• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose

Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose

Editorial 04 Apr 2018 POLITIKI

Abahanga mu bya politiki basobanura ko ku Isi habaho uburyo bw’imitegekere butandukanye bitewe n’amahitamo n’imico by’abatuye ibihugu. Ubuzwi cyane ni ubwa cyami (monarch), Perezida (presidential system) ndetse n’ubw’Inteko Ishinga Amategeko (Parliamentary system).

Ubutegetsi bwa cyami buyoborwa n’Umwami afite ububasha n’ubudahangarwa ntakorwaho kandi ubutegetsi akaburaga uwo ashatse mu bamukomokaho. Bitandukanye no ku bwa Perezida kuko we atorwa akagira manda ariko amategeko akamuha ububasha bwinshi bwo gufata imyanzuro n’ibyemezo bikomeye kandi ntavuguruzwe.

Ubutegetsi bw’Inteko Ishinga Amategeko akenshi bukunze kuba mu bihugu bifite umwami uganje, aho umwami cyangwa Perezida aba ari umunyacyubahiro gusa ariko ibyemezo bigafatwa na Minisitiri w’Intebe utorwa n’Inteko Ishinga Amategeko ndetse akenshi aba na we ari umwe mu bayigize. Iyo nteko ni nayo igira ububasha bwo kumukuraho cyangwa gukuraho Guverinoma.

Mu mpera z’ikinyejana cya 20 nibwo hadutse ubundi buryo bw’imitegekere butari bumenyerewe, aho Perezida ahabwa ububasha ariko akabusangira n’Inteko Ishinga Amategeko ibizwi nka ‘Semi-Presidential’.

Iyi mitegekere ni nayo ikoreshwa mu Rwanda hashingiwe ku Itegeko Nshinga ryatowe mu 2003 rikavugururwa mu mwaka wa 2015.

Ubwo Senateri Rutaremara yari mu nama nyunguranabitekerezo ku ‘Ntekerezo ya Politiki ya Demokarasi y’u Rwanda’ yateguwe n’Ihuriro ry’imitwe ya Politiki mu Rwanda, yasobanuye imvano y’imitegekere u Rwanda rugenderaho itemerera Perezida wa Repubulika kugira ububasha bwose.

Senateri Rutaremara umwe mu bagize uruhare rukomeye mu itegurwa ry’Itegeko Nshinga ryo mu 2003, yavuze ko ubwo bateguraga umushinga waryo, abaturage basabye ko Perezida adahabwa ububasha bwinshi.

Yagize ati “Twagendaga mu baturage tubereka aho Perezida aba ari hariya agafata byose ntagire undi ubimubuza, mugategereza ko azavuguruzwa ari uko bamukuyeho cyangwa ari uko adatowe.”

Yakomeje agira ati “Baravuze rero bati ‘Perezida nubwo tumukunze ari hariya, hakwiye umubwira ati ‘nyamuneka habeho ubugenzuzi’. Abanyarwanda bose aho twanyuze 95 % nibyo batoranyaga.”

Senateri Rutaremara yavuze ko uburyo bw’imitegekere bwagize amajwi make ari ubw’Inteko Ishinga Amategeko (Parliamentary System).

Avuga ko impamvu abanyarwanda batifuzaga kuyoborwa na Perezida ufite ububasha bwose, ari ibyo bari bamaze kubona mu 1994 muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bahamya ko byaturutse ku buyobozi bufite ububasha bwose, ntawe ubugira inama cyangwa ngo abuvuguruze.

Mu buryo bw’imiyoborere ishingiye kuri Perezida, ni we uba ufite ububasha bwinshi. Agira ububasha bwo gutanga ibitekerezo by’imirongo ngenderwaho. Ni we muyobozi mukuru w’ubutegetsi nyubahirizategeko. Inteko Ishinga Amategeko nta bubasha iba ifite ku biri gukorwa n’ubutegetsi nyubahirizategeko.

Mu Rwanda, Perezida agira ububasha agenerwa n’Itegeko Nshinga ariko akagira nubwo rimutegeka kubanza kubaza abandi bayobozi cyangwa Inteko Ishinga Amategeko ikaba yafata icyemezo kimuvuguruza.

Urugero Itegeko Nshinga riha ububasha Perezida bwo gushyiraho Minisitiri w’Intebe na Guverinoma no kuba yabakuraho ariko Inteko nayo ifite ububasha bwo kugenzura ibikorwa bya Guverinoma. Inafite ububasha bwo gutakariza icyizere Minisitiri w’Intebe na Guverinoma ye.

Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi yemerewe gutanga uruhushya rwo kurega Perezida mu Rukiko rw’Ikirenga binyuze mu matora y’abagize Inteko ku bwiganze bwa bibiri bya gatatu bya buri mutwe, igihe akekwaho kugambanira igihugu cyangwa kwica bikomeye kandi nkana Itegeko Nshinga.

Perezida ni we usinya ku mategeko yatowe n’abadepite akaba yanabasubiza ayo abona atanoze bakayagorora ariko bafite ububasha bwo kongera kuyatora gutyo kandi akayasinya.

Perezida ashobora gusesa Umutwe w’abadepite ku mpamvu z’ibibazo bikomereye igihugu ariko ntashobora kubikora kabiri muri manda imwe. Nta bubasha na buke afite bwo gusesa Sena.

2018-04-04
Editorial

IZINDI NKURU

Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Editorial 11 Feb 2025
FDLR n’uwayiha Akarere ntacyo yakwimarira, icyo ishoboye ni ugucukura amajeri- Gen Kabarebe

FDLR n’uwayiha Akarere ntacyo yakwimarira, icyo ishoboye ni ugucukura amajeri- Gen Kabarebe

Editorial 10 Apr 2018
U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari

U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari

Editorial 30 Jun 2025
U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

Editorial 24 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenyatta azatangazwa ko yatsinze amatora Odinga asigare yimyiza imoso
Mu Mahanga

Kenyatta azatangazwa ko yatsinze amatora Odinga asigare yimyiza imoso

Editorial 29 Oct 2017
Abantu 10 baguye mu mpanuka y’Ubwato bw’intambara bwa Amerika n’ubundi butwaye Peteroli ku nkengero ya Singapour.
ITOHOZA

Abantu 10 baguye mu mpanuka y’Ubwato bw’intambara bwa Amerika n’ubundi butwaye Peteroli ku nkengero ya Singapour.

Editorial 21 Aug 2017
Paris: Barasaba gusubukura iperereza ku ruhare rw’u Bufaransa mu byabereye mu Bisesero mu 1994 [ Video y’ubuhamya ]
INKURU NYAMUKURU

Paris: Barasaba gusubukura iperereza ku ruhare rw’u Bufaransa mu byabereye mu Bisesero mu 1994 [ Video y’ubuhamya ]

Editorial 27 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru