• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abikorera bo mu gihugu cya zimbwabwe bashimye iterambere basanze mu Rwanda

Abikorera bo mu gihugu cya zimbwabwe bashimye iterambere basanze mu Rwanda

Ubwanditsi 24 Jan 2018 Mu Rwanda

Abikorera bo mu gihugu cya Zimbabwe bishimiye uko bakiriwe mu Rwanda banashima ibyo u Rwanda rugezeho mu iterembere nyuma yo gusobanurirwa uko urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) ruhagaze n’intego rufite kugeza mu mwaka wa 2020.

N’igikorwa  cyabaye Kuri uyu wa gatatu tariki 24 mutarama  I Kigali ubwo hateraniye inama y’abikorera  baturutse mu gihugu cya Zimbabwe bakiriwe n’abikorera bo mu gihugu cy’u Rwanda baganira ku ishoramari riri hagati yibi bihugu byitezwe ko buri ruhande ruzigira ku rundi ibyo rwagezeho mu rwego rwo kuzamura imikoranire .

Benjamin Gasamagera peresida w’ Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) yashimye uburwo aba banyazimbabwe batekereje kuza mu Rwanda ko ari amahirwe akomeye abanyarwanda bakwiye kubyaza umusaruro bahana ibitekerezo ku cyakorwa kugirango ishoramari rikomeze kuzamuka dore ko abanyazimbabwe bafite ubunararibonye mu bucuruzi n’inganda busaga imyaka ijana .

Akomeza avuga ko aba bacuruzi baturutse muri zimbwabwe bafite ubunararibonye butandukanye cyane cyane mu buhinzi n’ubworozi ,ubucuruzi n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ati”batekereje u Rwanda kugirango bongere ubushobozi bwabo kuko babona ko u Rwanda rukataje mu iterambere”.

Gasamagera yakomeje avuga amahirwe menshi n’ubufatanye bw’imikorere hagati y’u Rwanda na Zimbabwe bazakorana mu nzego zitandukanye ,by’umwihariko  bari kwibanda ku kubaka inozamubano hagati y’abacuruzi ubwabo kubasobanurira no kubereka amahirwe menshi ari mu gushora imari mu Rwanda cyane mu nganda ,mu buhinzi n’ubworozi ,kandi   bizafasha gahunda ya Leta yo tutanga imirimo myinshi y’imyaka irindwi .

Divine Ndhlukura peresida w’ihuriro ry’igihugu ry’ubucuruzi muri Zimbabwe (Zimbabwe national chamber of commerce) yavuze ko aya ari amahirwe hagati y’ibi bihugu uko ari bibiri u Rwanda na Zimbabwe bazakorana cyane mu kuzamura urwego ry’ubucuruzi,kongera ikoranabuhanga mubyo bakora  kukora bwinshi byiza bikurura bamukerarugendo n’abashoramari .

Kandi bakabikora nk’abavandimwe bohereza ibicuruzwa ndetse banakira ibiturutse kuri buri gihugu  cyane cyane muri afurika y’uburasirazuba ,asoza ashishikariza abikorera babanyarwanda gukorera hamwe na bagenzi babo ba Zimbabwe ko bizazamura ubukungu kuri buri gihugu kandi bagakomeza gukataza mu iterambere

Nkundiye Eric Bertrand

 

2018-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi yataye muri yombi umuforomokazi n’abandi bantu 2 bakekwaho kwica uruhinja

Polisi yataye muri yombi umuforomokazi n’abandi bantu 2 bakekwaho kwica uruhinja

Ubwanditsi 19 Apr 2017
Ni iki Prof. Gambari washimwe na Perezida Kagame yakoze mu gihe Jenoside yakorerwaga Abatutsi yabaga?

Ni iki Prof. Gambari washimwe na Perezida Kagame yakoze mu gihe Jenoside yakorerwaga Abatutsi yabaga?

Ubwanditsi 07 Apr 2024
Perezida Museveni  n’Umuhungu we Kainerugaba bashimiye Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda

Perezida Museveni n’Umuhungu we Kainerugaba bashimiye Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2017
‘Indonke zifite ingaruka mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge’- Polisi y’u Rwanda

‘Indonke zifite ingaruka mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge’- Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 22 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore wa Safi yasubiye muri Canada aho ni ubuhoro ! [ VIDEO ]
Mu Rwanda

Umugore wa Safi yasubiye muri Canada aho ni ubuhoro ! [ VIDEO ]

Ubwanditsi 19 Oct 2017
Umusirikare w’u Rwanda yaguye mu gitero muri Centrafrique, abandi umunani barakomereka
ITOHOZA

Umusirikare w’u Rwanda yaguye mu gitero muri Centrafrique, abandi umunani barakomereka

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG
Amakuru

Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG

Ubwanditsi 29 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru