• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Amnesty International yamaganye ibyo kohereza mu bindi bihugu, abimukira bazaturuka muri Israel

Amnesty International yamaganye ibyo kohereza mu bindi bihugu, abimukira bazaturuka muri Israel

Editorial 01 Apr 2018 Mu Mahanga

Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (Amnesty International) watangaje ko guha ibihugu byo ku mugabane wa Afurika abimukira bazaturuka muri Israel, bitubahirije amategeko mpuzamaganga.

Amnesty yabitangaje ibi mu gihe urukiko rw’ikirenga rwo muri Israel rurimo gusuzuma icyemezo cyo kohereza impunzi z’Abanyafurika basaga ibihumbi 40, byari bitegenyijwe ko gitangira kuri uyu wa 1 Mata 2018.

Nk’uko tubikesha inkuru ya The Eastafrican, itangazo rya Amnesty International rigira riti “Amasezerano hagati ya Israel n’ibihugu bya Afurika anyuranyije n’amategeko mpuzamahanga, nkuko bitemewe kwimura impunzi zitabyishyakiye. Ntibyemewe kwimurira umuntu ahantu ashobora guhura n’ibibazo birimo gucirwa urubanza cyangwa ahantu ashobora guhungabanyirizwa uburenganzira cyangwa aho atarindwa nyuma yo koherezwa.”

U Rwanda na Uganda ni bimwe mu bihugu byakunze kuvugwa ko bishobora kwakira abo bimukira ariko bikabihakana.

By’umwihariko, mu ntangiriro z’uyu mwaka, u Rwanda rwemeje ko nta gahunda ifatika ihari yo kubakira kuko nta masezerano ayo ari yo yose cyangwa ibiganiro impande zombi zirimo kugirana kuri iyi ngingo.

Ku ruhande rwa Uganda na yo bivugwa ko izakira abimukira bazirukanwa na Israel, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga, Henry Okello Oryem, yabwiye Reuters ko nta masezerano iki gihugu gifitanye na Israel yerekeye icyo gikorwa.

Umuyobozi muri Amnesty ushinzwe ishami ry’ubuvugizi n’ubushakashatsi mu Burengerazuba bwo hagati, Philip Luther, avuga ko kurekera abimukira muri Israel cyangwa kubimurira mu kindi gihugu kitagaragaza uko bazafashwa bishobora kubangamira uburenganzira bwabo.

Yagize “Iyo Politiki yashyira impunzi mu kaga gakomeye kuko bashobora kuzasubizwa mu bihugu baturutsemo.”

Amnesty n’indi miryango irengera impunzi iri gushyira igitutu kuri Guverinoma ya Israel iyisaba gukomeza gucumbikira izo mpunzi ariko Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yavuze ko Abanyafurika bagiye koherezwa mu bihugu bibashaka atari ubuhungiro bakayo.

Gusa mu cyumweru gishize, impunzi zirenga 25,000 zituruka muri Sudani na Eritrea zakoze imyigaragambyo zamagana icyemezo cyo gukurwa muri Israel.

Amnesty International ivuga ko Israel yateganyije gushishikariza impunzi koherezwa muri Afurika, izemeye zigategerwa indege ndetse zigahabwa amadolari 3,500 ariko impunzi zikagaragaza impungenge ko zishobora gufungwa cyangwa zikimwa uburenganzira n’ibindi bigenerwa impunzi birimo kurindwa.

2018-04-01
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida wa Benin, Patrice Talon yavuze ko u Rwanda rwamenyekanye  kubera ubuyobozi bwiza

Perezida wa Benin, Patrice Talon yavuze ko u Rwanda rwamenyekanye kubera ubuyobozi bwiza

Editorial 30 Aug 2016
Urugendo rugoye rwo kugeza imbere y’ubutabera umwicanyi Vincent Murekezi,wari utunze intwaro mu gihugu cya Malawi anashyigikiwe n’abategetsi bo muri icyo gihugu

Urugendo rugoye rwo kugeza imbere y’ubutabera umwicanyi Vincent Murekezi,wari utunze intwaro mu gihugu cya Malawi anashyigikiwe n’abategetsi bo muri icyo gihugu

Editorial 12 May 2023
Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Editorial 11 Sep 2024
Perezida Kagame na Magufuli bacanye urumuri rw’icyizere ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Perezida Kagame na Magufuli bacanye urumuri rw’icyizere ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Editorial 10 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame na Nkurunziza w’u Burundi bagiye guhurira i Bukavu
POLITIKI

Perezida Kagame na Nkurunziza w’u Burundi bagiye guhurira i Bukavu

Editorial 07 Oct 2019
Rooney yujuje imikino 120 mu ikipe y’u Bwongereza asezera mu marira menshi
IMIKINO

Rooney yujuje imikino 120 mu ikipe y’u Bwongereza asezera mu marira menshi

Editorial 17 Nov 2018
Ntaganda Bernard na Ingabire Victoire bahanganye na “Padiri” Thomas Nahimana ngo ubahatira kumushyigikira muri politiki ye y’ ubuswa n’ubusazi.
Amakuru

Ntaganda Bernard na Ingabire Victoire bahanganye na “Padiri” Thomas Nahimana ngo ubahatira kumushyigikira muri politiki ye y’ ubuswa n’ubusazi.

Editorial 03 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru