• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abafaransa ntibishimiye gahunda ya AU yo kwishakamo ibisubizo iyobowe na Perezida Kagame

Abafaransa ntibishimiye gahunda ya AU yo kwishakamo ibisubizo iyobowe na Perezida Kagame

Ubwanditsi 31 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Zimwe muri gahunda Perezida Kagame ashyize imbere nyuma yo kuyoboraUmuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) harimo igitekerezo cyuko buri gihugu cyazajya kivana 0.2% ku musoro w’ibitumizwa mu mahanga agashyirwa mu ngengo ya Komisiyo ya AU mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo.

Iki gitekerezo cyaganiriweho mu nama ihuza abakuru b’igihugu bya Africa yarangiye kuri uyu wa mbere muri Addis Ababa ariko bimwe mu bihugu cyane cyane abafaransa bakomeje kugaragaza kubirwanya babicishije mu bitangazamakuru byabo banenga icyo gitekerezo ndetse n’ubuyobozi bwa Perezida Kagame.

Umunyamakuru Nicolas Germain ukorera France 24 yakoze inkuru zitandukanye kuri iyo nama iherutse maze agaragaza ko Perezida Kagame ari gushaka gukoresha ingufu ngo ashyirireho ibyemezo ibindi bihugu bya Africa kugahato.

Birababaje kubona ibikorwa byose birenga 80% byishyurwa n’abaterankunga kandi Afurika ishyize hamwe yashaka uburyo bwo kubyishyura.

Igitekerezo cyashyizwe imbere na Perezida Kagame nuko buri gihugu cyazajya kivana 0.2% ku musoro w’ibitumizwa mu mahanga agashyirwa mu ngengo ya Komisiyo ya AU mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo Kugeza ubu ngo hari ibihugu bigera kuri 20 byatangiye kubishyira mu bikorwa, aho bizeye ko muri uyu mwaka n’ibindi byinshi bizinjira muri iyo gahunda.

Perezida Kagame ntiyishimiwe na bimwe mu bihugu cyane cyane Ubufaransa bufite inyungu mu kunyunyuza imitsi y’abanyafurika aho bitekereza ko kuba agiye kuyobora uyu muryango bizatuma gahunda y’amavugurwa yo muri uyu muryango ifata indi ntera na cyane ko ari we wari wanashinzwe akanama ko gutegura ayo mavugurura.

Ibi ngo bizatuma n’abandi bazasimburana ku mwanya wo kuyobora uyu muryango bazajya bakomerezaho bigatuma Afurika igera ku ntego yihaye yo kugira ijambo mu ruhando mpuzamahanga.

Iyo urebye Afurika, ni umugabane ugizwe n’ibihugu byinshi kandi ukaba ugizwe n’abaturage hafi Miliyari, ufite abasore n’inkumi bafite ingufu zo gukora, ufite umutungo kamere, ufite ikirere cyiza, ariko ni wo mugabane ukennye, ni wo mugabane ukiri inyuma y’iyindi. Bivuze ko hari akazi ko kwivugurura umugabane wa Afrika ukikura mu mabako ya bagashakabuhake.

N’ubwo ubukoloni bwarangiye hari ibihugu bikunze kunengwa, aho usanga imiyoborere yabyo igirwamo n’ibihugu byabikolonije. Kugira ngo iyi myumvire ihinduke hagomba gukomeza inzira Afurika yiyemeje yo kubaka ubumwe mu banyafurika ndetse no guharanira kugira Afurika ifite ijambo ku rwego mpuzamahanga.

Ubwanditsi

2018-01-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Menya ibyavuye mu Kiganiro n’Abanyamakuru: Perezida Kagame yagarutse ku mubano wa Sebarundi n’u Rwanda

Menya ibyavuye mu Kiganiro n’Abanyamakuru: Perezida Kagame yagarutse ku mubano wa Sebarundi n’u Rwanda

RUSHYASHYA 27 Nov 2025
Aloys Ntiwiragabo ari mu bantu bahinduye Rouen indiri y’Interahamwe, Ingabire Victoire niho yaherewe amabwiriza ya nyuma mbere yuko aza mu Rwanda muri 2009

Aloys Ntiwiragabo ari mu bantu bahinduye Rouen indiri y’Interahamwe, Ingabire Victoire niho yaherewe amabwiriza ya nyuma mbere yuko aza mu Rwanda muri 2009

Ubwanditsi 28 Jul 2020
Brazaville : Abanyarwanda bakuriweho sitati y’ ubuhunzi barahigwa bufuni na buhoro

Brazaville : Abanyarwanda bakuriweho sitati y’ ubuhunzi barahigwa bufuni na buhoro

Ubwanditsi 06 Feb 2018
Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we

Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we

Ubwanditsi 04 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko
Mu Mahanga

Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Ibimenyetso  4 bikomeye  bipfobya Jenoside  Philippe  Mpayimana  ushaka  kuyobora u Rwanda yanditse mu gitabo cye  ‘RWANA, REGARD  DAVENIR’
ITOHOZA

Ibimenyetso 4 bikomeye bipfobya Jenoside Philippe Mpayimana ushaka kuyobora u Rwanda yanditse mu gitabo cye ‘RWANA, REGARD DAVENIR’

Ubwanditsi 07 Feb 2017
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo
Amakuru

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

RUSHYASHYA 07 Apr 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru