• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Polisi yahagarikiwe ibiryo kubera kutishyura abayigemurira kuva muri 2015

Uganda: Polisi yahagarikiwe ibiryo kubera kutishyura abayigemurira kuva muri 2015

Ubwanditsi 01 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Bitewe n’umwenda ugera kuri miliyari Shs 33 Polisi ya Uganda itishyuye abayigemuriraga ibiribwa guhera muri 2015, ibigo byayigemuriraga ibiribwa byafashe umwanzuro wo guhagarika amasezerano bari bafitanye.

Ibyo biribwa birimo ibishyimbo n’isukari. Igipolisi ngo nticyishyura uko bikwiye kubera ko kiri mu bibazo by’ubukene bukabije.

Umuyobozi wa Polisi ya Uganda, General Kale Kayihura, yasabye Minisitiri w’Umutekano, Gen Jeje Odong ko yabasabira Guverinoma ikabishyurira amadeni bafite agera kuri miliyari 125.9 z’ama-shilling.

Nkuko byatangajwe n’ikinyamakuru Daily Monitor, igipolisi cya Uganda ngo kiri mu bihe bikomeye by’amikoro, ku buryo ibikorwa bimwe na bimwe birarimo gukorwa uko bikwiye.

Umuyobozi wa Polisi ya Uganda Gen Kayihura yavuze ko bari gushaka uburyo bakwihaza mu biribwa, bagatangira umushinga wo guhinga ibyo barya.

Yagize ati “Nk’urugero dufata amadeni mu kugura ibiribwa. Tugomba kugira uburyo bwo guhinga ibiribwa byacu nk’uko za gereza zibikora ariko tukagira n’ibindi bikorwa bitwinjiriza amafaranga.”

Nyuma yo guhagarika kugemurira ibiribwa Polisi ya Uganda, abacuruzi batangaje ko nibatishyurwa mu kwezi kumwe bazitabaza Inteko Ishinga Amategeko bishyurwe bwangu, kuko bagiranye inama nyinshi n’ubuyobozi bwa Polisi ariko ibyemejwe ntibyubahirizwe.

Polisi ya Uganda ifite imyenda irebana na fagitire z’amashanyarazi, amazi, ibiribwa, amavuta y’imodoka udasize ibiribwa, kandi iryo deni ryagiye rizamuka cyane guhera mu 2010. Mu 2013 byabarwaga ko ideni rya Polisi ringana na miliyari 38.4, ariko muri Mutarama 2018 ryamaze kwikuba hafi inshuro enye kuko rigeze kuri miliyari 125.9 z’ama- Shilling.

Minisiteri y’Imari muri Uganda iheruka gutanga amabwiriza ku nzego zose ko zakora ibishoboka byose zikishyura amadeni, aho nibura buri gihembwe hatangwa miliyari 10 z’ama- Shilling agenewe kwishyura imyenda. Gusa ngo mbere y’uko igihembwe kirangira haba hafashwe amadeni atagira ingano.

Minisitiri Odong ku wa Mbere yemeje ko afitanye inama na Minisitiri w’Imari muri Uganda, Matia Kasaija, ngo harebwe uburyo igipolisi cya Uganda cyafashwa.

 

2018-03-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Denmark: Urukiko rwemeje ko Twagirayezu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda

Denmark: Urukiko rwemeje ko Twagirayezu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru

Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru

Ubwanditsi 22 Feb 2020
Tshisekedi na Kamerhe bishyize hamwe mu rugamba rwo guhatanira gusimbura Perezida Kabila

Tshisekedi na Kamerhe bishyize hamwe mu rugamba rwo guhatanira gusimbura Perezida Kabila

Ubwanditsi 26 Nov 2018
M23 ibateje umwiryane: Umuriro watse hagati ya Perezida Tshisekedi na Minisitiri we w’Ingabo Guy Muadiamvita.

M23 ibateje umwiryane: Umuriro watse hagati ya Perezida Tshisekedi na Minisitiri we w’Ingabo Guy Muadiamvita.

Ubwanditsi 26 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC yongeye kugaragaza ko itifuza ingabo za Loni ku butaka bwayo
POLITIKI

RDC yongeye kugaragaza ko itifuza ingabo za Loni ku butaka bwayo

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Congo Brazzaville: Perezida Kagame asanga Afurika itatera imbere abaturage batagenderana
INKURU NYAMUKURU

Congo Brazzaville: Perezida Kagame asanga Afurika itatera imbere abaturage batagenderana

Ubwanditsi 11 Sep 2019
Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni
IKORANABUHANGA

Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Ubwanditsi 16 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru