• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Cpl Aime Hirwa, ukomoka mu Rwanda, umwe mu Masura ya Division ya 5 y’Igisirikare cya Canada

Cpl Aime Hirwa, ukomoka mu Rwanda, umwe mu Masura ya Division ya 5 y’Igisirikare cya Canada

Editorial 13 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda ubarizwa mu gisirikare cya Canada Aimé Hirwa, Umunyakanada w’imyaka 22 ufite inkomoko mu Rwanda, yamaze kuba umwe mu bagize batayo ya 1 The Royal Newfoundland Regiment y’igisirikare cya Canada, ifite ibirindiro ahitwa St John’s. Uyu musore wasinye amasezerano y’imyaka 4 mu gisirikare, akaba aherutse gutoranwa nk’umwe mu Masura ya Division ya 5 y’Igisirikare cya Canada (Faces of the 5th Canadian Division)

Cpl Aime Hirwa avuga ko kuba mu gisirikare cya Canada bimuha amahirwe yo kuba nawe yaba umwe mu bagize ikintu gifite icyo gisobanuye kandi kimuruta, aho yumva nawe afite aho abarizwa.

Mu kiganiro yahaye itangazamakuru ryo muri Canada, Aime Hirwa, yavuze ko kuba umusirikare bimuha amahirwe yo gusubiza amaso inyuma akareba ibyagezweho akareba igikwiriye gukorwa kugirango sosiyete irusheho kubaho neza ibayeho, “aho tutareka ngo ibyo dutandukaniyeho bidutanye”

Hirwa yavukiye I Kigali mu 1996, nyuma y’imyaka 2 gusa Jenoside yakorewe Abatutsi irangiye, aho yahitanye abantu basaga miliyoni barimo abo mu muryango wa Hirwa, kuko ari bwo sekuru na nyirasenge bishwe se umubyara, Philippe Basabose akabasha guhungira mu Burundi ku bw’ibitangaza nk’uko The Telegram.com dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Se wa Hirwa yagarutse mu Rwanda jenoside irangiye, Hirwa amara igihe kinini cy’ubwana bwe mu Rwanda, aho yibuka ko u Rwanda yakuriyemo rwari igihugu cy’amahoro kiri muri gahunda z’ubwiyunge mu gihugu hose kigerageza kwigira ku byahise kugirango bitazasubira.

Basabose ubu akuriye ishami ry’Indimi zigezweho, ubuvanganzo n’imico muri Kaminuza y’Urwibutso (Memorial University), akaba yaravuye mu Rwanda amaze gusoza amasomo ya kaminuza mu rurimi rw’Igifaransa n’Ubuvanganzo. Yageze muri Canada mu 1999 agiye gukomeza icyiciro cya master, agakomeza doctorat muri Kaminuza ya Western Ontario.

Hirwa uvuga ko ababyeyi be ari bo kitegererezo kuri we kubera ukuntu birwanyeho kugirango bamurere n’abavandimwe be baharanira ko bagira uburere n’ubuzima biruta ibyo baciyemo, avuga ko ajya kujya mu gisirikare yumvise ari ikintu cy’ingenzi abanyeshuri bagomba gucamo.

 Yagerageje kwiyandikisha ari mu mwaka wa mbere muri Memorial University ariko ntibyamukundira kuko nta bwenegihugu bwa Canada yari yakabonye. Byabaye ngombwa ko ategereza amaze kubona ubwenegihugu asubira kwiyandikisha, ise aramuherekeza.

Ise umubyara agira ati: “Ubwo yambwiraga ko agiye kujya mu gisirikare, kandi yari muto afite imyaka 16, ikintu cya mbere natekereje cyari, Oh, kubera iki igisirikare? Kuki utajya kuri kaminuza ngo ukurikire amasomo yawe? Maze arambwira, Oya, nshobora kubikora byose. Ubwo ndavuga, niba ibyo ari byo ushaka komeza ugerageze.”

Nyuma y’aho ariko ngo se amaze kubona ukuntu yari yiyemeje, yahise avuga ko ahisemo neza. Uyu mubyeyi akaba avuga ko ibyo yaciyemo mu ntambara byamufashije kumva ukuntu byari ingenzi kujya mu gisirikare.

Ati: “Ku giti cyanjye ibyo naciyemo mu Rwanda mu 1994, by’umwihariko, mu gihe cya jenoside, na nyuma yahoo, n’ukuntu Umuryango Mpuzamahanga ntacyo wakoze-ibyatubayeho, byatumye mbona igisobanuro cyo kujya mu gisirikare”.

Cpl Aime Hirwa uvuga ko nubwo yinjiraga mu gisirikare inkomoko ye (U Rwanda) atari yo yari ashyize imbere mu bitekerezo bye, ariko ngo iyo yumvise ibikorwa byo kubungabunga amahoro u Rwanda rubamo, agakubita ku byo ubmuryango we wanyuzemo, yumva nawe arushijeho kumva yaba mu bikorwa byo kubungabunga amahoro.

Ati: “Niyo mpamvu bamwe muri twe binjira igisirikare, ni ukugerageza gukora ikintu kubw’impinduka, kandi icyo ni ikintu kiri ku rutonde rw’ibyo ngomba gukora nta kabuza.”

Basabose nawe akavuga ko yishimira umuhungu we ndetse akamushyigikira avuga ko niba ashobora gukora itandukanirizo mu nzira iyo ari yo yose yo gufasha uwo ari we wese uburenganzira bwe bwaba buhonyorwa, byaba ari nk’igisubizo kuri we ku byo yanyuzemo.

 

2018-03-13
Editorial

IZINDI NKURU

 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Editorial 05 Dec 2022
Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru

Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru

Editorial 11 Jun 2025
Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina

Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina

Editorial 30 Dec 2019
Umudepite wo muri Uganda yabwiye igihugu cye kwirukana abo muri RNC

Umudepite wo muri Uganda yabwiye igihugu cye kwirukana abo muri RNC

Editorial 29 Aug 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Ntareyakanwa
    April 13, 20184:26 pm -

    Ariko kuki abanyarwanda bajya mu bisilikari byo hanze batajya baba ba officer kdi byitwako baba barize bakanaminuza?

    ese kuba wawaka hanze nibyo bihabwa abirabura cg abavamahanga bakomoka muri afrika?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

83 bitandukanyije na FDLR barimo n’umujenerali basubijwe mu buzima busanzwe
Mu Rwanda

83 bitandukanyije na FDLR barimo n’umujenerali basubijwe mu buzima busanzwe

Editorial 10 Jul 2017
Ku Rwibutso rwa Rebero Hashyinguye  Inzirakarengane z’Abanyapolitiki bishwe muri Jenoside, Menya byinshi n’Impamvu hongeweho n’abandi
Amakuru

Ku Rwibutso rwa Rebero Hashyinguye Inzirakarengane z’Abanyapolitiki bishwe muri Jenoside, Menya byinshi n’Impamvu hongeweho n’abandi

Editorial 13 Apr 2025
Polisi y’u Rwanda yashyizeho Umutoza mushya w’Ikipe yayo  y’umupira w’amaguru (Police FC)
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yashyizeho Umutoza mushya w’Ikipe yayo y’umupira w’amaguru (Police FC)

Editorial 15 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru