• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Muhanga: Haravugwa inka 20 zapfuye zizize uburangare bw’abatekinisiye

Muhanga: Haravugwa inka 20 zapfuye zizize uburangare bw’abatekinisiye

Ubwanditsi 25 May 2018 Mu Rwanda

Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buravuga ko bufatanyije n’igipolisi buri gukora iperereza ku muntu wese waba yaragize uruhare mu mfu z’inka makumyabiri kugira ngo abiryozwe. Ni inka zari zarahawe abaturage bo mu murenge wa Nyarusange muri gahunda ya Girinka Munyarwanda. Ubuyobozi bwa Muhanga bukavuga ko mu byo zazize harimo n’uburangare.

Amakuru atangazwa n’akarere ka Muhanga aravuga ko izo nka 20 zimaze gupfa mu murenge wa Nyarusange zari zahawe abaturage muri gahunda ya gira inka munyarwanda. Byose bishamikiye kuri REVEMP, umushinga wo kubungabunga icyogogo cy’umugezi wa Nyabarongo, mu kurwanya isuri ku misozi ikikije ikibaya cya Nyabarongo.

Ubutegetsi buragerageza kurwanya isuri bugabanya ibitaka byanduza umugezi wa Nyabarongo. Abaturage batanze imirima yabo hafi aho ngo bayiceho amaterasi ni bo bahawe izo nko kubashumbusha kugira ngo bazabashe kubona umusaruro.

Gusa 20 mu nka zatanzwe mu ntangiro z’ukwezi kwa Kane uyu mwaka zatangiye gupfa. Akarere ka Muhanga karavuga ko zimwe mu mpamvu zateye imfu z’izo nka zishingiye ku kuba zimwe muri zo zitaritaweho uko bikwiriye, ubundi n’aho zitangiriye gupfa ntihatangirwa amakuru ku gihe ngo habeho gukumira hakiri kare.

Haravugwamo kandi ikibazo cy’uburangare bwa bamwe mu batekinisiye bagombaga kuzitaho umunsi ku wundi. Bwana Innocent Kayiranga , umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu yabwiye Ijwi ry’Amerika dukesha iyi nkuru, ko bari gukurikirana ngo hamenyekane uwabigizemo uruhare wese abiryozwe.

Muri iki kibazo kandi haranavugwamo bamwe mu batekinisiye bahawe imiti yo kuvura izo nka icyorezo cy’uburondwe ngo bayigeze ku baturage bayiha bamwe. Ku baturage ni igihombo kuko bari biteze iterambere. N’ubutegetsi bwemeza ko ari igihombo gikomeye.

Iyo uganiriye na bamwe mu bari boroye izo nka zapfuye bo bakeka ko zaba zarahuye n’ikibazo cyo kutamenyera ikirere kuko ngo zari zaraturutse muri Gishwati izindi I Burera hakonja. Gusa bavuga ko zimwe muri zo zaje zinarwaye.

Ku kijyanye no kuba aba baturage bashumbushwa izindi nka, Bwana Kayiranga ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu I Muhanga avuga ko bizasaba kubanza kureba ku masezerano bagiranye na rwiyemezamirimo wari wahawe kuzizana.

Ubwo ubuyobozi bwa Muhanga buvuga ko ku bufatanye na polisi bari kugenzura ngo abagize uruhare mu mfu z’izi nka babiryozwe, Ijwi ry’Amerika ngo yamenye amakuru ko Bwana Gad Munyezamu, wari veterineri w’akarere yahise ategekwa shishi itabona kwandika ibaruwa isezera ku kazi ku mpamvu ziswe ize bwite.

Bwana Kayiranga yemeje ko uyu muganga w’amatungo i Muhanga atakiri mu kazi, gusa akavuga ko ibaruwa ye isaba gusezera ku mpamvu ze bwite ishobora kuba idafitanye isano n’imfu z’izi nka, kandi ko itarasuzumwa.

Mu nka 115 zari ziteganyijwe guhabwa abaturage muri Nyarusange hari hamaze gutangwamo inka 104. Ntitwabashije kumenya agaciro ka nyako k’amafaranga yatikiriye muri izi nka zapfuye ariko amakuru twamenye nuko inka imwe yari ihagaze hagati y’ibihumbi 350 n’ibihumbi 500 by’amafaranga y’u Rwanda.

Gahunda ya Girinka Munyarwanda yakunze kuvugwamo umurundo w’ibibazo, nyamara rubanda bo baba bayihanze amaso ngo igire aho yabageza mu iterambere.

2018-05-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Raila Odinga mu nzira agana urukiko ngo rubuze Komisiyo y’amatora gutangaza amajwi yavuye mu matora

Raila Odinga mu nzira agana urukiko ngo rubuze Komisiyo y’amatora gutangaza amajwi yavuye mu matora

Ubwanditsi 10 Aug 2017
“Akamaro amazi yahinduwe amaraso ya Yesu agirira abantu “-Patmos of faith church

“Akamaro amazi yahinduwe amaraso ya Yesu agirira abantu “-Patmos of faith church

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Nyuma y’amezi abiri gusa igiciro cya lisansi kizamutseho amafaranga 52

Nyuma y’amezi abiri gusa igiciro cya lisansi kizamutseho amafaranga 52

Ubwanditsi 02 Mar 2017
Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17

Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17

Ubwanditsi 25 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Udushya n’Udukoryo Twaranze Weekend
HIRYA NO HINO

Udushya n’Udukoryo Twaranze Weekend

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless
Amakuru

Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless

Ubwanditsi 08 May 2025
Kinshasa : Nubwo ibiganiro byatangiye bamwe mu abanyepoliti baracyatsimbaraye kutabyitabira
Mu Rwanda

Kinshasa : Nubwo ibiganiro byatangiye bamwe mu abanyepoliti baracyatsimbaraye kutabyitabira

Ubwanditsi 02 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru