• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ni agahinda kuri Iranzi wavutse amara ari hanze akaba yarabuze itike ngo asubire kwivuza mu Buhinde

Ni agahinda kuri Iranzi wavutse amara ari hanze akaba yarabuze itike ngo asubire kwivuza mu Buhinde

Ubwanditsi 06 May 2018 Mu Rwanda

Ndahiro Iranzi Isaac umaze kugira imyaka itanu y’amavuko, abenshi baramwibuka ko yavutse amara n’impyiko biri hanze kubera indwara izwi nka ‘Cloacal Exstrophy’, abagiraneza bakagoboka ababyeyi be kujya kumuvuriza mu Buhinde ariko ubu babuze itike y’indege ngo asubizweyo kuvurwa neza.

 

Ababyeyi ba Iranzi bashimira cyane umutima witanga w’ababafashije akavurwa ndetse akaba yaratangiye kwiga, anatsinda neza.

Ariko Mama Iranzi agaragaza ko umwana atarakira neza bakaba barabuze miliyoni eshatu n’ibihumbi 800 z’amafaranga y’u Rwanda ngo asubizwe kuvurirwa mu Buhinde nk’uko abaganga bari bamusabye kumugarura.

Mbabazi Liliane nyina wa Iranzi utuye mu Kagari ka Kabeza, Umurenge wa Kanombe, Akarere ka Kicukiro, avuga ko umwana we yagombaga gusubira kuvurizwa mu Buhinde ku nshuro ya gatatu.

Yagize ati “Minisiteri y’Ubuzima yemeye kumuvuza mu Buhinde tumaze kumujyanayo inshuro ebyiri, hashize imyaka ibiri tuvuyeyo. Bari badusabye ko tuzasubirayo kuko bagombaga kumubaga mu itako kuko ryarakutse rirangije ryishakira inzira. Ubushize banze kumubaga kuko yari akiri muto batwandikira ko tuzasubirayo mu kwezi kwa kabiri 2018 none twabuze itike hamwe n’amafaranga azamutunga we n’umurwaza.”

Mbabazi utagira akazi agira, umugabo we nta bushobozi bwo kubona amafaranga yo kuramira ubuzima bwa Iranzi.

Ati “Amafaranga dukeneye yose hamwe ni miliyoni enye ariko hari abanyeshuri b’abanyarwanda biga mu Buhinde baduhaye inkunga, ubu mfite miliyoni n’ibihumbi 200 Frw. Kubera uburwayi bwa Iranzi njye nta kazi ngira, umugabo wanjye nawe akora akazi gaciriritse ku buryo tutabona ariya mafaranga abura.”

Akomeza avuga ko inshuro ebyiri amaze kujyana umwana we kumuvuriza mu Buhinde hari impinduka byazanye mu buzima bw’umwana we, ubu nubwo atarabasha kugenda kubera ko itako ritari mu mwanya waryo, amujyana ku ishuri.

Ati “Ndamuheka nkamujyana ku ishuri akiga nk’abandi bana, ubu yiga mu mwaka wa kabiri mu ishuri ry’incuke kandi ni umuhanga.”

Uyu mubyeyi asaba abanyarwanda n’abandi bagiraneza kumufasha agasubiza umwana we kumuvuza ku nshuro ya gatatu kuko ngo abaganga bamuhaye icyizere ko nibamubaga itako azahita abasha kugenda nk’abandi bana.
Iranzi umaze kugira imyaka itanu ariko aracyakambakamba ariko nawe azi neza ko hari abagiraneza bamufasha kuvuzwa.

Mu 2014 nibwo Iranzi wafashijwe kwivuriza mu Buhinde yagarutse mu Rwanda, ababyeyi be bashimira Imana n’abagiraneza batumye umwana avurwa.

Uwaba afite ubufasha ngo Iranzi asubire mu Buhinde kwivuza, Mbabazi Liliane umubyara aboneka kuri telefoni igendanwa 0783790535.

2018-05-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amatakirangoyi ya ruharwa Angelina Mukandutiye imbere y’ubutabera; ngo azamenya ko ubutabera bubaho nibamuha imbabazi

Amatakirangoyi ya ruharwa Angelina Mukandutiye imbere y’ubutabera; ngo azamenya ko ubutabera bubaho nibamuha imbabazi

Ubwanditsi 23 Jul 2021
Umugabo yakubise Umugore Mumuhanda Amwambura ubusa kubera ko Yamuririye Amafaranga

Umugabo yakubise Umugore Mumuhanda Amwambura ubusa kubera ko Yamuririye Amafaranga

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Uwari umuyobozi wa Radio Amazing Grace yahambirijwe nyuma yo gutabwa muri yombi

Uwari umuyobozi wa Radio Amazing Grace yahambirijwe nyuma yo gutabwa muri yombi

Ubwanditsi 08 Oct 2019
Rayon Sports yerekanye umutoza mushya utandukanye n’uwo yari yatangaje

Rayon Sports yerekanye umutoza mushya utandukanye n’uwo yari yatangaje

Ubwanditsi 19 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nta kibazo cy’umutekano muke cyangwa cy’iterabwoba kiri mu Mujyi wa Kigali – Polisi
Mu Rwanda

Nta kibazo cy’umutekano muke cyangwa cy’iterabwoba kiri mu Mujyi wa Kigali – Polisi

Ubwanditsi 25 Mar 2017
Bane bafunzwe bacyekwaho guha ruswa abapolisi kugira ngo bakorerwe ibinyuranije n’amategeko
Mu Mahanga

Bane bafunzwe bacyekwaho guha ruswa abapolisi kugira ngo bakorerwe ibinyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Abanyarwanda 17,800 bashya bagiye guhabwa imiti igabanya ubukana bwa HIV-AIDS
Mu Mahanga

Abanyarwanda 17,800 bashya bagiye guhabwa imiti igabanya ubukana bwa HIV-AIDS

Ubwanditsi 30 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru