• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Umuhanzikazi w’ikimero n’uburanga yatunguye benshi muri Jazz Junction

Umuhanzikazi w’ikimero n’uburanga yatunguye benshi muri Jazz Junction

Editorial 01 Apr 2018 HIRYA NO HINO

Umuhanzikazi Phyllisia Ross wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika usanzwe azwiho kugira uburanga n’ubuhanga budasanzwe biturutse ku ijwi rye ,yataramiye ab’I Kigali mu gitaramo ngaruka kwezi kizwi nka Kigali Jazz Junction, aho benshi barimo abatari bamuzi ndetse n’abari basanzwe bamubona mu mashusho y’indirimbo bataramubona amaso ku maso

Mu ijoro ryo kuwa Gatanu tariki 30 Werurwe 2018, muri Kigali Serena Hotel niho habereye iki gitaramo gisanzwe cyitabirwa akenshi n’abahanzi b’abahanga mu gucuranga no kuririmba umuziki mu buryo bw’umwimerere ‘Live’.

Jazz Junction yo muri iri joro yari ibaye ku nshuro ya gatatu muri uyu mwaka wa 2018, dore ko isanzwe ari igitaramo ngaruka kwezi akenshi kiba mu Cyumweru cya nyuma cy’ukwezi. Mu bitabiriye iki gitaramo harimo uyu muhanzikazi ufite inkomoko mu gihugu cya Haiti ariko akaba ari Umunye-Amerika, Phyllisia Ross, yari kumwe na King James wa hano mu Rwanda ndetse n’itsinda rya Neptnuz Band.

Iki gitaramo cyatangiye nyuma gato y’amasaha yari ateganyijwe dore ko isaa mbiri zageze abantu bataragera aho cyagombaga kubera ku mpamvu z’imvura yaguye mu masaha y’umugoroba.

Ahagana ku isaha ya saa tatu nibwo Itsinda rya Neptnuz Band niryo ryabanje gususurutsa abitabiriye iki gitaramo nyuma baza kuvaho hajyaho umuhanzi King James nawe aririmba indirimbo ze zitandukanye.

King James wavuze ko yaje muri iki gitaramo arwaye inkorora n’ibicurane yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze zirimo; Parapara, Ganyobwen’izindi ari nako abari bitabiriye iki gitaramo bamufashaga kuziririmba ananyuzamo akajya mu bafana kubyinana nabo.

Ahagana saa tanu n’miminota mike nibwo uyu muhanzikazi w’ikimero n’uburanga buhebuje yageze ku rubyiniro abifashijwemo n’itsinda Neptunz Band ryamufashaga kuririmba maze atangira ku ndirimbo ye yitwa ‘Konsa’, ni indirimbo wabonaga benshi batazi kuririmba ariko yagerageje kubasaba kujya basubiramo ijambo ‘Konsa’ maze benshi baramwumvira bamufasha kuririmba.

Mu gihe kingana hafi n’isaha yose yamaze ku rubyiniro, umuhanzikazi Phyllisia Ross, yakomeje aririmba indirimbo ze zirimo ‘ ME&U, Only for you, Can’t Resist, One, n’izindi nyinshi zo mu bwoko bwa Zouk, Pp R&B, ndetse akavangamo na Reggae.

Uyu muhanzikazi usanzwe afite inkomoko mu gihugu cya Haiti ni umuhanga mu gucuranga Piano nk’uko yabigaragazaga ku rubyiniro dore ko ngo yatangiye gucuranga piano afite imyaka itatu gusa y’amavuko, yakomeje aririmba indirimbo yagiye akorana n’abahanzi batandukanye nka Unconditionnal love yakoranye na Jah Cure, Sunshine yakoranye na Ne-Yo, I’m Tired yakoranye na Flo Rida, Ma vie Sans Toi yakoranye na Marvin. 

 

2018-04-01
Editorial

IZINDI NKURU

Urutonde rw’imigi 10 yoroshye n’10 igoye kuyibamo ku isi muri uyu mwaka wa 2018

Urutonde rw’imigi 10 yoroshye n’10 igoye kuyibamo ku isi muri uyu mwaka wa 2018

Editorial 15 Aug 2018
Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Editorial 09 Aug 2019
Polisi y’u Rwanda irashima uko abaturage bitwaye mu minsi mikuru

Polisi y’u Rwanda irashima uko abaturage bitwaye mu minsi mikuru

Editorial 03 Jan 2018
Ubuhamya bwa Ange  wonkejwe, akanarerwa n’uwamutoye muri Jenoside

Ubuhamya bwa Ange wonkejwe, akanarerwa n’uwamutoye muri Jenoside

Editorial 16 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gicumbi: Abari abakozi b’akarere 3 bakatiwe igifungo cy’imyaka 6
Mu Rwanda

Gicumbi: Abari abakozi b’akarere 3 bakatiwe igifungo cy’imyaka 6

Editorial 16 Mar 2018
U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi
UBUKUNGU

U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Editorial 17 Oct 2018
Umubano hagati ya Adeline Rwigara, Col Sagatwa, Col. Rwagafirita n’umucuruzi Nzabarinda Xavier
ITOHOZA

Umubano hagati ya Adeline Rwigara, Col Sagatwa, Col. Rwagafirita n’umucuruzi Nzabarinda Xavier

Editorial 14 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru