• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abanyarwanda 17,800 bashya bagiye guhabwa imiti igabanya ubukana bwa HIV-AIDS

Abanyarwanda 17,800 bashya bagiye guhabwa imiti igabanya ubukana bwa HIV-AIDS

Ubwanditsi 30 Jun 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wa kane, Minisiteri y’ubuzima yatangije gahunda nshya yise ‘Treat All’ igamije gutangira guha imiti igabanya ubukana Abanyarwanda 17,800 banduye ubwandu bw’agakoko gatera SIDA ariko bakaba bari bataremererwa gufata imiti kubera ko igihe cyari kitaragera.

Ikigereranyo cy’abantu bafite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA mu Rwanda kigaragaza ko hari abagera ku bihumbi 210 kuva mu myaka 10 ishize.

Muri aba banduye, ibihumbi 162,486 bahabwaga imiti igabanya ubuka, abandi 17,800 bari bategereje ko abasirikare barinda umubiriwe bagabanuka ngo batangire guhabwa imiti igabanya ubuka adna.

Ugendeye kuri iyi mibare, hirya no hino mu Rwanda hari abantu barenga ibihumbi 30 banduye SIDA ariko batazi ko bayifite.

Gahunda y’Isi nshya yiswe ‘Treat All (bavure/biteho bose)’ igamije guha amahirwe abantu banduraga agakoko gatera SIDA, ariko ntibahite bagire amahirwe yo guhita bahabwa imiti igabanya ubukana mu gihe bamaze kwipimisha bagasanga baranduye. Kuvura abanduye ubwandu bw’agakoko gatera SIDA hakiri kare ngo bishobora kugabanya amahirwe yo gupfa ku kigero cya 53%.

DR Sabin Nsanzimana, umuyobozi w’ishami rishinzwe indwara ya SIDA n’izandurira mu mibonano mpuzabitsina muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) avuga ko ubusanzwe umuntu wanduye agakoko (virus) itera SIDA.

Ati “Iyo umuntu yanduraga bategerezaga ko abasirikare barinda umubiriwe bagabanuka bakagera kuri bakajya munsi ya 500, icyo gihe habaga hari n’ibyuririzi byatangiye kuza. Iyo gahunda ntabwo yafashaga abenshi, hari n’abashoboraga gupfa bataratangira imiti.”

Dr Nsanzima avuga ko umuntu wanduye ‘Virus’ iyo atari ku miti aba afite twa ‘virus’ Miliyari 10 ziba zigenda mu maraso ye, uretse kuba izo Virus ngo zangiza umubiri we, ngo n’iyo agize uwo ahura nawe bakaba bakora nk’imibonano mpuzabitsina idakingiye cyangwa amaraso ye akaba yahura n’ay’undi muntu, yanduza cyane kurusha umuntu uri ku miti.

Ati “Ubushakashatsi bugaragaza ko umuntu ufite ubwandu uri ku miti, hagabanukaho 96% kwanduza kurusha uteri ku miti. Guha abantu bose imiti biragabanya kwanduzanya, no guca bya byuririzi byahitanaha abantu.”

Uyu muyobozi ushinzwe indwara ya SIDA n’izandurira mu mibonano mpuzabitsina avuga ko hateguwe imiti y’abantu bose bafite agakoko gatera SIDA baba abana cyangwa abakuru.

Mu gutangiza gahunda ya ‘Treat All’, Minisitiri w’Ubuzima Dr Agnes Binagwaho yavuze ko nubwo bigiye kongera Miliyoni enye z’Amadolari ku ngengo yagenerwaga kurwanya SIDA, ndetse n’imiti ikaba ihenze, ngo iyi gahunda ifite inyungu mu buryo bw’igihe kirekire kuko bizagabanya ubwandu bw’agakoko gatera SIDA mu Rwanda, kandi bitumen Abanyarwanda banduye bakomeza gukorera igihugu cyabo.

Agasaba abanyarwanda nabo kwitwarararika bakirinda ubusambanyi budakingiye kuko kongera ubwandu bw’agakoko gatera SIDA birushaho kongerera umutwaro Leta.

Kuva kuri uyu wa gatanu, tariki 01 Nyakanga 2016, abantu bose bafite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA ariko bari bateremererwa guhabwa imiti igabanya ubukana bashobora guhita bagana ibigo nderabuzima n’ibitaro bibemereye bagahabwa imiti.

Abaganga n’inzobere bo mu mavuriro 152 mu gihugu hose basanzwe batanga imiti igabanya ubuka, ngo barahuguwe kuva muri Gashyantare 2016, bakaba biteguye, ndetse n’imiti barayigejejweho.

Muneza Sylvie, umuyobozi mu Rugaga Nyarwanda rw’ababana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA yashimiye Guverinoma kubw’iyi gahunda kuko ngo igiye kubafasha guhangana n’ubwandu.

-3116.jpg

Dr, Agnes Binagwaho

Kuva mu mwaka ishize, ubushakashatsi ngo bugaragaza ko mu Rwanda byibura buri mwaka abantu 3 ku 1000 bandura Virus Itera SIDA. Mu gihe buri mwaka hapfa abagera ku 1832.

Source: Umuseke.rw

2016-06-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika

Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 24 Jan 2022
Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 24 Mar 2025
Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.

Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.

Ubwanditsi 30 Dec 2023
Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo

Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo

Ubwanditsi 11 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa  Congo
INKURU NYAMUKURU

Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa Congo

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Bitewe n’urukumbuzi afitiye abakunzi b’umuziki we , Eric Senderi Hit yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bugaruka ku iterambere u Rwanda rwagezeho
Amakuru

Bitewe n’urukumbuzi afitiye abakunzi b’umuziki we , Eric Senderi Hit yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bugaruka ku iterambere u Rwanda rwagezeho

Ubwanditsi 22 Mar 2021
Polisi y’u Rwanda irakangurira ababyeyi  n’abayobozi gukomeza ingamba zo kwita ku burenganzira bw’abana
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irakangurira ababyeyi n’abayobozi gukomeza ingamba zo kwita ku burenganzira bw’abana

Ubwanditsi 14 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru