• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’ibihe bikomeye u Rwanda rwaciyemo, rwahisemo kubakira ku mahitamo y’aho rwifuza kugana

Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’ibihe bikomeye u Rwanda rwaciyemo, rwahisemo kubakira ku mahitamo y’aho rwifuza kugana

Ubwanditsi 19 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU

Ibi umukuru w’igihugu yabigarutseho mu kiganiro n’abayobozi mu by’ubucuruzi basaga 300, cyabereye mu Mujyi wa Charlotte muri Leta ya Carolina ya Ruguru, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Cyateguwe n’Umuryango wa Gikirisitu uharanira iterambere binyuze mu gushyigikira ba rwiyemezamirimo nyafurika mu kurwanya ubukene, Hiinga Inc.

Perezida Kagame yavuze ko amahano igihugu cyanyuzemo yanashibutsemo icyizere, abantu bakarangamira ahazaza heza haruta aho bari babayemo. Yagarutse ku bihe by’ubuhunzi abanyarwanda barimo na we ubwe bakuriyemo, bagakura bibaza byinshi ari nako bagerageza kubishakira ibisubizo binyuze mu rugamba rwo kwibohora rwatangiye mu 1990.

Nyuma y’imyaka ine urugamba rwo Kwibohora rutangiye habaye Jenoside yakorewe abatutsi yahitanye abasaga miliyoni imwe, igira ingaruka kuri buri munyarwanda mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Perezida Kagame yavuze ko ibyo bibazo byasigiye abaturage amasomo yo gukora cyane bagamije kubikemura. Ubu umugabane wose ngo urajwe ishinga no gushaka ibisubizo ku bibazo ibihugu bifite, binyuze mu kwishyira hamwe.

Yakomeje ati “Ntabwo twemera guheranwa n’amateka yacu mabi kubera ko biramutse bibaye bityo, ni aho waguma. Ibyo twagerageje gukora ni ukugira ngo, yego twavanye amasomo muri ayo mateka, ariko ayo masomo akwiye kudufasha mu guhindura ahazaza hacu. Byanigishije abaturage kwiha agaciro ariko bakagaha n’abandi.”

“Mu Rwanda ntabwo dushobora guharanira iterambere ngo tugire uwo dusiga inyuma. Ntabwo byumvikana. Icyo tureba ni uburyo twakongerera ubushobozi abaturage bacu, kugira ngo buri wese tujyane mu iterambere. Ibyo bijyana n’ishoramari dukora mu burezi, ubuvuzi n’ibindi.”

Yanagarutse ku rugendo rw’ubwiyunge igihugu cyanyuzemo nyuma ya Jenoside, avuga ko ubusanzwe abantu bashobora gutandukana ariko bidakwiye ko umwe ashaka kwica mugenzi we kubera ko batandukanye.

Ati “Twagombaga kurenga uwo murongo udutandukanya ku buryo tugomba kubana. Ntabwo byoroshye kuko mu gihe twageragezaga ubwiyunge hari n’ababaga bavuga bati oya, dukeneye ubutabera. Guhuza ubwiyunge n’ubutabera bishobora kuba ari byo bintu bigoye cyane. Gusa tukabwira abahuye n’ibibazo tuti nimwe umuntu yagira icyo asaba kurusha abishe, mubabarire. Ntabwo tugomba kwibagirwa ariko tugomba kubabarira.”

Yashimangiye ko kubabarira birimo imbaraga, kuko bituma abaturage babasha kureba imbere bakima agaciro ibibatandukanya.

Yagaragarije abitabiriye iki kiganiro ko nyuma yo kwiyubaka ubu u Rwanda ari igihugu kibereye ishoramari, ashingira kuri raporo ngarukamwaka ya Banki y’Isi ku korohereza abakora ubucuruzi, aho u Rwanda mu 2004 rwatangiriye ku mwanya wa 150 ariko muri raporo ya 2019 ni urwa 29 ku Isi n’urwa kabiri muri Afurika. Rwabaye n’urwa mbere ku Isi mu gukora amavugurura menshi mu korohereza ubucuruzi.

Perezida Kagame yavuze ko ibyo bitavuye gusa mu kwireba nk’igihugu gito kidakora ku nyanja kandi gifite amateka agoye, ahubwo bishingiye ku mahitamo akomeye u Rwanda rwakoze mu kwihitiramo ibirubereye.

Ati “Twaravuze tuti tugomba gukora amahitamo nubwo yaba agoye ku bijyanye n’ibyo tugomba gukora n’aho tugomba kugana. Nta mabwiriza tugenderaho, tugendera ku mahitamo yacu. Nta gitabo cy’amabwiriza dukurikiza gihari […] Tureba uburyo buri muntu yagira uruhare muri ayo mahitamo, iyo bibashije kudufasha tukabyungukiramo turabyishimira, tugakomeza. Iyo bidakunze ntawe dutunga agatoki, dusubiza amaso inyuma tukareba aho twakoze nabi n’uburyo twabikosora.”

“Ni ukugira ngo tudakora amakosa nk’ay’abandi. Hari aho twageze abantu bakaza bakakubwira ibyo ugomba gukora, kandi ibintu byagenda nabi akaba ari wowe bireba, bagahindukira bakabikugayira nubwo waba wakoze ibyo bakubwiye. Ni amasomo twavanye muri ibyo bihe bikomeye, tugakomeza kureba imbere.”

Perezida Kagame yagaragaje ko muri iki gihe u Rwanda rwazamuye inzego zose harimo n’abagore bagize 52% by’abaturage bose.

Ubu bagize kandi 61% by’abagize inteko ishinga amategeko, 50% by’abagize guverinoma na 44% by’abagize urwego rw’ubucamanza kandi bose bahembwa kimwe.

2019-02-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 08 Kanama 2018

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 08 Kanama 2018

Ubwanditsi 09 Aug 2018
Uwahoze ari Maneko  mu gisirikare cy’u Burundi  aragaragaza  ko mu barinda Nkurunziza harimo abo muri FDLR

Uwahoze ari Maneko mu gisirikare cy’u Burundi aragaragaza ko mu barinda Nkurunziza harimo abo muri FDLR

Ubwanditsi 09 Jan 2018
“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

Ubwanditsi 06 Nov 2024
U Rwanda ni igihugu kiri kumwe n’Imana- Dr Ngirente

U Rwanda ni igihugu kiri kumwe n’Imana- Dr Ngirente

Ubwanditsi 15 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibibazo by’Uburezi mu Rwanda
Mu Mahanga

Ibibazo by’Uburezi mu Rwanda

Ubwanditsi 14 Nov 2016
Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball yerekeje muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023, basabwe na Minisitiri Aurore guhesha ishema igihugu
Amakuru

Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball yerekeje muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023, basabwe na Minisitiri Aurore guhesha ishema igihugu

Ubwanditsi 19 Feb 2022
Alpha Condé yasimbuye Idris Deby ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe
Mu Rwanda

Alpha Condé yasimbuye Idris Deby ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Ubwanditsi 30 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru