• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ni agahinda kuri Iranzi wavutse amara ari hanze akaba yarabuze itike ngo asubire kwivuza mu Buhinde

Ni agahinda kuri Iranzi wavutse amara ari hanze akaba yarabuze itike ngo asubire kwivuza mu Buhinde

Ubwanditsi 06 May 2018 Mu Rwanda

Ndahiro Iranzi Isaac umaze kugira imyaka itanu y’amavuko, abenshi baramwibuka ko yavutse amara n’impyiko biri hanze kubera indwara izwi nka ‘Cloacal Exstrophy’, abagiraneza bakagoboka ababyeyi be kujya kumuvuriza mu Buhinde ariko ubu babuze itike y’indege ngo asubizweyo kuvurwa neza.

 

Ababyeyi ba Iranzi bashimira cyane umutima witanga w’ababafashije akavurwa ndetse akaba yaratangiye kwiga, anatsinda neza.

Ariko Mama Iranzi agaragaza ko umwana atarakira neza bakaba barabuze miliyoni eshatu n’ibihumbi 800 z’amafaranga y’u Rwanda ngo asubizwe kuvurirwa mu Buhinde nk’uko abaganga bari bamusabye kumugarura.

Mbabazi Liliane nyina wa Iranzi utuye mu Kagari ka Kabeza, Umurenge wa Kanombe, Akarere ka Kicukiro, avuga ko umwana we yagombaga gusubira kuvurizwa mu Buhinde ku nshuro ya gatatu.

Yagize ati “Minisiteri y’Ubuzima yemeye kumuvuza mu Buhinde tumaze kumujyanayo inshuro ebyiri, hashize imyaka ibiri tuvuyeyo. Bari badusabye ko tuzasubirayo kuko bagombaga kumubaga mu itako kuko ryarakutse rirangije ryishakira inzira. Ubushize banze kumubaga kuko yari akiri muto batwandikira ko tuzasubirayo mu kwezi kwa kabiri 2018 none twabuze itike hamwe n’amafaranga azamutunga we n’umurwaza.”

Mbabazi utagira akazi agira, umugabo we nta bushobozi bwo kubona amafaranga yo kuramira ubuzima bwa Iranzi.

Ati “Amafaranga dukeneye yose hamwe ni miliyoni enye ariko hari abanyeshuri b’abanyarwanda biga mu Buhinde baduhaye inkunga, ubu mfite miliyoni n’ibihumbi 200 Frw. Kubera uburwayi bwa Iranzi njye nta kazi ngira, umugabo wanjye nawe akora akazi gaciriritse ku buryo tutabona ariya mafaranga abura.”

Akomeza avuga ko inshuro ebyiri amaze kujyana umwana we kumuvuriza mu Buhinde hari impinduka byazanye mu buzima bw’umwana we, ubu nubwo atarabasha kugenda kubera ko itako ritari mu mwanya waryo, amujyana ku ishuri.

Ati “Ndamuheka nkamujyana ku ishuri akiga nk’abandi bana, ubu yiga mu mwaka wa kabiri mu ishuri ry’incuke kandi ni umuhanga.”

Uyu mubyeyi asaba abanyarwanda n’abandi bagiraneza kumufasha agasubiza umwana we kumuvuza ku nshuro ya gatatu kuko ngo abaganga bamuhaye icyizere ko nibamubaga itako azahita abasha kugenda nk’abandi bana.
Iranzi umaze kugira imyaka itanu ariko aracyakambakamba ariko nawe azi neza ko hari abagiraneza bamufasha kuvuzwa.

Mu 2014 nibwo Iranzi wafashijwe kwivuriza mu Buhinde yagarutse mu Rwanda, ababyeyi be bashimira Imana n’abagiraneza batumye umwana avurwa.

Uwaba afite ubufasha ngo Iranzi asubire mu Buhinde kwivuza, Mbabazi Liliane umubyara aboneka kuri telefoni igendanwa 0783790535.

2018-05-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Ubwanditsi 02 Apr 2021
Abagize Guverinoma y’u Rwanda batangajwe

Abagize Guverinoma y’u Rwanda batangajwe

Ubwanditsi 24 Jul 2025
Umuhanzikazi wakanyujijeho Yvonne Chaka Chaka ategerejwe  i Kigali

Umuhanzikazi wakanyujijeho Yvonne Chaka Chaka ategerejwe i Kigali

Ubwanditsi 01 May 2017
Mu mukino wa gicuti ikipe ya Gasogi United yatsinzwe na Bugesera FC, umukino wa Kiyovu SC na Gorilla FC ntiwaba kubera gutinda kw’ibisubizo bya Koronavusi bya Kit Manager.

Mu mukino wa gicuti ikipe ya Gasogi United yatsinzwe na Bugesera FC, umukino wa Kiyovu SC na Gorilla FC ntiwaba kubera gutinda kw’ibisubizo bya Koronavusi bya Kit Manager.

Ubwanditsi 28 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Buhinde: Abanyeshuri 3 ba kaminuza barimo Umunyarwanda batawe muri yombi n’igipolisi
ITOHOZA

U Buhinde: Abanyeshuri 3 ba kaminuza barimo Umunyarwanda batawe muri yombi n’igipolisi

Ubwanditsi 01 Oct 2017
Umucuruzi Janvier Birahagwa ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho  muri Rushyashya
Mu Rwanda

Umucuruzi Janvier Birahagwa ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho muri Rushyashya

Ubwanditsi 14 Mar 2017
440,000$: Ikiguzi  cya RNC ngo yumvikanishe gahunda yayo muri Congres y’America
ITOHOZA

440,000$: Ikiguzi cya RNC ngo yumvikanishe gahunda yayo muri Congres y’America

Ubwanditsi 02 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru