• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Mu mafoto reba uko igitaramo King James yakoreye muri Ambassador’s Park- Gikondo, cyagenze
P

Mu mafoto reba uko igitaramo King James yakoreye muri Ambassador’s Park- Gikondo, cyagenze

Ubwanditsi 06 May 2018 SHOWBIZ

Kuri uyu wa Gatanu tariki 4 Gicurasi 2018 kuva saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kugeza mu rucyerera rwo kuwa Gatandatu tariki 5 Gicurasi 2018, i Gikondo kuri Ambassador’s Park byari ibicika mu gitaramo cyahabereye. Ni igitaramo cyatumiwemo umuhanzi King James ufatwa nk’umwami w’imitoma mu muziki nyarwanda.

Iki gitaramo cyabaye ubwo muri Kigali hari ubukonje bukabije dore ko imvura yari irimo kugwa ubwo cyatangiraga. Abitabiriye iki gitaramo babigiriyemo amahirwe menshi cyane, nuko basusurutswa n’umwami w’imitoma mu muziki nyarwanda, uwo akaba ari nta wundi ahubwo ari King James umwe mu bahanzi bakomeye mu muziki nyarwanda wigaruriye imitima ya benshi cyane cyane abakunda indirimbo z’urukundo. King James yaririmbye nyinshi mu ndirimbo ze, abantu barizihirwa.

Ni igitaramo cyaranzwe n’umuziki uryoheye amatwi n’amaso by’akarusho King James wari umuhanzi w’umunsi yacurangiye abitabiriye iki gitaramo umuziki w’umwimerere (Live music). Ambassador’s Park yateguye iki gitaramo mu rwego rwo gushimisha abakiriya bayo ndetse ubuyobozi bwa Ambassador’s Park bwatangaje ko bafite byinshi byiza bahishiye abakiriya babo n’abakunzi b’umuziki muri rusange dore ko hari n’ikindi gitaramo bari gutegura kizaba mu mins iri imbere. Iki gitaramo tuzakigarukaho mu gihe cya vuba.

Ambassador’s Park iherereye i Gikondo mu mujyi wa Kigali. Iteganye n’urusengero rwa Methodiste Libre. Usibye kuba wahasohokera ugafata kamwe bijyanye n’amahitamo ya buri wese, ubusanzwe Ambassador’s Park itanga serivisi zinyuranye zirimo Sauna&Massage, amafunguro ya kumanywa n’ibindi. Bafite kandi n’amacumbi meza cyane ku biciro byoroheye buri wese.

Ikindi ni uko bimaze kumenyerwa ko buri mugoroba cyane cyane mu mpera z’icyumweru baba bafite igitaramo gikomeye baba bateguriye abakiriya babo mu rwego rwo kubasusurutsa no kwishimana nabo. Iyo wahasohokeye kandi ubasha gukoresha interineti y’ubuntu. Sohokera muri Ambassador’s Park ugerwego n’ibyiza bagufitiye, uzagaruka uduha ubuhamya.


2018-05-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Victor Rukotana yasohoye indirimbo yakomoye ku nkuru mpamo y’umusore w’inshuti ye wabenzwe n’inkumi yo mu cyaro.

Victor Rukotana yasohoye indirimbo yakomoye ku nkuru mpamo y’umusore w’inshuti ye wabenzwe n’inkumi yo mu cyaro.

Ubwanditsi 22 Apr 2021
AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

Ubwanditsi 03 May 2021
Zaza wamamaye mu ndirimbo zihimbaza Imana muri Afurika y’Epfo, yageze i Kigali

Zaza wamamaye mu ndirimbo zihimbaza Imana muri Afurika y’Epfo, yageze i Kigali

Ubwanditsi 10 Nov 2017
Rick Hilton arasaba imbabazi Judith n’umuryango we nyuma yo kumwandagaza mu ruhame no gushyira hanze ubwambure bwe

Rick Hilton arasaba imbabazi Judith n’umuryango we nyuma yo kumwandagaza mu ruhame no gushyira hanze ubwambure bwe

Ubwanditsi 18 Oct 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Steven
    May 7, 20188:43 am -

    Ndabona rwose umwami james yabasusurukije

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abamotari, abanyonzi n’abanyeshuri bashyizeho amahuriro atandatu  yo kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Abamotari, abanyonzi n’abanyeshuri bashyizeho amahuriro atandatu yo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 10 Jun 2016
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yasabye ko ishoramari mu bukerarugendo ryongerwa
UBUKERARUGENDO

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yasabye ko ishoramari mu bukerarugendo ryongerwa

Ubwanditsi 07 Sep 2018
Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah
Amakuru

Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah

Ubwanditsi 12 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru