• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda yikanze igitero ita muri yombi ukekwaho guha inyeshyamba z’Abanyarwanda ubutaka bwo guhingaho

Uganda yikanze igitero ita muri yombi ukekwaho guha inyeshyamba z’Abanyarwanda ubutaka bwo guhingaho

Editorial 06 Apr 2018 ITOHOZA

Urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI) rwataye muri yombi umucungamutungo  witwa Gerald Yashaba ukekwaho kuba afite aho ahuriye n’ibikorwa byo gutera inkunga inyeshyamba zirimo iz’Abanyarwanda.

Gerald Yashaba ni umucungamutungo wa Lamba Enterprise Ltd, ikigo cy’uwitwa Christopher Obey, wahoze ari umucungamutungo mukuru muri minisiteri y’imirimo ya leta, kuri ubu ufunzwe, akaba yaratawe muri yombi mu ijoro ryo kuwa gatatu akuwe muri Best Price Supermarket iri ahitwa Namuwongo n’abashinzwe umutekano batanu.

Umugore wa Yashaba akaba avuga ko umugabo we yahagaritswe n’imodoka ya pick-up y’ubururu ubwo yari asohotse mu isoko, aho yashakaga gusubira iwe gutwara abana ku ishuri akabanza guca mu isoko kugira ibyo abanza kugura.

Iyi nkuru dukesha urubuga spyreports ikaba ivuga ko abamufashe, bari barimo umupolisi, ngo bari bafite imbunda za machine gun.

Yashaba bivugwa ko ari umukozi w’akadasohoka wa Obey, yari ari kumwe na none n’uwo bafite icyo bapfana wamenyesheje aya makuru umuryango we.

Amakuru aturuka mu nzego zo hejuru agera kuri uru rubuga, avuga ko Yashaba akekwaho gutera inkunga igizwe n’ibyo kurya agatsiko k’inyeshyamba z’Abanyarwanda cyangwa inyeshyamba za ADF muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Amakuru akaba akomeza avuga ko Yashaba ucunga imitungo ya Obey irimo ubutaka, yahaye igice kinini cy’ubutaka abakekwaho kuba inyeshyamba ndetse ngo zikaba zinjiraga rwihishwa mu gihugu zigatera imyaka zigasarura zikajyana mu mashyamba.

Biravugwa ko ubwo butaka yatanze bungana na hegitari 8 bukaba buherereye ahitwa Mubende, aho Obey afite amagana n’amagana y’amahegitari y’ubutaka ndetse n’ibihumbi by’amatungo.

Bikomeza bivugwa ko mu minsi ishize perezida Museveni yabonye amakuru y’uko hari agatsiko k’Abanyarwanda bataba muri Uganda bambuka bakinjira muri Uganda bagahinga ibigori muri Mubende bagasubira inyuma bakazagaruka baje gusarura.

Bikavugwa ko ako gatsiko kazaga gusarura kakaburirwa irengero bigatuma hakekwa ko ibyo kurya basaruraga babishyiraga inyeshyamba z’Abanyarwanda cyangwa inyeshyamba za ADF muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Nyuma y’aho abashinzwe iperereza bahereye Museveni aya makuru, ngo yashyizeho itsinda ngo rikore iperereza kuri iki kibazo ndetse abakekwa batabwe muri yombi.

Amakuru yatanzwe n’umuntu ariko utari mu bashinzwe iri perereza akaba avuga ko uyu mugabo Yashaba yananacumbikiye umugore w’Umunyarwandakazi iwe mu rugo igihe kirekire bikekwa ko ari we wamuhuzaga n’inyeshyamba kandi ngo ntiyasohokaga hanze cyangwa ngo yigaragaze ku mugaragaro.

Gusa, amakuru akomeza avuga ko ubwo Yashaba yatabwaga muri yombi uyu mugore yari yaramaze kuhava akajya ahantu hatazwi.

Uru rubuga rukaba rusoza inkuru yarwo ruvuga ko rwanamenye ko uwitwa Kazoora, umwe mu nshuti za hafi za Yashaba, nawe arimo guhigwa bukware ku birego bisa nk’ibye.

 

 

2018-04-06
Editorial

IZINDI NKURU

Umwami Kigeli V Ndahindurwa yahawe udushimwe muri Amerika atakiriho

Umwami Kigeli V Ndahindurwa yahawe udushimwe muri Amerika atakiriho

Editorial 27 Dec 2016
Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe

Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe

Editorial 23 May 2017
Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Editorial 24 Jul 2019
Kigali: Umugabo washatse kwambura umupolisi imbunda yarashwe arapfa

Kigali: Umugabo washatse kwambura umupolisi imbunda yarashwe arapfa

Editorial 06 Apr 2017
Umwami Kigeli V Ndahindurwa yahawe udushimwe muri Amerika atakiriho

Umwami Kigeli V Ndahindurwa yahawe udushimwe muri Amerika atakiriho

Editorial 27 Dec 2016
Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe

Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe

Editorial 23 May 2017
Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Editorial 24 Jul 2019
Kigali: Umugabo washatse kwambura umupolisi imbunda yarashwe arapfa

Kigali: Umugabo washatse kwambura umupolisi imbunda yarashwe arapfa

Editorial 06 Apr 2017
Umwami Kigeli V Ndahindurwa yahawe udushimwe muri Amerika atakiriho

Umwami Kigeli V Ndahindurwa yahawe udushimwe muri Amerika atakiriho

Editorial 27 Dec 2016
Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe

Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe

Editorial 23 May 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru