• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Cpl Aime Hirwa, ukomoka mu Rwanda, umwe mu Masura ya Division ya 5 y’Igisirikare cya Canada

Cpl Aime Hirwa, ukomoka mu Rwanda, umwe mu Masura ya Division ya 5 y’Igisirikare cya Canada

Ubwanditsi 13 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda ubarizwa mu gisirikare cya Canada Aimé Hirwa, Umunyakanada w’imyaka 22 ufite inkomoko mu Rwanda, yamaze kuba umwe mu bagize batayo ya 1 The Royal Newfoundland Regiment y’igisirikare cya Canada, ifite ibirindiro ahitwa St John’s. Uyu musore wasinye amasezerano y’imyaka 4 mu gisirikare, akaba aherutse gutoranwa nk’umwe mu Masura ya Division ya 5 y’Igisirikare cya Canada (Faces of the 5th Canadian Division)

Cpl Aime Hirwa avuga ko kuba mu gisirikare cya Canada bimuha amahirwe yo kuba nawe yaba umwe mu bagize ikintu gifite icyo gisobanuye kandi kimuruta, aho yumva nawe afite aho abarizwa.

Mu kiganiro yahaye itangazamakuru ryo muri Canada, Aime Hirwa, yavuze ko kuba umusirikare bimuha amahirwe yo gusubiza amaso inyuma akareba ibyagezweho akareba igikwiriye gukorwa kugirango sosiyete irusheho kubaho neza ibayeho, “aho tutareka ngo ibyo dutandukaniyeho bidutanye”

Hirwa yavukiye I Kigali mu 1996, nyuma y’imyaka 2 gusa Jenoside yakorewe Abatutsi irangiye, aho yahitanye abantu basaga miliyoni barimo abo mu muryango wa Hirwa, kuko ari bwo sekuru na nyirasenge bishwe se umubyara, Philippe Basabose akabasha guhungira mu Burundi ku bw’ibitangaza nk’uko The Telegram.com dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Se wa Hirwa yagarutse mu Rwanda jenoside irangiye, Hirwa amara igihe kinini cy’ubwana bwe mu Rwanda, aho yibuka ko u Rwanda yakuriyemo rwari igihugu cy’amahoro kiri muri gahunda z’ubwiyunge mu gihugu hose kigerageza kwigira ku byahise kugirango bitazasubira.

Basabose ubu akuriye ishami ry’Indimi zigezweho, ubuvanganzo n’imico muri Kaminuza y’Urwibutso (Memorial University), akaba yaravuye mu Rwanda amaze gusoza amasomo ya kaminuza mu rurimi rw’Igifaransa n’Ubuvanganzo. Yageze muri Canada mu 1999 agiye gukomeza icyiciro cya master, agakomeza doctorat muri Kaminuza ya Western Ontario.

Hirwa uvuga ko ababyeyi be ari bo kitegererezo kuri we kubera ukuntu birwanyeho kugirango bamurere n’abavandimwe be baharanira ko bagira uburere n’ubuzima biruta ibyo baciyemo, avuga ko ajya kujya mu gisirikare yumvise ari ikintu cy’ingenzi abanyeshuri bagomba gucamo.

 Yagerageje kwiyandikisha ari mu mwaka wa mbere muri Memorial University ariko ntibyamukundira kuko nta bwenegihugu bwa Canada yari yakabonye. Byabaye ngombwa ko ategereza amaze kubona ubwenegihugu asubira kwiyandikisha, ise aramuherekeza.

Ise umubyara agira ati: “Ubwo yambwiraga ko agiye kujya mu gisirikare, kandi yari muto afite imyaka 16, ikintu cya mbere natekereje cyari, Oh, kubera iki igisirikare? Kuki utajya kuri kaminuza ngo ukurikire amasomo yawe? Maze arambwira, Oya, nshobora kubikora byose. Ubwo ndavuga, niba ibyo ari byo ushaka komeza ugerageze.”

Nyuma y’aho ariko ngo se amaze kubona ukuntu yari yiyemeje, yahise avuga ko ahisemo neza. Uyu mubyeyi akaba avuga ko ibyo yaciyemo mu ntambara byamufashije kumva ukuntu byari ingenzi kujya mu gisirikare.

Ati: “Ku giti cyanjye ibyo naciyemo mu Rwanda mu 1994, by’umwihariko, mu gihe cya jenoside, na nyuma yahoo, n’ukuntu Umuryango Mpuzamahanga ntacyo wakoze-ibyatubayeho, byatumye mbona igisobanuro cyo kujya mu gisirikare”.

Cpl Aime Hirwa uvuga ko nubwo yinjiraga mu gisirikare inkomoko ye (U Rwanda) atari yo yari ashyize imbere mu bitekerezo bye, ariko ngo iyo yumvise ibikorwa byo kubungabunga amahoro u Rwanda rubamo, agakubita ku byo ubmuryango we wanyuzemo, yumva nawe arushijeho kumva yaba mu bikorwa byo kubungabunga amahoro.

Ati: “Niyo mpamvu bamwe muri twe binjira igisirikare, ni ukugerageza gukora ikintu kubw’impinduka, kandi icyo ni ikintu kiri ku rutonde rw’ibyo ngomba gukora nta kabuza.”

Basabose nawe akavuga ko yishimira umuhungu we ndetse akamushyigikira avuga ko niba ashobora gukora itandukanirizo mu nzira iyo ari yo yose yo gufasha uwo ari we wese uburenganzira bwe bwaba buhonyorwa, byaba ari nk’igisubizo kuri we ku byo yanyuzemo.

 

2018-03-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Ubwanditsi 03 May 2023
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Seychelles

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Seychelles

Ubwanditsi 13 Aug 2018
Abantu baricwa mu Burundi, bapfira mu maboko y’abasirikare, abapolisi n’Imbonerakure- Claver Mbonimpa

Abantu baricwa mu Burundi, bapfira mu maboko y’abasirikare, abapolisi n’Imbonerakure- Claver Mbonimpa

Ubwanditsi 07 Feb 2018
 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ubwanditsi 05 Dec 2022

Igitekerezo kimwe

  1. Ntareyakanwa
    April 13, 20184:26 pm -

    Ariko kuki abanyarwanda bajya mu bisilikari byo hanze batajya baba ba officer kdi byitwako baba barize bakanaminuza?

    ese kuba wawaka hanze nibyo bihabwa abirabura cg abavamahanga bakomoka muri afrika?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibibazo bibazwa Padiri Thomas Nahimana uzagera mu Rwanda kuri uyu  wa Gatatu
ITOHOZA

Ibibazo bibazwa Padiri Thomas Nahimana uzagera mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu

Ubwanditsi 23 Nov 2016
Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!
Amakuru

Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Ubwanditsi 30 Jun 2021
Sudani y’Epfo: CP Munyambo yashimye imikorere y’Abapolisi b’u Rwanda bakorera Malakal
Mu Mahanga

Sudani y’Epfo: CP Munyambo yashimye imikorere y’Abapolisi b’u Rwanda bakorera Malakal

Ubwanditsi 19 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru