• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Ese HCR izashobora guhuza Leta y’u Rwanda n’iy’u Burundi, mugihe uburundi bushinja u Rwanda ibinyoma

Ese HCR izashobora guhuza Leta y’u Rwanda n’iy’u Burundi, mugihe uburundi bushinja u Rwanda ibinyoma

Editorial 11 Apr 2018 POLITIKI

Umuryango mpuzamahanga wita ku mpunzi (HCR) wiyemeje guhuza u Rwanda n’u Burundi, bakagirana ibiganiro bizibanda cyane ku mpunzi ziri mu Rwanda bivugwa ko zaba zishaka gutaha zikazitirwa.

Ibi bitangajwe nyuma y’aho Perezida Nkurunziza w’u Burundi agiranye ibiganiro n’umuyobozi mukuru wa HCR ku isi, Filipo Grandi i Burundi, ku wa Kabiri tariki ya 10 Mata 2018, i Burundi, byagarutse cyane ku mpunzi z’u Burundi ziri hanze.

Nk’uko aya makuru atangazwa n’icyegera cy’umuvugizi wa Perezida Nkurunziza, bwana Alain Diomede Nzeyimana, avuga ko ibiganiro Nkurunziza yagiranye na Grandi, byibanze ku mpunzi z’u Burundi, by’umwihariko ko hari iziri mu Rwanda zishaka gusubira mu gihugu zikangirwa gutaha.

Ati “Hari impunzi ziri mu Rwanda ziba zishaka gutaha, ariko abayobozi bo mu Rwanda ntibashake ko icyo kintu kiba, ibyo bikaba bidaha izina ryiza umuryango ukomeye nka HCR”.

Umuyobozi mukuru wa HCR ku isi, Filipo Grandi yatangarije itangazamakuru ry’i Burundi ko mu byo yaganiriye na Perezida Nkurunziza birimo n’ikibazo cy’izi mpunzi.

Ati “Nabwiye umukuru w’igihugu Nkurunziza ko itahuka ry’impunzi z’Abarundi bari mu Rwanda rikirimo akabazo, turabizi. Ejo nabonanye n’umukuru w’igihugu Kagame, uno munsi nabwo mbonana na Nkurunziza. Twumvikanye ko twakwigira hamwe, tuvugana ko twashaka aho tuganirira icyo kibazo cy’impunzi gusa, si njye ushinjwe ibindi bibazo, HCR izafasha mu gutegura uko kubonana k’u Rwanda n’u Burundi”.

Leta y’u Burundi ishinja iy’u Rwanda kuba hari impunzi zishaka gutaha i Burundi zikazitirwa ngo zimwe zikajyana mu mitwe yitoza gisirikare, igamije guhirika ubutegetsi bw’u Burundi.

Ku ruhande rwa Leta y’u Rwanda, yagiye ihakana yivuye inyuma ko ibyo u Burundi buyishinja atari ukuri, ko nta mpunzi yashatse gutaha ngo yimwe inzira.

Filipo Grandi yabonanye na Perezida Nkurunziza i Burundi ku wa Kabiri tariki ya 10 Mata 2018

Filipo Grandi yabonanye na Perezida Kagame mbere y’uko yerekeza i Burundi

2018-04-11
Editorial

IZINDI NKURU

Ubumenyi ntibukwiye kugarukira mu bizami gusa – Perezida Kagame

Ubumenyi ntibukwiye kugarukira mu bizami gusa – Perezida Kagame

Editorial 26 Mar 2018
SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

Editorial 01 Mar 2024
Perezida Kagame ari muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS”

Perezida Kagame ari muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS”

Editorial 27 Jul 2018
Muri Zimbabwe hakozwe kudeta ya ‘kivandimwe’  ariko irimo ihurizo rikomereye SADC.

Muri Zimbabwe hakozwe kudeta ya ‘kivandimwe’  ariko irimo ihurizo rikomereye SADC.

Editorial 17 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Binagwaho yagizwe umuyobozi wa kaminuza yigenga
Mu Rwanda

Binagwaho yagizwe umuyobozi wa kaminuza yigenga

Editorial 05 Apr 2017
Dr Rose Mukankomeje yagaramye  ibyaha byose aregwa ( Yavuguruwe )
Mu Mahanga

Dr Rose Mukankomeje yagaramye ibyaha byose aregwa ( Yavuguruwe )

Editorial 29 Mar 2016
Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer  Chiefs yo muri Afurika y’Epfo
Amakuru

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Editorial 28 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru