• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Amakipe azaserukira igihugu mu mikino yose yakuriwe inzira ku murima

Amakipe azaserukira igihugu mu mikino yose yakuriwe inzira ku murima

Editorial 09 Feb 2018 IMIKINO

Mu izina rya Leta y’ u Rwanda , Minisiteri ya siporo n’umuco (MINISPOC) yabwiye amakipe azaserukira u Rwanda mu mikino itandukanye ko muri uyu mwaka ngo kuko inkunga yari isanzwe iyatera itazaboneka kuko ngo mu isanduku y’iyi minisiteri nta mafaranga arimo.

Aya mafaranga yari asanzwe agenerwa amakipe azaserukira igihugu mu rwego rwo kuyashyigikira kugirango yitware neza.

Icyemezo cyo gukuraho inkunga ntikireba amakipe y’umupira w’amaguru gusa, kuko n’indi mikino na Volleyball, Basketball, Handball n’abandi bazaserukira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga, bose bazajya bimenya kuri buri kimwe.

Iki cyemezo cyatangajwe n’ Umuyobozi wa Siporo muri MINISPOC, Bugingo Emmanuel ubwo yavugaga ko n’ubusanzwe bajyaga batera inkunga amakipe bitewe n’ubushobozi buhari, none ntabwo.

Mu kiganiro na Kiss FM, yagize ati: “Inkunga tuyibatera bijyanye n’ubushobozi buhari none ubu nta buhari, ariko n’ubundi inkunga twabahaga wasangaga idahagije, bityo amakipe akimenya kuri bimwe na bimwe. Minsiteri ishinzwe amakipe y’igihugu gusa, ntabwo ishinzwe amakipe ku giti cyayo.”

Rayon Sports ni imwe mu makipe arebwa n’icyo cyemezo, ndetse yo na APR FC zigiye kubimburira andi makipe mu guserukira u Rwanda mu marushanwa nyafurika.

Ku ruhande rwa Rayon Sports , Umunyamabanga wayo Mukuru, Itangishaka Bernard ‘Kinga’ ,yagize ati: “Birasanzwe ibyo n’ubundi ikipe igiye gusohoka ni yo yimenya, ariko na none ibyo yinjije ntabwo Ministeri irebaho, ikipe ubwayo ni yo yimenya ikishyura ibyo yakoresheje byose ariko amafaranga yinjije aba ari ayayo.”

Akomeza avuga ko nta mpungenge na nkeya zihari z’uko bazananirwa gukina imikino runaka mu marushanwa nyafurika bagiye guserukiramo u Rwanda, kabone n’ubwo bazi neza ko Rayon Sports itihagije 100%.

Ati: “Birumvikana umuntu ntabwo aba afite amikoro ahagije ariko ntitwavuga ngo ntituzitabira iri rushanwa ariko nk’umuryango turicara tukareba icyakorwa.”

Mu mwaka wa 2017, ikipe ya APR FC yahagarariye u Rwanda muri CAF Champions League ikaba yaratewe inkunga ya Miliyoni 25 z’amafaranga y’u Rwanda, isezererwa rugikubita na Young Africans yo muri Tanzania.

Rayon Sports yakinnye CAF Confderation Cup na yo yari yahawe na MINISPOC amafaranga y’u Rwanda miliyoni 25, iza gusezererwa na Rivers United yo muri Nigeria mu ijonjora rya kabiri, ubwo bendaga kugera mu mikino y’amatsinda

2018-02-09
Editorial

IZINDI NKURU

Indirimbo ya Asnah yaba ivuga inkovu yasigiwe na Riderman

Indirimbo ya Asnah yaba ivuga inkovu yasigiwe na Riderman

Editorial 28 Jan 2016
Perezida Paul Kagame yifashishije umupira w’amaguru mu kwerekana uko amateka u Rwanda rwanyuzemo yatumye ruyavanamo amasomo atandukanye

Perezida Paul Kagame yifashishije umupira w’amaguru mu kwerekana uko amateka u Rwanda rwanyuzemo yatumye ruyavanamo amasomo atandukanye

Editorial 15 Mar 2023
Impera z’icyumweru zisize amakipe ahagaririye u Rwanda adahiriwe mu marushanwa atandukanye y’intoki ya BeachVolleyball , Volleyball ndetse na Basketball

Impera z’icyumweru zisize amakipe ahagaririye u Rwanda adahiriwe mu marushanwa atandukanye y’intoki ya BeachVolleyball , Volleyball ndetse na Basketball

Editorial 19 Jul 2021
Rayon Sports yemerewe gusinyisha abakinnyi bashya, yatsinze Musanze FC 4-1 ifata umwanya wa Kabiri

Rayon Sports yemerewe gusinyisha abakinnyi bashya, yatsinze Musanze FC 4-1 ifata umwanya wa Kabiri

Editorial 25 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urujijo ku gatsiko k’abasirikare yinjiye muri Congo bavuye ku butaka bw’u Burundi
HIRYA NO HINO

Urujijo ku gatsiko k’abasirikare yinjiye muri Congo bavuye ku butaka bw’u Burundi

Editorial 01 Nov 2018
Rurambikanye hagati Kayumba  n’umugore we Rosette
ITOHOZA

Rurambikanye hagati Kayumba n’umugore we Rosette

Editorial 11 Aug 2016
Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu
Amakuru

Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

Editorial 24 Sep 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru