• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Uvuga ko yahunze Abanyarwanda kubera ko bamutumye kwica perezida Museveni akanga aranyomozwa

Uganda: Uvuga ko yahunze Abanyarwanda kubera ko bamutumye kwica perezida Museveni akanga aranyomozwa

Editorial 22 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Ikinyamakuru Softpower kivugwaho gukora inkuru za poropaganda zigamije gusebya u Rwanda cyatangaje inkuru y’uwahoze mu nzego z’ubutasi za Uganda uvuga ko yahunze igihugu atinya kwicwa n’Abanyarwanda nyuma yo kumuha akazi ko kwica perezida Museveni ntabikore, ariko iyi nkuru nayo ubwayo ikaba yashyizwe mu rwego rwa poropaganda n’ikinyamakuru Virungapost kivuga ko itakwizerwa.

Inkuru ya Softpower yavugaga ko nyuma yo guhunga igihugu, uyu Mugande witwa Furaha Arinaitwe yandikiye perezida Museveni akamubwira ko yahunze kubera Abanyarwanda bashakaga kumwica. Uyu wahoze akorera urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI), avuga ko yasabwe mu 2009 gukorera u Rwanda ndetse kuva icyo gihe u Rwanda rukaba rwaramuhembaga.

Kera kabaye, ngo uyu yaje gusabwa n’Abanyarwanda kwica perezida Museveni ariko aranga kubera amahame agenderaho yo gukunda igihugu cye, akaba ari yo mpamvu yahisemo guhunga kubera ko yumvaga atagitekanye muri Uganda.

Ikinyamakuru cyandikirwa muri Uganda  Virungapost dukesha iyi nkuru kivuga ko iyi baruwa ari poropaganda yatangajwe n’ikinyamakuru kimwe gusa muri Uganda kandi kitari mu binyamakuru byubashywe.

Ngo imirongo mikeya y’inkuru ya Softpower n’ingingo zimwe z’ibaruwa ya Arinaitwe iyo ubirebye usanga nta shingiro bifite.

Icya mbere, ngo ibaruwa ya Arinaitwe igaragaza ko yandikiwe itangazamakuru mu gihe nyamara we avuga ko yari igenewe perezida Museveni. Ngo niba ari na Museveni yari igenewe kandi, ibirimo bigaragaza ko Arinaitwe atigeze aba impuguke mu kuneka nk’uko avuga.

Muri iyi baruwa ngo Arinaitwe avugamo ibintu n’umuntu utarabaye mu bijyanye n’ubutasi yasanga bigoye kubyizera nk’aho avuga ko perezida kagame ubwe yamwihamagariye akamuha amadolari 100,000 ngo yice Museveni.

Arinaitwe kuri ubu uvuga ko ari mu buhungiro kubera ko yanze gukora akazi yahawe, anavuga mu ibaruwa ye ko yabwiye perezida Museveni ubwe iby’uwo mugambi wo kumwica. Ni mu gihe nyamara uyu avuga ko yimwe n’uburenganzira bwo kubonana na perezida Museveni agahitamo kumwandikira ari aho ari gushaka ubuhungiro.

Furaha Arinaitwe

Virungapost ikibaza iti ibaze ari ukuri Arinaitwe yarahaye Museveni aya makuru ariko yakwikorera iperereza agasanga yari mu kuri u Rwanda rwaramuhaye akazi ko kumuhitana.

Ese koko Museveni yari kwanga kubonana na Arinaitwe? Ese iyo aza kuba afite andi makuru yari gukiza ubuzima yagombaga guha Museveni ariko akanga ko babonana?

Ngo icyo ibi bisobanuye n’uko Arinaitwe ari umugabo wavangiwe wahaye Museveni amakuru y’ikinyoma kugirango ajye amureba neza, cyangwa akaba ari inkuru Softpower yakoze ku bwende igamije gusobanura impamvu z’ibikorwa CMI imazemo iminsi byo kwibasira Abanyarwanda mu gihugu cya Uganda.

Ibi bikaba bigaragarira muri iyi baruwa ya Arinaitwe avugamo ko yakoreraga ubutasi u Rwanda akongeraho ko impamvu yanze kwica Museveni ari ukubera amahame agenderaho yo gukorera igihugu cye. Iki gihugu cye avuga ariko akaba ari nacyo avuga ko yatataga mu gihe cy’imyaka hafi 10.

Ngo umuntu w’umusazi niwe wenyine wakumva uko gukorera igihugu no kugikunda kwa Arinaitwe kandi ngo ikinyamakuru cya poropaganda nicyo cyonyine cyatangaza aya makuru.

Ibaruwa ya Arinaitwe ku musozo ivuga ko amaze kwanga akazi ko kwica Museveni kahise gahabwa umukuru w’igipolisi, Kale Kayihura kandi we ngo akakemera.

Ibi bikaba bitangajwe mu gihe mu mubano w’u Rwanda na Uganda hakomeje kuvugwa umwuka mubi watangiye kumvikana mu Ukwakira 2017 nyuma y’itabwa muri yombi ry’Umunyarwanda, Rene Rutagungira, ryakurikiwe no gutabwa muri yombi kw’abandi Banyarwanda batandukanye bashinjwa ibikorwa by’ubutasi ku butaka bwa Uganda

2018-01-22
Editorial

IZINDI NKURU

Interahamwe n’ibigarasha byabaga muri Zambiya byatangiye gukwira imishwaro nyuma y’aho polisi y’icyo gihugu n’iy’u Rwanda ziyemereje gufatanya mu guhashya abanyabyaha

Interahamwe n’ibigarasha byabaga muri Zambiya byatangiye gukwira imishwaro nyuma y’aho polisi y’icyo gihugu n’iy’u Rwanda ziyemereje gufatanya mu guhashya abanyabyaha

Editorial 21 Dec 2020
Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’ibihe bikomeye u Rwanda rwaciyemo, rwahisemo kubakira ku mahitamo y’aho rwifuza kugana

Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’ibihe bikomeye u Rwanda rwaciyemo, rwahisemo kubakira ku mahitamo y’aho rwifuza kugana

Editorial 19 Feb 2019
Gucika ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuba waragize uruhare mu kuyihagarika, warangiza ukifatanya nabayiteguye bakanayishyira mu bikorwa, ni ugutatira igihango kandi gihana kihanukiriye

Gucika ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuba waragize uruhare mu kuyihagarika, warangiza ukifatanya nabayiteguye bakanayishyira mu bikorwa, ni ugutatira igihango kandi gihana kihanukiriye

Editorial 06 Apr 2021
Imyumvire ipfuye : Lantos Foundation yibwira ko umubano hagati y’ u Rwanda, Ubwongereza na Amerika ushingiye ku ifungwa cyangwa ifungurwa rya Paul Rusesabagina

Imyumvire ipfuye : Lantos Foundation yibwira ko umubano hagati y’ u Rwanda, Ubwongereza na Amerika ushingiye ku ifungwa cyangwa ifungurwa rya Paul Rusesabagina

Editorial 13 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mukuru wa Gérard Niyomugabo wo murubanza rwa Kizito nawe yafashe iy’ishyamba
ITOHOZA

Mukuru wa Gérard Niyomugabo wo murubanza rwa Kizito nawe yafashe iy’ishyamba

Editorial 16 May 2018
Hamisa Mobetto warangaje Diamond Platnumz yatunguye abantu abereka amafoto ye ya bikini ndetse n’ imyaka afite
SHOWBIZ

Hamisa Mobetto warangaje Diamond Platnumz yatunguye abantu abereka amafoto ye ya bikini ndetse n’ imyaka afite

Editorial 17 Nov 2017
Tshisekedi yijeje gufungura imfungwa zose za politiki
INKURU NYAMUKURU

Tshisekedi yijeje gufungura imfungwa zose za politiki

Editorial 25 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru