• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Miroplast FC yananiwe kugera ku kibuga, Rayon Sports itahana amanota idakinnye

Miroplast FC yananiwe kugera ku kibuga, Rayon Sports itahana amanota idakinnye

Ubwanditsi 28 May 2018 IMIKINO

Shampiyona y’u Rwanda ikomeje kugaragaramo ibibazo by’ubukene bukabije mu makipe amwe n’amwe byatumye Miroplast FC inanirwa kugera kuri Stade ya Kigali mu mukino wari kuyihuza na Rayon Sports ku Cyumweru tariki 27 Giicurasi 2018, iterwa mpaga y’ibitego bitatu ku busa.

Miroplast FC yazamutse mu cyiciro cya mbere umwaka ushize itsinze isonga ibitego 2-0 mu mukino wa kamarampaka, umuherwe wayo Mironko Francois Xavier atangaza ko yiteguye kuyiha byose bishoboka kugira ngo izitware neza ndetse igume mu cyiciro cya mbere.

Ibi byabaye inzozi kuko iyi kipe yabaye isibaniro ry’ibibazo by’ubukene byatumye idahemba abakinnyi mu bihe bitandukanye, bwa mbere iterwa mpaga banze kujya gukina i Nyagatare mu gikombe cy’Amahoro none byongeye ntibakina na Rayon Sports.

Amakuru agera ku IGIHE ni uko abakinnyi bari bamaze amezi atatu badahabwa umushahara akaba ariyo mpamvu bahagaritse imikino.

Twagerageje kuvugana n’umuyobozi w’iyi kipe Eng. Nshimiyimana Alex Redamptus akaba ari nawe ushinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru muri Ferwafa, ntibyadukundira.

Hari umubare ntarengwa ikipe ishobora guterwamo mu mwaka umwe wa shampiyona, ibirenzeho ihura n’ibihano biremereye.

Mu mategeko ya Ferwafa agenga shampiyona, ingingo ya 89 umutwe wa mbere, ivuga ko ikipe yose yahanishijwe gutsindwa mpaga inshuro eshatu muri shampiyona kubera ko itageze ku kibuga mu mwaka umwe w’imikino ihita ihanishwa gutsindwa mpaga ku buryo bwa rusange ku yindi mikino y’iyo shampiyona ikanoherezwa mu cyiciro cya kabiri.

Iyo ngingo umutwe wa gatatu ugira uti “Perezida w’ikipe yahanishijwe gutsindwa mpaga mu gihe cy’ubuyobozi bwe ntashobora, uhereye ku itariki ibyo bigaragariyeho ko ikipe itsinzwe mpaga no mu gihe cy’imyaka itanu (5), kuba mu bagize inama y’ubuyobozi bw’iyindi kipe iri muri FERWAFA cyangwa urwego rwa FERWAFA cyangwa urw’amahuriro yayo.”

Ibi bivuze ko mu gihe nta cyakorwa mu maguru mashya ngo abakinnyi basubire mu kibuga, Miroplast FC ntizabashe kwitabira imikino ibiri itaha yazahita imanurwa mu cyiciro cya kabiri n’umuyobozi wayo, Nshimiyimana Alex Redamptus akirukanwa ku mwanya yari afite muri komite ya Ferwafa.

Iyi kipe niyo iri ku mwanya wa nyuma ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 17 mu mikino 24, kuva yazamuka ikaba yaratsinze itatu, inganya umunani, indi 12 irayitsindwa.

Rayon Sports yabonye amanota atatu idakinnye, yafashe umwanya wa kane n’amanota 40 irushwa na APR FC ya mbere amanota 10.

Si Miroplast FC ivugwamo ibibazo by’ubukene gusa kuko na Sunrise FC y’i Nyagatare imaze iminsi abakinnyi bajya mu kibuga bigoranye kubera kudahembwa, bikaba byaragize n’ingaruka mbi ku musaruro yatangaga.

Abakinnyi ba Rayon Sports basubira mu rwambariro nyuma yo gutera mpaga Miroplast FC

Miroplast FC ishobora gusubira mu cyiciro cya kabiri niterwa izindi mpaga ebyiri

2018-05-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

Ubwanditsi 16 Oct 2023
Abanya Maroc Rharb Youssef na Ayoub bakiniraga ikipe ya Rayon Sports baraye basubiye mu ikipe ya Raja Cassablanca

Abanya Maroc Rharb Youssef na Ayoub bakiniraga ikipe ya Rayon Sports baraye basubiye mu ikipe ya Raja Cassablanca

Ubwanditsi 18 Jan 2022
Ikipe z’igihugu mu mukino wa Sitting Volleyball abagabo n’abagore zageze muri Bosnia  & Herzegovina aho bagiye gukina shampiyona y’Isi

Ikipe z’igihugu mu mukino wa Sitting Volleyball abagabo n’abagore zageze muri Bosnia & Herzegovina aho bagiye gukina shampiyona y’Isi

Ubwanditsi 02 Nov 2022
Car Free Day mu mujyi wa Kigali yagarutse hibutswa ko Siporo izakorwa hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi.

Car Free Day mu mujyi wa Kigali yagarutse hibutswa ko Siporo izakorwa hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi.

Ubwanditsi 22 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze
Amakuru

Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Ubwanditsi 30 Aug 2023
Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa  Ubwishigizi mu Rwanda
Mu Rwanda

Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa Ubwishigizi mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Charles Onana ahamijwe icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi: Inkota ishegeshe imitima y’ibigarasha n’Interahamwe
Amakuru

Charles Onana ahamijwe icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi: Inkota ishegeshe imitima y’ibigarasha n’Interahamwe

Ubwanditsi 09 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru