• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda yikanze igitero ita muri yombi ukekwaho guha inyeshyamba z’Abanyarwanda ubutaka bwo guhingaho

Uganda yikanze igitero ita muri yombi ukekwaho guha inyeshyamba z’Abanyarwanda ubutaka bwo guhingaho

Ubwanditsi 06 Apr 2018 ITOHOZA

Urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI) rwataye muri yombi umucungamutungo  witwa Gerald Yashaba ukekwaho kuba afite aho ahuriye n’ibikorwa byo gutera inkunga inyeshyamba zirimo iz’Abanyarwanda.

Gerald Yashaba ni umucungamutungo wa Lamba Enterprise Ltd, ikigo cy’uwitwa Christopher Obey, wahoze ari umucungamutungo mukuru muri minisiteri y’imirimo ya leta, kuri ubu ufunzwe, akaba yaratawe muri yombi mu ijoro ryo kuwa gatatu akuwe muri Best Price Supermarket iri ahitwa Namuwongo n’abashinzwe umutekano batanu.

Umugore wa Yashaba akaba avuga ko umugabo we yahagaritswe n’imodoka ya pick-up y’ubururu ubwo yari asohotse mu isoko, aho yashakaga gusubira iwe gutwara abana ku ishuri akabanza guca mu isoko kugira ibyo abanza kugura.

Iyi nkuru dukesha urubuga spyreports ikaba ivuga ko abamufashe, bari barimo umupolisi, ngo bari bafite imbunda za machine gun.

Yashaba bivugwa ko ari umukozi w’akadasohoka wa Obey, yari ari kumwe na none n’uwo bafite icyo bapfana wamenyesheje aya makuru umuryango we.

Amakuru aturuka mu nzego zo hejuru agera kuri uru rubuga, avuga ko Yashaba akekwaho gutera inkunga igizwe n’ibyo kurya agatsiko k’inyeshyamba z’Abanyarwanda cyangwa inyeshyamba za ADF muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Amakuru akaba akomeza avuga ko Yashaba ucunga imitungo ya Obey irimo ubutaka, yahaye igice kinini cy’ubutaka abakekwaho kuba inyeshyamba ndetse ngo zikaba zinjiraga rwihishwa mu gihugu zigatera imyaka zigasarura zikajyana mu mashyamba.

Biravugwa ko ubwo butaka yatanze bungana na hegitari 8 bukaba buherereye ahitwa Mubende, aho Obey afite amagana n’amagana y’amahegitari y’ubutaka ndetse n’ibihumbi by’amatungo.

Bikomeza bivugwa ko mu minsi ishize perezida Museveni yabonye amakuru y’uko hari agatsiko k’Abanyarwanda bataba muri Uganda bambuka bakinjira muri Uganda bagahinga ibigori muri Mubende bagasubira inyuma bakazagaruka baje gusarura.

Bikavugwa ko ako gatsiko kazaga gusarura kakaburirwa irengero bigatuma hakekwa ko ibyo kurya basaruraga babishyiraga inyeshyamba z’Abanyarwanda cyangwa inyeshyamba za ADF muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Nyuma y’aho abashinzwe iperereza bahereye Museveni aya makuru, ngo yashyizeho itsinda ngo rikore iperereza kuri iki kibazo ndetse abakekwa batabwe muri yombi.

Amakuru yatanzwe n’umuntu ariko utari mu bashinzwe iri perereza akaba avuga ko uyu mugabo Yashaba yananacumbikiye umugore w’Umunyarwandakazi iwe mu rugo igihe kirekire bikekwa ko ari we wamuhuzaga n’inyeshyamba kandi ngo ntiyasohokaga hanze cyangwa ngo yigaragaze ku mugaragaro.

Gusa, amakuru akomeza avuga ko ubwo Yashaba yatabwaga muri yombi uyu mugore yari yaramaze kuhava akajya ahantu hatazwi.

Uru rubuga rukaba rusoza inkuru yarwo ruvuga ko rwanamenye ko uwitwa Kazoora, umwe mu nshuti za hafi za Yashaba, nawe arimo guhigwa bukware ku birego bisa nk’ibye.

 

 

2018-04-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jenerali de Brigade Cômes Semugeshi umujenerali wari inkingi ya mwamba ya FDLR  munzira aza mu Rwanda

Jenerali de Brigade Cômes Semugeshi umujenerali wari inkingi ya mwamba ya FDLR munzira aza mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Mar 2017
Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Ubwanditsi 26 Aug 2023
Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Ubwanditsi 16 Jul 2025
Abanyarwanda 2 bamaze kwitaba imana bazize iyicarubozo bakorewe muri gereza ya CMI – Uganda

Abanyarwanda 2 bamaze kwitaba imana bazize iyicarubozo bakorewe muri gereza ya CMI – Uganda

Ubwanditsi 05 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amatiku, gutukana bya gishumba no gukorera mu dutsiko…
ITOHOZA

Amatiku, gutukana bya gishumba no gukorera mu dutsiko…

Ubwanditsi 26 Jul 2016
Impamvu Umunyamakuru Eminente yatawe muri yombi irashidikanwaho
ITOHOZA

Impamvu Umunyamakuru Eminente yatawe muri yombi irashidikanwaho

Ubwanditsi 04 Dec 2016
Zion Temple : Abashaka kujya muri ISRAEL mushonje muhishiwe
Mu Rwanda

Zion Temple : Abashaka kujya muri ISRAEL mushonje muhishiwe

Ubwanditsi 16 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru