• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Green Party yasabye ko akato gahabwa abana babyawe n’abagore bafashwe ku ngufu n’interahamwe gahagarara

Green Party yasabye ko akato gahabwa abana babyawe n’abagore bafashwe ku ngufu n’interahamwe gahagarara

Ubwanditsi 07 Apr 2018 POLITIKI

Mu gihe u Rwanda n’Isi yose bibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), rirasaba ko akato gahabwa abana babyawe n’abagore bafashwe ku ngufu n’interahamwe ndetse no kubita amazina abaninura bihagarara.

Itangazo ryashyizweho umukono na Dr. Frank Habineza, Perezida w’ishyaka DGPR rivuga ko aba bana bahabwa amazina atandukanye ababaje.

Yagize ati “Uburyo abana babyawe n’abagore bafashwe ku ngufu mu gihe cya Jenoside bafatwa, bugomba guhagarara. Bamwe babita ‘abana b’interahamwe, abana b’amateka, abana b’urwibutso”, aya mazina n’andi menshi atera ihungabana.”

DGPR yasabye abarwanashyaka bayo na Leta y’u Rwanda gufasha mu buryo bw’imibereho rusange n’ibirebana n’ubukungu abagore barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Leta ikwiye kwita ku kibazo cy’ihungabana mu miryango y’abarokotse Jenoside kuko bamwe mu bayigize bagifite ikibazo cyo kubona aho barambika umusaya, ibyo kurya, uburyo bwo kwiga ndetse ntibabasha no kubona amahirwe y’akazi.”

Green Party kandi yasabye ko abarokotse Jenoside bahabwa uburenganzira burimo no kuvuzwa hanze y’igihugu. Rishimira Unity Club n’indi miryango yagize uruhare mu kubonera amacumbi incike za Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iri shyaka kandi risaba Leta gushakira icumbi abagore barokotse Jenoside batandukanye n’abo bashakanye kuri ubu bakaba badafite aho kuba, kuko mu muco Nyarwanda umukobwa wananirwaga n’urushako yasubiraga kubana n’ababyeyi nyamara bo bakaba ntabo bafite.

Ishyaka Green Party rivuga ko mu gihe hibukwa ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ryifatanyije n’abarokotse rirwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.

2018-04-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Angola : Inama ya Perezida Kagame na Museveni irangiye basinye amasezerano

Angola : Inama ya Perezida Kagame na Museveni irangiye basinye amasezerano

Ubwanditsi 21 Aug 2019
Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri

Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri

RUSHYASHYA 01 Dec 2025
Minisitiri w’Intebe yatabaje amadini mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko

Minisitiri w’Intebe yatabaje amadini mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko

Ubwanditsi 14 Jan 2018
AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze

AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze

Ubwanditsi 18 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubwo umwaka w’imikino wa 2021-2022 uzaba urangiye, abakinnyi 6 barimo Tuyisenge Jacques, Nizeyimana Djuma na Itangishaka Blaise bashobora gutandukana na APR FC
Amakuru

Ubwo umwaka w’imikino wa 2021-2022 uzaba urangiye, abakinnyi 6 barimo Tuyisenge Jacques, Nizeyimana Djuma na Itangishaka Blaise bashobora gutandukana na APR FC

Ubwanditsi 09 Mar 2022
Musangamfura Sixbert wahinduye amazina akiyita Semus  Ntawuhiganayo aravugwa mu bikorwa byo guhungabanya umutekano mu karere
ITOHOZA

Musangamfura Sixbert wahinduye amazina akiyita Semus Ntawuhiganayo aravugwa mu bikorwa byo guhungabanya umutekano mu karere

Ubwanditsi 10 May 2017
Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe
Amakuru

Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe

RUSHYASHYA 24 Feb 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru