• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Itotezwa ry’Impunzi z’Abanyarwanda ryamuteye kwandika igitabo

Itotezwa ry’Impunzi z’Abanyarwanda ryamuteye kwandika igitabo

Ubwanditsi 17 Apr 2018 POLITIKI

Ku mugoroba wo Kuwa 14 Mata 2018, Dr CP Daniel Nyamwasa yamuritse igitabo “Le Mal Rwandais” yanditse abitewe n’ishavu yatewe n’itotezwa ry’Abatutsi mu Rwanda no mu mahanga.

Iki gitabo twakwita “Akaga k’Abanyarwanda” tugenekereje mu Kinyarwanda kigizwe na paji 540 gikubiyemo amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kiva ayo mateka imuzi uhereye ku bukoloni ukagera kuri Jenoside nyir’izina n’ubutwari bw’ingabo za FPR zayihagaritse.

Ubwo yakimurikaga mu biganiro ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi byateguwe na CNLG mu kiswe “Café Litéraire” yagize ati ” Le Mal Rwandais ni ibyo bihe byose byo kurimbura Abatutsi uko byagiye bisimburana.”

Muri ibyo biganiro “Café Litéraire” byitabirwa n’abanditsi b’ibitabo, imivugo, sinema, abaririmba kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse hagatumirwa n’urubyiruko kugira ngo rushobore kuhigira amateka yaranze u Rwanda.

Dr CP Nyamwasa yavutse mu 1957, nyuma y’imyaka ibiri gusa Abatutsi barameneshwa, ababyeyi be bamuhungana i Burundi bamuhetse.

Mu 1961 bagarutse mu Rwanda babeshywa ko amahoro yagarutse, ariko ntibahatinda bahita basubira mu buhungiro.

Ubwo bari bamaze imyaka 31 mu buhungiro mu 1990, Nyamwasa yinjiye mu gisirikare cya RPF ngo ashobore kwifatanya n’abandi mu rugamba rwo kubohora igihugu.

Hagati aho, avuga ko igitekerezo cyo kwandika cyamujemo bwa mbere mu 1982 ubwo Milton Obete wari Perezida wa Uganda yafataga umwanzuro wo kwirukaba impunzi z’Abanyarwanda zigasubira iwabo mu Rwanda.

Avuga ko icyo gihe byateye agahinda Abatutsi bari mu buhungiro.
Avuga ku kababaro ko kutagira igihugu.

Agira ati “Igihugu cyanjye cyaranyirukanye n’icyo mpungiyemo kikinsubizamo.”

Dr CP Nyamwasa yahise yandika inkuru mu kinyamakuru Jeune Afrique ifite umutwe ugira uti ” Qui suis – Je?” tugenekereje bishatse kuvuga ngo ” Ndi nde?”!

JPEG - 228.4 kb
Madame Jeannette Kagame, Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne na Dr Bizimana Jean Damascene uyobora CNLG bari muri ibi biganiro

Iyi nkuru ni yo yahereyeho guhera mu 1990 atangira kwandika igitabo ” Le Mal Rwandais”, aho agira ati “Twabaye ibitambo by’ibibazo by’ibihugu twahungiyemo. Abaperezida b’ibyo bihugu bagiye badutoteza.”

Dr CP Nyamwasa mu gitabo cye “Le Mal Rwandais” akomeza avuga bimwe mu byabaye imizi yo gusenya ubunyarwanda birimo nka Minisitiri w’Intebe wa Guverinoma y’Abatabazi Jean Kambanda wafashe imbunda akica abaturage yari akwiye ubundi kurinda, kuba abaperezida bose babayeho kugeza 1994 baragiye batoteza Abatutsi bashaka kubatsemba ndetse n’umurage mubi w’abakoloni bagabanyijemo Abanyarwanda ibice bakanacira Umwami Musinga ishyanga.

Ati “Mutekereza guverinoma itsindwa igahitamo gutsemba abaturage bayo.”

Yanzura igitabo cye agira ati “Abanyarwanda bakwiye kuzirikana ko imbaraga bakura mu kunga ubumwe zibatera kunesha uwo ari we wese wabahangara. Igihe cyose bazemera amasomo abacamo ibice bazaba bemeye urupfu kandi nyamara iyo urugamba rutangiye ntawe uba azi uzarutsinda.”

Fred Kamugisha, umwe mu rubyiruko rwari rwirabiriye Café Litéraire yije umwanditsi ko nyuma yo kumva ibibazo u Rwanda rwanyuzemo n’imbaraga, ubuhanga n’ubwitange inkotanyiza zakoresheje mu kurubohora no guhagarika Jenoside yiteguye kuzarutenguha ahubwo na we azakora ibishoboka byose mu gukomeza 
kurwubaka.

JPEG - 1.7 Mb
Abitabiriye iri murika ry’iki gitabo babaza ibibazo

Ati “Mwatubwiye ko mu rugamba rwo kubohora igihugu umusirikare umwe w’inkotanyi muri 600 bari muri CND, yabaga ahanganye n’abasirikare 40 ba Habyarimana, twebwe tuzarenzaho nibiba ngombwa. Iki gitabo kiraduha ubutumwa nk’urubyiruko ntituzabatenguha.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Jean Damascene Bizimana, yashimiye Dr CP Nyamwasa umwanya yafashe akandika iki gitabo mu gihe asanganywe inshingano nyinshi zirimo kuvura abaturage nk’umuganga mu Bitaro bya Police ku Kacyiro kandi unafite inshingano zikomeye muri Police y’Igihugu.

Yagize ati “CNLG iragushimira umusanzu uhaye igihugu z’Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko ruzigira byinshi mu mateka y’u Rwanda kuri iki gitabo.

JPEG - 1.5 Mb
Dr Jean Damascene Bizimana, yashimiye Dr CP Nyamwasa umwanya yafashe akandika iki gitabo

Uyu mugoroba w’ibiganiro ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi wari wanitabiriwe n’abayobozi bakuru barimo Madamu Jeannette Kagame, Minisitiri w’Umuco na Siporo, Julienne Uwacu, Umuyobozi wa Polisi y’Igihugu, CG Emmanuel Gasana n’abandi.

JPEG - 1.6 Mb
Uyu mugoroba wanaranzwe n’imivugo itandukanye igaruka ku mateka

2018-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishyaka PL rirashishikariza abayoboke bayo  babyifuza gutanga  kandidatire zabo mu matora y’Abadepite .

Ishyaka PL rirashishikariza abayoboke bayo babyifuza gutanga kandidatire zabo mu matora y’Abadepite .

Ubwanditsi 11 Jun 2018
Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

RUSHYASHYA 08 Nov 2025
Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika

Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika

Ubwanditsi 01 Jul 2025
Ni Perezida Kabila Uri Kubyivangamo Kugira Ngo Ntiyamamaza- Moise Katumbi

Ni Perezida Kabila Uri Kubyivangamo Kugira Ngo Ntiyamamaza- Moise Katumbi

Ubwanditsi 07 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Etoile de l’Est yatsinze Gasogi United 1-0 yongera amanota yayifasha kuguma mu kiciro cya mbere cy’umwaka wa 2024-2024
Amakuru

Etoile de l’Est yatsinze Gasogi United 1-0 yongera amanota yayifasha kuguma mu kiciro cya mbere cy’umwaka wa 2024-2024

Ubwanditsi 28 Mar 2024
Uko Alexis Sinduhije, umukuru w’ishyaka MSD ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi yangiwe kwinjira mu Burayi
ITOHOZA

Uko Alexis Sinduhije, umukuru w’ishyaka MSD ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi yangiwe kwinjira mu Burayi

Ubwanditsi 06 Jun 2016
Kenya: Raila Odinga yashimangiye ko atazemera intsinzi ya Uhuru Kenyatta
Mu Mahanga

Kenya: Raila Odinga yashimangiye ko atazemera intsinzi ya Uhuru Kenyatta

Ubwanditsi 22 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru