• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ni agahinda kuri Iranzi wavutse amara ari hanze akaba yarabuze itike ngo asubire kwivuza mu Buhinde

Ni agahinda kuri Iranzi wavutse amara ari hanze akaba yarabuze itike ngo asubire kwivuza mu Buhinde

Ubwanditsi 06 May 2018 Mu Rwanda

Ndahiro Iranzi Isaac umaze kugira imyaka itanu y’amavuko, abenshi baramwibuka ko yavutse amara n’impyiko biri hanze kubera indwara izwi nka ‘Cloacal Exstrophy’, abagiraneza bakagoboka ababyeyi be kujya kumuvuriza mu Buhinde ariko ubu babuze itike y’indege ngo asubizweyo kuvurwa neza.

 

Ababyeyi ba Iranzi bashimira cyane umutima witanga w’ababafashije akavurwa ndetse akaba yaratangiye kwiga, anatsinda neza.

Ariko Mama Iranzi agaragaza ko umwana atarakira neza bakaba barabuze miliyoni eshatu n’ibihumbi 800 z’amafaranga y’u Rwanda ngo asubizwe kuvurirwa mu Buhinde nk’uko abaganga bari bamusabye kumugarura.

Mbabazi Liliane nyina wa Iranzi utuye mu Kagari ka Kabeza, Umurenge wa Kanombe, Akarere ka Kicukiro, avuga ko umwana we yagombaga gusubira kuvurizwa mu Buhinde ku nshuro ya gatatu.

Yagize ati “Minisiteri y’Ubuzima yemeye kumuvuza mu Buhinde tumaze kumujyanayo inshuro ebyiri, hashize imyaka ibiri tuvuyeyo. Bari badusabye ko tuzasubirayo kuko bagombaga kumubaga mu itako kuko ryarakutse rirangije ryishakira inzira. Ubushize banze kumubaga kuko yari akiri muto batwandikira ko tuzasubirayo mu kwezi kwa kabiri 2018 none twabuze itike hamwe n’amafaranga azamutunga we n’umurwaza.”

Mbabazi utagira akazi agira, umugabo we nta bushobozi bwo kubona amafaranga yo kuramira ubuzima bwa Iranzi.

Ati “Amafaranga dukeneye yose hamwe ni miliyoni enye ariko hari abanyeshuri b’abanyarwanda biga mu Buhinde baduhaye inkunga, ubu mfite miliyoni n’ibihumbi 200 Frw. Kubera uburwayi bwa Iranzi njye nta kazi ngira, umugabo wanjye nawe akora akazi gaciriritse ku buryo tutabona ariya mafaranga abura.”

Akomeza avuga ko inshuro ebyiri amaze kujyana umwana we kumuvuriza mu Buhinde hari impinduka byazanye mu buzima bw’umwana we, ubu nubwo atarabasha kugenda kubera ko itako ritari mu mwanya waryo, amujyana ku ishuri.

Ati “Ndamuheka nkamujyana ku ishuri akiga nk’abandi bana, ubu yiga mu mwaka wa kabiri mu ishuri ry’incuke kandi ni umuhanga.”

Uyu mubyeyi asaba abanyarwanda n’abandi bagiraneza kumufasha agasubiza umwana we kumuvuza ku nshuro ya gatatu kuko ngo abaganga bamuhaye icyizere ko nibamubaga itako azahita abasha kugenda nk’abandi bana.
Iranzi umaze kugira imyaka itanu ariko aracyakambakamba ariko nawe azi neza ko hari abagiraneza bamufasha kuvuzwa.

Mu 2014 nibwo Iranzi wafashijwe kwivuriza mu Buhinde yagarutse mu Rwanda, ababyeyi be bashimira Imana n’abagiraneza batumye umwana avurwa.

Uwaba afite ubufasha ngo Iranzi asubire mu Buhinde kwivuza, Mbabazi Liliane umubyara aboneka kuri telefoni igendanwa 0783790535.

2018-05-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Ubwanditsi 10 Oct 2019
Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi”  – Perezida Emmanuel Macron.

Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi” – Perezida Emmanuel Macron.

Ubwanditsi 27 May 2021
Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Ubwanditsi 23 Apr 2025
Perezida wa Gasogi United KNC yahanishijwe guhagarikwa imikino 6 n’ihazabu y’ibihumbi 150 000 frw

Perezida wa Gasogi United KNC yahanishijwe guhagarikwa imikino 6 n’ihazabu y’ibihumbi 150 000 frw

Ubwanditsi 25 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 02 Mar 2023
Ibanga ry’iterambere rya Afurika ni abaturage bayo – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Ibanga ry’iterambere rya Afurika ni abaturage bayo – Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Umufasha wa Gen Castal arahamya ko yamenye ko abatutsi bagiye kwicwa ndetse na Perezida Habyarimana
ITOHOZA

Umufasha wa Gen Castal arahamya ko yamenye ko abatutsi bagiye kwicwa ndetse na Perezida Habyarimana

Ubwanditsi 13 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru