• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi   |   07 Jun 2025

  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Amakipe azaserukira igihugu mu mikino yose yakuriwe inzira ku murima

Amakipe azaserukira igihugu mu mikino yose yakuriwe inzira ku murima

Editorial 09 Feb 2018 IMIKINO

Mu izina rya Leta y’ u Rwanda , Minisiteri ya siporo n’umuco (MINISPOC) yabwiye amakipe azaserukira u Rwanda mu mikino itandukanye ko muri uyu mwaka ngo kuko inkunga yari isanzwe iyatera itazaboneka kuko ngo mu isanduku y’iyi minisiteri nta mafaranga arimo.

Aya mafaranga yari asanzwe agenerwa amakipe azaserukira igihugu mu rwego rwo kuyashyigikira kugirango yitware neza.

Icyemezo cyo gukuraho inkunga ntikireba amakipe y’umupira w’amaguru gusa, kuko n’indi mikino na Volleyball, Basketball, Handball n’abandi bazaserukira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga, bose bazajya bimenya kuri buri kimwe.

Iki cyemezo cyatangajwe n’ Umuyobozi wa Siporo muri MINISPOC, Bugingo Emmanuel ubwo yavugaga ko n’ubusanzwe bajyaga batera inkunga amakipe bitewe n’ubushobozi buhari, none ntabwo.

Mu kiganiro na Kiss FM, yagize ati: “Inkunga tuyibatera bijyanye n’ubushobozi buhari none ubu nta buhari, ariko n’ubundi inkunga twabahaga wasangaga idahagije, bityo amakipe akimenya kuri bimwe na bimwe. Minsiteri ishinzwe amakipe y’igihugu gusa, ntabwo ishinzwe amakipe ku giti cyayo.”

Rayon Sports ni imwe mu makipe arebwa n’icyo cyemezo, ndetse yo na APR FC zigiye kubimburira andi makipe mu guserukira u Rwanda mu marushanwa nyafurika.

Ku ruhande rwa Rayon Sports , Umunyamabanga wayo Mukuru, Itangishaka Bernard ‘Kinga’ ,yagize ati: “Birasanzwe ibyo n’ubundi ikipe igiye gusohoka ni yo yimenya, ariko na none ibyo yinjije ntabwo Ministeri irebaho, ikipe ubwayo ni yo yimenya ikishyura ibyo yakoresheje byose ariko amafaranga yinjije aba ari ayayo.”

Akomeza avuga ko nta mpungenge na nkeya zihari z’uko bazananirwa gukina imikino runaka mu marushanwa nyafurika bagiye guserukiramo u Rwanda, kabone n’ubwo bazi neza ko Rayon Sports itihagije 100%.

Ati: “Birumvikana umuntu ntabwo aba afite amikoro ahagije ariko ntitwavuga ngo ntituzitabira iri rushanwa ariko nk’umuryango turicara tukareba icyakorwa.”

Mu mwaka wa 2017, ikipe ya APR FC yahagarariye u Rwanda muri CAF Champions League ikaba yaratewe inkunga ya Miliyoni 25 z’amafaranga y’u Rwanda, isezererwa rugikubita na Young Africans yo muri Tanzania.

Rayon Sports yakinnye CAF Confderation Cup na yo yari yahawe na MINISPOC amafaranga y’u Rwanda miliyoni 25, iza gusezererwa na Rivers United yo muri Nigeria mu ijonjora rya kabiri, ubwo bendaga kugera mu mikino y’amatsinda

2018-02-09
Editorial

IZINDI NKURU

Umugabo wa Celine Dion yapfuye

Umugabo wa Celine Dion yapfuye

Editorial 15 Jan 2016
Eddy Kenzo yakoreye indirimbo umukobwa bahuriye i Kigali

Eddy Kenzo yakoreye indirimbo umukobwa bahuriye i Kigali

Editorial 06 Jan 2016
Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Editorial 12 Feb 2024
Agashya mu mikino Olympic: Umukobwa ukinira ikipe ya Brazil yasabwe numukobwa bakundana ko yazamubera umugore hagati mu kibuga nyuma yaho bari bamaze gutsindwa

Agashya mu mikino Olympic: Umukobwa ukinira ikipe ya Brazil yasabwe numukobwa bakundana ko yazamubera umugore hagati mu kibuga nyuma yaho bari bamaze gutsindwa

Editorial 09 Aug 2016
Umugabo wa Celine Dion yapfuye

Umugabo wa Celine Dion yapfuye

Editorial 15 Jan 2016
Eddy Kenzo yakoreye indirimbo umukobwa bahuriye i Kigali

Eddy Kenzo yakoreye indirimbo umukobwa bahuriye i Kigali

Editorial 06 Jan 2016
Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Editorial 12 Feb 2024
Agashya mu mikino Olympic: Umukobwa ukinira ikipe ya Brazil yasabwe numukobwa bakundana ko yazamubera umugore hagati mu kibuga nyuma yaho bari bamaze gutsindwa

Agashya mu mikino Olympic: Umukobwa ukinira ikipe ya Brazil yasabwe numukobwa bakundana ko yazamubera umugore hagati mu kibuga nyuma yaho bari bamaze gutsindwa

Editorial 09 Aug 2016
Umugabo wa Celine Dion yapfuye

Umugabo wa Celine Dion yapfuye

Editorial 15 Jan 2016
Eddy Kenzo yakoreye indirimbo umukobwa bahuriye i Kigali

Eddy Kenzo yakoreye indirimbo umukobwa bahuriye i Kigali

Editorial 06 Jan 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru