorera mu Burundi, ibindi mpuzamahanga nka RFI, BBC, VOA,…mu Gicurasi byari byabujijwe gutara amakuru kuri ubu butaka.

Aya makuru yemeza kandi ko iyo abasomyi bagerageje gufungura imbuga za Radio Isanganiro ndetse na Ikiriho batabona ubutumwa ahubwo babona ibara ry’ ubururu ryijimye.

 

2018-10-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda barenga 900 bamaze kwirukanwa muri Uganda, abagera ku 190 bari mu ma gereza bakorewe iyica rubozo- Min. Sezibera

Abanyarwanda barenga 900 bamaze kwirukanwa muri Uganda, abagera ku 190 bari mu ma gereza bakorewe iyica rubozo- Min. Sezibera

Ubwanditsi 05 Mar 2019
Abarwanyi ba RNC bitoreza muri Uganda barifashishwa mu kugirira nabi abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Abarwanyi ba RNC bitoreza muri Uganda barifashishwa mu kugirira nabi abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Ubwanditsi 27 Nov 2020
Abanyarwanda batuye muri Australia bamaganye inkuru yanditswe na ABC news ko ari intasi z’u Rwanda

Abanyarwanda batuye muri Australia bamaganye inkuru yanditswe na ABC news ko ari intasi z’u Rwanda

Ubwanditsi 15 Sep 2019
Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Ubwanditsi 23 Sep 2024

3 Ibitekerezo

  1. Sema~halelua
    October 13, 201810:24 am -

    nkurunziza arabeshya ubwobugomebwe buzamugaruka

    Subiza
  2. RUGENDO
    October 13, 20187:18 pm -

    RARYA BBC GAHUZA IKORERA MU RWANDA??
    NIMUNYUBUTSE!!!!

    Subiza
    • Kalisa
      October 14, 20187:17 pm -

      Bbc niyabongereza yumvikana mu bwongereza singombwa ko yumvikana mu Rwanda.

      Subiza

Leave a Reply to Kalisa Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavu N’amavuko Y’ibibazo U Burundi Burimo N’uruhare Rwa Museveni
INKURU NYAMUKURU

Amavu N’amavuko Y’ibibazo U Burundi Burimo N’uruhare Rwa Museveni

Ubwanditsi 10 Dec 2018
Perezida Kagame yakiriye Umwami wa Maroc, Mohammed VI
Mu Mahanga

Perezida Kagame yakiriye Umwami wa Maroc, Mohammed VI

Ubwanditsi 19 Oct 2016
Miss Sharifa yahishuye urukundo rwe n’umusore bitegura kurushinga bidatinze
SHOWBIZ

Miss Sharifa yahishuye urukundo rwe n’umusore bitegura kurushinga bidatinze

Ubwanditsi 07 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru