• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yanganyije na Gor Mahia mu mukino w’amateka

Rayon Sports yanganyije na Gor Mahia mu mukino w’amateka

Ubwanditsi 07 May 2018 IMIKINO

Mu mukino wa mbere w’amatsinda ya CAF Confederation Cup wakiniwe ku butaka bw’u Rwanda, Rayon Sports ibifashijwemo na Rutanga Eric wishyuye igitego cya kare cya Kagere Meddie, yanganyije na Gor Mahia yo muri Kenya.

Uyu mukino wakinwe ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, watangiranye imbaraga nyinshi kuko ku munota wa mbere Kagere Meddie yazamukanye umupira ku ruhande rw’iburyo, Mugabo Gabriel arwana nawo awushyira muri koruneri, Gor Mahia ihannye ikosa, ujya hanze.

Rayon Sports nayo yagerageje gukina neza hagati mu kibuga inabona uburyo bwo gutsinda ku mupira wazamukanywe na Ismaila Diarra gusa ku mahirwe make ateye umupira ukubita umutambiko w’inyuma.

Ako kanya Gor Mahia yahise ifata umupira, ab’inyuma bawoherereza Kagere imbere acenga Usengimana Faustin na Ndayishimiye Eric Bakame atsinda igitego cya mbere ku munota wa cyenda.

Rayon Sports ntiyacitse intege, nayo yakomeje gusatira ibona koruneli ebyiri ntizayihira, ku munota wa 24 ibona coup franc yari muri metero nke uvuye ku izamu maze Rutanga Eric nta kuzuyaza ayitera neza umupira ujya mu rushundura, umunyezamu Boniface Otieno ntiyamenya uko bigenze.

Kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo yari yakubise yuzuye, hatangiye kugwa imvura nyinshi cyane abafana bamwe bari bicaye ahadatwikiriye batangira gukwirwa imishwaro bashaka aho bugama ariko abakinnyi bo akazi karakomeza.

Amakipe yombi yakomeje gusatirana bikomeye, Rayon Sports ibona ubundi buryo bwo gutsinda ku mupira wari utakajwe na myugariro wa Gor Mahia Haron Shakava ugera kuri Christ Mbondi ateye mu izamu Boniface Otieno arirambura awukuramo bigoranye.

Uko Rayon Sports yashakaga igitego cya kabiri ni nako ubwugarizi bwayo butabaga bworohewe n’ubutatu bwa Meddie Kagere, Francis Kahata Nyambura na Tuyisenge Jacques bashakaga igitego gusa amahirwe babonye arimo na coup franc yari ahantu hameze neza nk’aho iyo Rutanga yatsinze yari iri ntibayabyaza umusaruro kuko iyabo Godfrey Walusimbi yayiteye hejuru.

Igice cya kabiri cyatangiye imvura ikiri kugwa ari nyinshi ku buryo ikibuga cyatangiye kuzura amazi umukinnyi yatera umupira ntumuve ku kirenge cyangwa ukajya aho atashakaga kuwohereza.

Gor Mahia niyo yagitangiye iri hejuru, byatumye nyuma y’iminota mike Umutoza wa Rayon Sports, Ivan Minnaert akora impinduka Kwizera Pierrot yinjira asimbuye Ismaila Diarra.

Tshabalala yahise azamuka gufatanya na Mbondi mu busatirizi ndetse uyu Munya-Cameroun aza kubona uburyo asigaranye n’umunyezamu Otieno ateye ishoti umupira uca hejuru y’izamu.

Ku munota wa 72, Ivan yakoze impinduka za kabiri, akura mu kibuga Nyandwi Saddam yinjiza Bimenyimana Bonfils Caleb nawe ukina asatira izamu.

Umutoza wa Gor Mahia yakoze impinduka za mbere ku munota wa 81 akuramo Philemon Omondi Otieno yinjiza Lawrence Juma byatumye ikipe yongera kurisha abakunzi ba Rayon Sports imitima kubera imipira myinshi yahinduraga imbere y’izamu rya Ndayishimiye Eric.

Odhiambo Oguto nawe yabonye uburyo bwo gutsinda igitego cya kabiri ku mupira yari ahawe na Tuyisenge Jacques ariko Ange Mutsinzi aragoboka awukuramo awutera hanze.

Mu minota itatu y’inyongera Rayon Sports yakoze impinduka za nyuma yinjiza Yassin Mugume asimbuye Christ Mbondi gusa nta kidasanzwe yabashije gukora kuko umukino warangiye ari igitego 1-1.

Umukino ugomba guhuza andi makipe abiri ari mu itsinda rimwe n’aya, urahuza Young Africans yo muri Tanzania icakirana na USM Alger yo muri Algeria.

2018-05-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

Ubwanditsi 16 Oct 2023
Gasogi United yabonye umutoza mushya w’umunya-Misiri Ahmed Adel Abdelrahman Ibrahim, inongeraho Ishimwe Kevin wakinaga muri Rayon Sports

Gasogi United yabonye umutoza mushya w’umunya-Misiri Ahmed Adel Abdelrahman Ibrahim, inongeraho Ishimwe Kevin wakinaga muri Rayon Sports

Ubwanditsi 18 Jul 2022
Ikipe y’Igihugu y’Umukino wo Koga irabarizwa muri Tanzania aho igiye gukina Irushanwa rya CANA ZONE 3 Swimming Championship

Ikipe y’Igihugu y’Umukino wo Koga irabarizwa muri Tanzania aho igiye gukina Irushanwa rya CANA ZONE 3 Swimming Championship

Ubwanditsi 17 Nov 2022
Umucungamutungo wa Miroplast FC yacikanye imishahara y’abakinnyi

Umucungamutungo wa Miroplast FC yacikanye imishahara y’abakinnyi

Ubwanditsi 17 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inkwakuzi zamaze kurambagiza abakinnyi bakeneye, Uko byifashe ku isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi mu Rwanda
Amakuru

Inkwakuzi zamaze kurambagiza abakinnyi bakeneye, Uko byifashe ku isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi mu Rwanda

Ubwanditsi 05 Jul 2021
FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe
INKURU NYAMUKURU

FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

Ubwanditsi 01 Dec 2019
Myugariro Serumogo Ally Omar wifuzwaga n’amakipe menshi arimo na Rayon Sports, yongerewe amasezerano y’imyaka 2 n’ikipe ya Kiyovu SC
Amakuru

Myugariro Serumogo Ally Omar wifuzwaga n’amakipe menshi arimo na Rayon Sports, yongerewe amasezerano y’imyaka 2 n’ikipe ya Kiyovu SC

Ubwanditsi 26 Jun 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru