• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Inama y’amateka hagati ya Trump na Kim igiye kubera muri Singapore

Inama y’amateka hagati ya Trump na Kim igiye kubera muri Singapore

Ubwanditsi 11 May 2018 POLITIKI

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Kane zatangaje ko inama ya mbere y’amateka hagati ya Perezida Donald Trump na Kim Jong un wa Koreya ya Ruguru izabera muri Singapore mu kwezi gutaha.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, Trump yavuze ko iyi nama itegerejwe n’abatari bake izaba tariki ya 12 Kamena 2018, kandi we na Kim bazakorana kugira ngo ibe umwanya w’amateka akomeye mu kugarura amahoro ku Isi.

Iyi nama izaba ibaye iya mbere ihuje abakuru b’ibihugu byombi yatangiye kuvugwa muri Werurwe, ubwo Trump yemeraga ubutumure bwa Kim.

Nk’uko CNN yabyanditse, abayobozi ba Amerika babanje gutekereza ko yabera mu gace katarangwamo intambara hagati ya Koreya ya Ruguru n’iy’Efpfo, cyangwa muri Mongolia ariko biza kurangira bahurije kuri Singapore.

Mu byagendeweho hajya gutoranywa harimo umutekano, kuba nta ruhande rubogamiweho ndetse n’ingano y’amafaranga azakoreshwa. Ubwo Kim yagiriraga uruzinduko mu Bushinwa, Amerika ngo yahise ibona ko nta cyamubuza kugera muri Singapore iri muri kilometer 4828 uvuye Pyongyang.

Mu cyumweru gishize Trump yari yavuze ko bakiri gushakisha aho izabera, akibaza niba iramutse ibereye muri kariya gace katarangwamo intambaro, ibiganiro byagera ku ntego yabyo.

Kuba Trump na Kim bemeranyije kuzahurira muri Singapore byakiriwe neza n’ubuyobozi bw’iki gihugu, Minisitiri w’Intebe, Lee Hsien Loong aho yavuze ko ari intambwe ikomeye iganisha ku mahoro.

Itariki n’aho iyi nama izabera bitangajwe nyuma y’umunsi umwe Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’Amahanga muri Amerika, Mike Pompeo, akubutse muri Koreya ya Ruguru, aho yagiranye ibiganiro na Kim ndetse bigasiga Abanyamerika batatu bari bahafungiwe bahabwa imbabazi.

2018-05-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

UN yafatiye Koreya ya Ruguru ibihano bikakaye, Perezida Trump abyinira ku rukoma

UN yafatiye Koreya ya Ruguru ibihano bikakaye, Perezida Trump abyinira ku rukoma

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Ubwanditsi 21 May 2018
RDC: Abantu batandatu bamaze kwicirwa mu bikorwa byo kwiyamamaza mu minsi itatu

RDC: Abantu batandatu bamaze kwicirwa mu bikorwa byo kwiyamamaza mu minsi itatu

Ubwanditsi 14 Dec 2018
Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi

Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi

RUSHYASHYA 07 Jul 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yavuze ko kwibagirwa ibifitiye inyungu abaturage ari icyaha
Amakuru

Perezida Kagame yavuze ko kwibagirwa ibifitiye inyungu abaturage ari icyaha

RUSHYASHYA 23 Mar 2026
Kigali: Hasojwe amahugurwa yo kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi
Mu Mahanga

Kigali: Hasojwe amahugurwa yo kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Ubwanditsi 15 Oct 2016
Noble Marara wirirwa usebya u Rwanda ni muntu ki ?
Amakuru

Noble Marara wirirwa usebya u Rwanda ni muntu ki ?

Ubwanditsi 08 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru